• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23

Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23

Editorial 02 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Uganda yirukanye Abanyarwanda 72 n’Abanye-Congo 65 ibashinja ko binjiye muri icyo gihugu binyuranyije n’amategeko, naho abandi 24 baturuka muri ibyo bihugu bafungwa bashinjwa kuba muri M23.

Inzego z’umutekano za Uganda zatangaje ko bafashwe mu mpera z’icyumweru gishize mu mukwabu wo gushakisha ‘abanyabyaha’, ku mupaka wa Bunagana mu Karere ka Kisoro.

Hashize iminsi inzego za Gisirikare muri Uganda zishyirwa mu majwi ku gufunga bya hato na hato abanyarwanda babarizwa i Kampala no mu nkengero zayo, bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Ni ibikorwa bizwi neza na Guverinoma y’u Rwanda, ndetse binyuze muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, u Rwanda rwandikiye Uganda ruyibasaba ibisobanuro.

Kuri iyi nshuro, Uganda yatangaje ko mu bafashwe harimo Abanyarwanda n’Abanye-Congo 24 bashinjwa ko bari mu mutwe wa M23, bagomba kugezwa imbere y’urukiko muri iki Cyumweru cya mbere cya 2018 bashinjwa kwinjira mu gihugu binyuranyije n’amategeko, kuguma mu gihugu mu buryo butemewe no kujya mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.

Daily Monitor yanditse ko Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Kisoro, Hassan Ssekalema, yatangaje ko bagenzuye abantu bose bari bafite, bagasubiza mu bihugu byabo abagera ku 137.

Yakomeje agira ati “Kuri abo 24 bo mu mutwe wa M23, ni urukiko ruzemeza ko basubira iwabo cyangwa se bajyanwa muri gereza. Turacyakomeza gukurikirana abanyabyaha bose ku mupaka. Ubu hamaze gufatwa imbunda ebyiri.”

Si ubwa mbere Uganda yirukana abanyarwanda bakoreraga ibikorwa bitandukanye cyane iby’ubucuruzi ku butaka bwayo kuko no mu mpera za 2016, abarenga 90 bahambirijwe utwabo, bapakizwa imodoka bagarurwa mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Gatuna. Gusa nubwo bikorwa gutya, nta muturage wa Uganda n’umwe uravugwa ko yirukanywe muri Kigali cyangwa mu nkengero zayo.

Magingo aya, Uganda si ahantu abanyarwanda bajya batekanye kubera gutinya kugirirwa nabi. Ubusanzwe nk’igihugu gituranye n’u Rwanda, ubuhahirane hagati y’impande zombi bumaze gushinga imizi cyane bishingiye ku bikorwa by’ubucuruzi.
Ariko ubu Abanyarwanda basigaye bajya muri Uganda bikandagira, bagasiga babwiye ababo ko nibumva batagikoma bazahita babatabariza mu nzego z’umutekano.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Gen. Maj. Frank Mugambage, aherutse kuvuga  ko abanyarwanda bajya muri Uganda n’abatuyeyo ‘nabo birabareba’, bakamenya uko umwuka wifashe ari nako ku rundi ruhande iki gihugu gisabwa ibisobanuro no guhagarika ibi bikorwa bibangamiye abaturanyi bacyo.

Uganda imaze iminsi ivugwaho kuba indiri y’abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda cyane ababa mu mutwe wa RNC; bahakorera ibikorwa byabo bya buri munsi bakingiwe ikibaba n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI.

Ibi biniyongeraho ibikorwa bya hato byo gufunga abanyarwanda, bagakorerwa iyicarubozo bashinjwa kuba intasi aho bivugwa ko ari ‘benshi’ bafashwe.

Mu cyumweru gishize, batanu bagaruwe mu Rwanda basobanura inzira y’umusaraba banyuze, biyongera ku witwa Fidèle Gatsinzi wagarutse yaramugaye atabasha kwigenza.

2018-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Editorial 04 Apr 2019
Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Editorial 22 Dec 2023
Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Editorial 21 Nov 2017
Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Editorial 24 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema
Mu Mahanga

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Editorial 29 Jan 2017
Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel
Mu Mahanga

Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Editorial 01 Apr 2018
12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi
Mu Rwanda

12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi

Editorial 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru