• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Editorial 19 Oct 2016 Mu Mahanga

Abashakashatsi nubwo badatanga umuti bemeza ko ahari amatora haba hameze nk’uruhira humye hashobora gushya igihe cyose umuntu yahakongeza haba muri politiki, mu madini, mu bagore n’abagabo, abakorera bushake, abacuruzi n’abandi.
Hose bemera ko inkongi y’amatora imeze nk’inkongi y’umuriro ishobora gutwika aho bayishyize igafata n’ibiri hafi kuko igurumana nk’uruhira cyangwa ibyatsi byo muki.

Ejobundi nganira n’umuyobozi w’icyama (chama) cyangwa umutwe na politiki mu Rwanda namubajije igituma ntamuntu wumva indirimbo cyangwa ibyivugo n’imivugo y’abanyamuryango bama “partis” akorera hano arambwira ati “abantu ntabwo baba babitekereza baba bahugiye mu gushaka umugati cyangwa ibirayi by’abana babo ntamwanya wa politiki baba bafite.

Maze kumwenyura kubera ibyo avuze yahise ambaza ati “wowe se Profesa siko ubibona?” ndamubwira nti “biterwa naho uri kuberako nari nambaye agapira ka FPR Inkotanyi nti “Jyewe siko nkora ahubwo nkangurira abari mu Chama ngo bajye bakora inama buri gihe batagombye gutegereza amatora kuko politiki si amatora gusa ntabwo ari ibirayi, umuceri cyangwa ibijumba by’abana, cyakora nemera ko niyo byaba ariho biganisha ugomba guhora ubishaka, ukabitera, ukabibagara ukazagera aho ubisarura ariyo matora.

Nibyo rero umuriro w’amatora ushatse wanawugereranya n’umugani w’abanyarwanda ugira uti “Ak’imuhana kaza imvura ihise”. Abafaransa nobo bagira bati “Après la pluie, le beau temps”. Iyo imvura ihise imiyaga, imirabyo y’inkuba, amahindu n’ibihu bivuyeho haza ibihe byiza, umucyo n’umunezero.

Ubu haba muri Amerika, uwitwa Ronald Trump yasizoye ati “nimupime Hillary Clinton murebe niba atanywa ibinini byongera imbaraga, ati “nintorwa bazaba banyibye amajwi nkuko benshi muri Afurika babivuga bigaragara ko uruhira rw’amatora ku ruhande rwe rwahiye.

Abafaransa nabo barahatana ntibyoroshye abitwa ba Sarkozi, abitwa ba Allain Juppe nabo bararwana inkundura bamwe bati nimurebe aha naha bashakisha inkongi yo kwatsa umuriro w’amatora no kubyutsa abaryamye, gushyushya abakonje no kunyeganyeza abahagaze.

Ikibazo cy’abibaza kuwahanuye indege ya Habyarimana Juvenal n’ibindi bituma imitwe ishyuha, bizanwa n’uko amatora haba mu Bufaransa haba no mu Rwanda yegereje kugira ngo akotsi mw’ifumba ndetse n’udukara tw’umuyonga cyangwa ivu ry’umuriro kagurumane, abazi gukinira mu muriro babone urubuga.

Aha rero ni ukwitonda kuko bishaka kandi bigakenera impande ebyiri: Abazi kwenyegeza n’abazi kuzimya. Abenyegeza baba ari abaterankunga, naho abazimya baba bashaka guhosha ngo ibintu bitagurumana ariko abo ntibakunze kumvikana, ahubwo abishakira imyanya, amaronko n’ubutegetsi bakunze kwigira kuruhande rw’abenyegeza ninabo bagaragara cyane, bagashakwa bagahakirizwa kugirango uruhira rwo muki nirushya bazabone amata avuye kwaba shebuja. Ay’ Abanyamerika ni kuya munani Ugushyingo, ayacu n’Abafaransa ni umwaka utaha.

Cyakora ubundi akeza karigura, abaswahili bakabivuga bati “Kizuri chajiuza, kibaya chajitembeza”. Jyewe nk’umwana w’Umutambyi nzagendesha make, sinzihutira gushyushya cyangwa gutwika umuriro kabone n’ibiyorero ntabyo nzakongeza ahubwo nzakora neza, ibyiza nkorane n’abeza, amatunda nzayasanga imbere. “Tenda wema nenda mbele usingoje shukran”. Nawe ikorere ibyiza udateze ibihembo wikomereze “Ibyiza biri imbere”. Uratsinde! Va mu ikongeza ry’umuriro!

-4437.jpg

Profesa Pacifique MALONGA
Umwana w’Umutambyi

2016-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse  no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Editorial 20 Oct 2017
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Editorial 01 Apr 2016
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Editorial 30 Sep 2024
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa
INKURU NYAMUKURU

Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Editorial 07 Feb 2018
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere
IKORANABUHANGA

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Editorial 06 Sep 2019
Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana
POLITIKI

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Editorial 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru