• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Editorial 24 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen Elly Tumwiine, kuri uyu wa Gatatu yahamagariye inzego z’ubutasi mu karere gukorana, mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano byugarije akarere n’umugabane. Yakomoje no ku kuntu Uganda na Kenya byari bigiye kujya mu ntambara kubera amakuru apfuye.

Minisitiri Tumwiine yasobanuye ko gusangira amakuru hagati y’abakuru b’inzego z’umutekano n’iz’ubutasi mu bihugu byo mu karere ari bwo buryo bwiza bwo kubaka ibiraro bibahuza Afurika Yunze Ubumwe igerageza kubaka bigasimbura za bariyeri cyangwa imipaka yashyizweho n’abakoloni muri Afurika.

Gen Elly Tumwiine akaba yatangaje ibi mu nama ya 5 y’abakuru b’inzego z’ubutasi n’umutekano mu bihugu 12 byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba.Aba bayobozi bakaba bari muri Uganda mu rwego rwo gusangira amakuru ku bintu bitandukanye birimo imitwe yitwaje ibirwanisho n’indi yitwara gisirikare.

Ibi bihugu ni; Kenya, South Sudan, Sudan, Rwanda, Tanzania, Comoros, Djibouti, Mauritius, Madagascar, Somalia, Ethiopia na Uganda, ndetse n’abagize Komite Nyafurika ya Serivisi z’Ubutasi n’Umutekano (African Committee of Intelligence and Security Services).

Muri iyi nama yabereye Entebbe, minisitiri Tumwiine yavuze ko ibihugu bikomeje guhura n’ibibazo birimo ibyaha byihishwe inyuma na politiki, ibyaha bikorerwa kuri internet, ibyaha byateguwe n’iterabwoba, avuga ko bisaba gufatanya guhangana nabyo.

Akavuga ko ibi byagerwaho ari uko abantu bakora mu butasi bakomeje gukorana bagasangira amakuru yo gukumira icyo babona kigamije guhungabanya umutekano w’ibihugu.

Gen Tumwiine yakomoje ku kuntu mu myaka isaga 20 ishize Uganda yari igiye kurwana n’umuturanyi wayo, Kenya, intambara ikabuzwa n’o kuvugana kwa hafi kw’abari bakuriye inzego z’ubutasi mu bihugu byombi.

Tumwiine yavuze ku bo yise abacuruzi b’amakuru bakwiye kwirindwa mu nzego z’ubutasi avuga ukuntu mu 1990 ubwo ubwe yari umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe umutekano wo hanze y’igihugu (ESO) muri Uganda, aba bantu bagerageje kurema amakimbirane hagati ya Uganda na Kenya, kugeza ubwo ibihugu byombi byavugaga ukuntu bigiye kohereza ingabo ku mipaka ibihuza.

Yagize ati: “Kubw’amahirwe kubera ko twari dufite uko tuvugana na bamwe mu bayobozi muri Kenya, twari twarashyizeho mu gihe cy’intambara y’ishyamba; ubwo nahamagaraga mugenzi wanjye wo muri Kenya musaba kongera gusuzuma amakuru yari afite , twasanze yaraturutse ku muntu umwe natwe waduhaye amakuru”.

“Twabimenyesheje abakuru b’ibihugu bagirana inama hafi y’umupaka, hanyuma batubwira ‘  kuva uyu munsi, mugomba kujya musangira amakuru hagati yanyu mujye muduhamagara igihe ibintu byageze kure y’ubushobozi bwanyu bwo kubyitaho’ kuva icyo gihe ntiturongera kugirana ikibazo nk’icyo na Kenya”.

Kubera ibyo bintu byabaye, Gen Tumwiine yabwiye abakuru b’inzego z’umutekano ko kugirango ibihugu by’akarere byubake ibiraro, bigomba kumva byisanzuye mu gusangira amakuru hagati yabyo.

Nk’uko bitangazwa na Ambasaderi Joseph Ochwet, Umuyobozi mukuru wa ESO, ngo inzego z’ubutasi n’iz’umutekano z’ibihugu bitandukanye ziyemeje kujya zihana amakuru yagirira akamaro ibindi bihugu zegeranyije ahantu hatandukanye .

 

2018-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Editorial 14 Jul 2020
Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Editorial 05 Apr 2019
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023
Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Editorial 08 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi
Mu Rwanda

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Editorial 27 Mar 2018
Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo
Mu Mahanga

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Editorial 16 Jul 2016
Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.
Amakuru

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Editorial 26 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru