• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne

Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne

Ubwanditsi 29 Apr 2019 IMIKINO

Igitego kimwe cyatsinzwe na Lionel Messi nyuma yo kwinjira mu kibuga mu gice cya kabiri asimbuye, cyahesheje FC Barcelone kwegukana igikombe cya 26 cya shampiyona ya Espagne, La Liga, itsinze Levante igitego 1-0 kuri uyu wa Gatandatu.

Mu gihe FC Barcelone ikomeje kwitegura umukino ubanza wa ½ cya UEFA champions League izakiramo Liverpool ku wa Gatatu, yari yaruhukije abakinnyi batandukanye barimo na Lionel Messi wasimbuye Coutinho mu gice cya kabiri, agatsinda ku munota wa 62 nyuma yo gucenga ba myugariro babiri ba Levante.

Mu gice cya mbere cy’umukino, Barcelone yahushije uburyo butandukanye burimo ubw’ishoti ryatewe na Philippe Coutinho, umupira ukurwamo n’umunyezamu wa Levante mu gihe na Gérard Piqué yananiwe gufungura amazamu ku mupira watewe na Clément Lenglet, uyu myugariro awukozeho ujya hanze.

José Luis Morales na Enis Bardhi bashoboraga kwishyurira Levente ariko, uburyo bagerageje burimo n’umupira wa Bardhi wagaruwe n’izamu, ntibwagira icyo butanga.

Barcelone iracyafite amahirwe yo kwegukana ibikombe bitatu uyu mwaka, aho ifite umukino wa nyuma wa Copa del Rey izahuramo na Valence tariki ya 25 Gicurasi mu gihe muri UEFA Champions League izahura na Liverpool muri ½ .

Igikombe iyi kipe yaraye yegukanye, ni icya 10 cya shampiyona kuri Lionel Messi ndetse kikaba icya 34 amaze gutwarana na yo kuva atangiye kuyikinira mu 2004 avuye mu ishuri ryayo rya ruhago (La Masia).

Barcelone yegukanye shampiyona y’uyu mwaka, ifite amanota 83 mu gihe hasigaye imikino itatu ngo igere ku musozo. Atlético Madrid ya kabiri n’amanota 74 yo yaraye itsinze Real Valladolid igitego 1-0 mu gihe Real Madrid ya gatatu n’amanota 65 ikina na Rayo Vallecano kuri iki Cyumweru.

Lionel Messi yafashije ikipe ye kwegukana shampiyona nyuma yo gutsinda igitego asimbuye

FC Barcelone yegukanye igikombe cya munani cya La Liga mu myaka 11, icya 26 cya shampiyona muri rusange

Byari ibyishimo kuri Gérard Piqué

Busquet na Messi ni bamwe mu babanje ku ntebe y’abasimbura mu gihe FC Barcelone yitegura kwakira Liverpool

Messi amaze gutsinda ibitego 46 akinira FC Barcelone muri uyu mwaka w’imikino

Messi yatsinze igitego nyuma y’iminota 17 yari amaze mu kibuga

2019-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025

Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 12 May 2025
Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

RUSHYASHYA 06 May 2026
AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

Ubwanditsi 20 Aug 2022
CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

Ubwanditsi 10 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%
UBUKUNGU

Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Ubwanditsi 20 Dec 2019
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”
Amakuru

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira
POLITIKI

Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru