• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi
Umucanshuro w'umufaransa, Bob Denard

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 02 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango Survie kuri uyu wa Kane wasohoye raporo igaragaza imikoranire ya Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’umucanshuro ruharwa w’Umufaransa Bob Denard wakoreshaga amazina atari aye, akishyurwa binyuze muri banki ikomeye y’i Paris, BNP.

Robert Denard wapfuye mu 2007, yabaye Umusirikare w’u Bufaransa, ariko aba Umucanshuro wagaragaye mu bikorwa binyuranye mu aho yagendaga akoresha amazina atandukanye, hamwe nka “Gilbert Bourgeaud” na “Saïd Mustapha Mahdjoub”, ibikorwa bye bikaba byarageze cyane muri Afurika.

Iyi raporo nshya ya paji 35 igaragaza ko Bob Denard yagiye yohereza abakozi be mu Rwanda mu gihe cya Jenoside bahawe ubutumwa butandukanye, bakishyurwa binyuze muri BNP.

Iyo banki iheruka no kujyanwa mu nkiko ishinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bitewe n’amafaranga yasohoye ibisabwe n’abari abayobozi b’u Rwanda mu gihe cya Jenoside, akagurwa intwaro kandi u Rwanda rwari rwarakomanyirijwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Survie yagize iti “Ibi birongera kwerekana ko uruhare rw’ubuyobozi bw’u Bufaransa buri mu buryo bunyuranye kuko ntabwo bwashoboraga kwirengagiza ibikorwa by’umucanshuro wavuganaga bihoraho n’inzego z’ubutasi mu bihe bye byose, harimo no mu 1994 ku bireba u Rwanda.”

Ibyo kandi ngo bigaragaza ko hakenewe gushyira ahabona ibyo Leta y’u Bufaransa yari izi n’icyo yakoze mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyuma y’uko ingabo zakoraga Jenoside zari zimaze kumeneshwa zigahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitwaga Zaïre, mu 1994, izo ngabo za guverinoma y’agateganyo zari zikeneye intwaro, ibisasu n’imyitozo.

Raporo y’inama izi mpunzi zakoraga n’ibaruwa yandikiwe uwari Minisitiri w’Intebe waje gukatirwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, TPIR, Jean Kambanda, byabonwe mu modoka n’abanyamakuru mu nkambi ya Mugunga.

Hagaragaramo ibikorwa bya Capitaine Barril muri iyo nkambi yarimo ingabo zahunze, ibikorwa byo kugezwaho intwaro zinyuze muri Seychelles, amasezerano n’ibiganiro n’ibigo bya Mil-Tec, DylInvest, OMI… niho hazamo ikigo kitari cyaravuzweho kenshi cyitwa “Martin et Cie”.

Mu ibaruwa yo ku wa 13 Nzeri 1994 uwari Minisitiri w’Ingabo muri guverinoma y’agateganyo, Bizimana Augustin, wari mu buhungiro yandikiye Jean Kambanda, yamubwiye ku masezerano y’ubufasha mu bya tekiniki bagiranye na Martin et Cie afite agaciro k’amadolari 300,000 yo kohereza “abahanga umunani” muri Zaire, bo gutoza “abantu bacu mu gukusanya amakuru no ku kuyakoresha mu mirongo y’umwanzi”.

Bizimana yavugaga ko hagati ya tariki 28 na 30 Kanama 1994 yahuriye i Nairobi “n’abahagarariye Martin et Cie bagasuzumira hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’ibiteganywa mu masezerano yashyizweho umukono hagati ye na Minisiteri y’Ingabo”

Bizimana yakomeje agira ati “ku bijyanye n’amasezerano y’ubufasha mu bya tekiniki twasinyanye na Martin et Cie, muribuka ko Minisiteri y’Ingabo yari imaze kurekura amadolari 200,000 mu 300,000 kugeza igihe twagiriye mu buhungiro. Ikigo cyari cyarakoze ibintu bimwe mbere yo gusinya amasezerano aho Minisiteri y’Ingabo yemereye ambasade yacu i Nairobi gutanga amadolari ya Amerika 40,000. ”

Ibyo ngo bivuga ko hari bimwe bari barakoreye mu Rwanda mbere yo gufata iy’ubuhungiro, kuri iyi nshuro amasezerano akaba yararebanaga n’ibijyanye n’imyitozo ku butasi yagombaga kubera muri Zaire.

Uwo wari minisitiri yakomeje avuga ko mu nama yabereye i Nairobi bemeranyijwe ko bazavugana n’ubuyobozi bwa Zaire mu gushaka inkambi ya gisirikare izaberamo imyitozo “y’ibanga no gushaka uburenganzira busesuye” bwa Groupe Martin et Cie.

Ikigo Martin et Cie ngo nicyo inyuma yacyo hari hihishemo izina rya Bob Denard nk’uko Survie ibivuga, mu mazina ye bwite Robert Bernard Martin.

Ku wa 18 Kamena 1994, Minisitiri Bizimana yandikiye Colonel Ntahobari wari uhagarariye ubutumwa bwa gisirikare i Paris, amusaba gushyikiriza sheki Robert B. Martin. Yakiriye ayo mafaranga, abihamya mu ibaruwa yo ku wa 5 Nyakanga 1994, igaragaza ko yakiriye 1 086 000 FF (yanganaga na 200.000 $). Ayo mafaranga yatanzwe kuri sheki yo muri BNP.

Icyo gihe hari hashize ukwezi Umuryango w’Abibumbnye wemeje ko mu Rwanda hari kuba Jenoside. Kugeza muri icyo gihe, Abafaransa Paul Barril n’uwo Robert-Bernard Martin bakoranaga n’abajenosideri.

Nyuma y’uruhare rwa Bob Denard rugiye ahabona kandi yarapfuye mu 2007 aguye muri gereza, Survie yagaragaje impungenge ku kugenda gahoro kw’imanza yagiye iregamo inzego n’abantu batandukanye mu Bufaransa.

Ivuga ko ku kirego cyatanzwe na Survie kuri Paul Barril ku ruhare yagize muri Jenoside, ko iperereza rigenda gake kandi uyu mugabo ashaje ndetse anarwaye. Ubu imyaka ine n’igice irashize iperereza ritangiye ariko ntacyo riratanga.

Ikindi ni ikirego uyu muryango watanze kireba abayobozi b’Abafaransa bashinjwa gutererana Abasesero muri Kamena 1994 n’ikindi cyatanzwe ku buryo u Bufaransa bwatanze “intwaro ku bajenosideri”.

Ikomeza igira iti “Ku bwa Survie, ni ngombwa ko izi manza zihutishwa abakekwaho ibyaha n’abatangabuhamya bagihari. “

2018-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018
Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ubwanditsi 29 Dec 2025
“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024
Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ubwanditsi 06 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda bagize icyo bavuga ku irushanwa rya CHAN ryabereye mu Rwanda
Mu Mahanga

Abanyarwanda bagize icyo bavuga ku irushanwa rya CHAN ryabereye mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi
IKORANABUHANGA

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu
Mu Mahanga

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu

Ubwanditsi 06 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru