• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi
Umucanshuro w'umufaransa, Bob Denard

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 02 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango Survie kuri uyu wa Kane wasohoye raporo igaragaza imikoranire ya Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’umucanshuro ruharwa w’Umufaransa Bob Denard wakoreshaga amazina atari aye, akishyurwa binyuze muri banki ikomeye y’i Paris, BNP.

Robert Denard wapfuye mu 2007, yabaye Umusirikare w’u Bufaransa, ariko aba Umucanshuro wagaragaye mu bikorwa binyuranye mu aho yagendaga akoresha amazina atandukanye, hamwe nka “Gilbert Bourgeaud” na “Saïd Mustapha Mahdjoub”, ibikorwa bye bikaba byarageze cyane muri Afurika.

Iyi raporo nshya ya paji 35 igaragaza ko Bob Denard yagiye yohereza abakozi be mu Rwanda mu gihe cya Jenoside bahawe ubutumwa butandukanye, bakishyurwa binyuze muri BNP.

Iyo banki iheruka no kujyanwa mu nkiko ishinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bitewe n’amafaranga yasohoye ibisabwe n’abari abayobozi b’u Rwanda mu gihe cya Jenoside, akagurwa intwaro kandi u Rwanda rwari rwarakomanyirijwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Survie yagize iti “Ibi birongera kwerekana ko uruhare rw’ubuyobozi bw’u Bufaransa buri mu buryo bunyuranye kuko ntabwo bwashoboraga kwirengagiza ibikorwa by’umucanshuro wavuganaga bihoraho n’inzego z’ubutasi mu bihe bye byose, harimo no mu 1994 ku bireba u Rwanda.”

Ibyo kandi ngo bigaragaza ko hakenewe gushyira ahabona ibyo Leta y’u Bufaransa yari izi n’icyo yakoze mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyuma y’uko ingabo zakoraga Jenoside zari zimaze kumeneshwa zigahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitwaga Zaïre, mu 1994, izo ngabo za guverinoma y’agateganyo zari zikeneye intwaro, ibisasu n’imyitozo.

Raporo y’inama izi mpunzi zakoraga n’ibaruwa yandikiwe uwari Minisitiri w’Intebe waje gukatirwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, TPIR, Jean Kambanda, byabonwe mu modoka n’abanyamakuru mu nkambi ya Mugunga.

Hagaragaramo ibikorwa bya Capitaine Barril muri iyo nkambi yarimo ingabo zahunze, ibikorwa byo kugezwaho intwaro zinyuze muri Seychelles, amasezerano n’ibiganiro n’ibigo bya Mil-Tec, DylInvest, OMI… niho hazamo ikigo kitari cyaravuzweho kenshi cyitwa “Martin et Cie”.

Mu ibaruwa yo ku wa 13 Nzeri 1994 uwari Minisitiri w’Ingabo muri guverinoma y’agateganyo, Bizimana Augustin, wari mu buhungiro yandikiye Jean Kambanda, yamubwiye ku masezerano y’ubufasha mu bya tekiniki bagiranye na Martin et Cie afite agaciro k’amadolari 300,000 yo kohereza “abahanga umunani” muri Zaire, bo gutoza “abantu bacu mu gukusanya amakuru no ku kuyakoresha mu mirongo y’umwanzi”.

Bizimana yavugaga ko hagati ya tariki 28 na 30 Kanama 1994 yahuriye i Nairobi “n’abahagarariye Martin et Cie bagasuzumira hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’ibiteganywa mu masezerano yashyizweho umukono hagati ye na Minisiteri y’Ingabo”

Bizimana yakomeje agira ati “ku bijyanye n’amasezerano y’ubufasha mu bya tekiniki twasinyanye na Martin et Cie, muribuka ko Minisiteri y’Ingabo yari imaze kurekura amadolari 200,000 mu 300,000 kugeza igihe twagiriye mu buhungiro. Ikigo cyari cyarakoze ibintu bimwe mbere yo gusinya amasezerano aho Minisiteri y’Ingabo yemereye ambasade yacu i Nairobi gutanga amadolari ya Amerika 40,000. ”

Ibyo ngo bivuga ko hari bimwe bari barakoreye mu Rwanda mbere yo gufata iy’ubuhungiro, kuri iyi nshuro amasezerano akaba yararebanaga n’ibijyanye n’imyitozo ku butasi yagombaga kubera muri Zaire.

Uwo wari minisitiri yakomeje avuga ko mu nama yabereye i Nairobi bemeranyijwe ko bazavugana n’ubuyobozi bwa Zaire mu gushaka inkambi ya gisirikare izaberamo imyitozo “y’ibanga no gushaka uburenganzira busesuye” bwa Groupe Martin et Cie.

Ikigo Martin et Cie ngo nicyo inyuma yacyo hari hihishemo izina rya Bob Denard nk’uko Survie ibivuga, mu mazina ye bwite Robert Bernard Martin.

Ku wa 18 Kamena 1994, Minisitiri Bizimana yandikiye Colonel Ntahobari wari uhagarariye ubutumwa bwa gisirikare i Paris, amusaba gushyikiriza sheki Robert B. Martin. Yakiriye ayo mafaranga, abihamya mu ibaruwa yo ku wa 5 Nyakanga 1994, igaragaza ko yakiriye 1 086 000 FF (yanganaga na 200.000 $). Ayo mafaranga yatanzwe kuri sheki yo muri BNP.

Icyo gihe hari hashize ukwezi Umuryango w’Abibumbnye wemeje ko mu Rwanda hari kuba Jenoside. Kugeza muri icyo gihe, Abafaransa Paul Barril n’uwo Robert-Bernard Martin bakoranaga n’abajenosideri.

Nyuma y’uruhare rwa Bob Denard rugiye ahabona kandi yarapfuye mu 2007 aguye muri gereza, Survie yagaragaje impungenge ku kugenda gahoro kw’imanza yagiye iregamo inzego n’abantu batandukanye mu Bufaransa.

Ivuga ko ku kirego cyatanzwe na Survie kuri Paul Barril ku ruhare yagize muri Jenoside, ko iperereza rigenda gake kandi uyu mugabo ashaje ndetse anarwaye. Ubu imyaka ine n’igice irashize iperereza ritangiye ariko ntacyo riratanga.

Ikindi ni ikirego uyu muryango watanze kireba abayobozi b’Abafaransa bashinjwa gutererana Abasesero muri Kamena 1994 n’ikindi cyatanzwe ku buryo u Bufaransa bwatanze “intwaro ku bajenosideri”.

Ikomeza igira iti “Ku bwa Survie, ni ngombwa ko izi manza zihutishwa abakekwaho ibyaha n’abatangabuhamya bagihari. “

2018-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Ubwanditsi 22 Oct 2021
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Inzego z’Iperereza muri Uganda zirahiga  bukware abahoze mu nzego z’igisirikare na Polisi mu Rwanda

Inzego z’Iperereza muri Uganda zirahiga bukware abahoze mu nzego z’igisirikare na Polisi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Ubwanditsi 23 Oct 2017
u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC
Mu Rwanda

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye
ITOHOZA

Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Ubwanditsi 26 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru