• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Editorial 03 Jul 2019 ITOHOZA

Imiryango itegamiye kuri Leta muri Uganda, yakoze icyafashwe nko gushakira ikibazo aho kitari ubwo yaregaga mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ), Leta y’u Rwanda n’iya Uganda ko zatanze amabwiriza yo gufunga imipaka, bikaba byarakenesheje abaturage.

Ikirego cy’iyi miryango kivuga ko gufunga imipaka binyuranyije n’amabwiriza ashyiraho EAC kandi byagize ingaruka ku baturage cyane cyane abaturiye ibice byegereye imipaka. Aha ni ho bahera barasaba n’indishyi z’akababaro ku bagizweho ingaruka n’ibi byemezo bise ibya politiki.

Umuyobozi wungirije mu Ishyirahamwe ry’Abacuruzi b’Abagore ku Mupaka wa Gatuna igice cya Uganda, Deborah Kyarisiima, avuga ko hari abantu bari barafashe inguzanyo ngo bakore ubucuruzi bwambukiranya imipaka ariko ubu bahunze kuko bari kwishyuzwa kandi badafite icyo bishyura.

Nta mupaka wafunzwe

Ku wa 28 Gashyantare 2019 u Rwanda rwahagaritse amakamyo yacaga ku mupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda, kubera imirimo yo kubaka umupaka uhuriweho n’ibihugu byombi, One Stop Border Post.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) cyamenyesheje abantu bose ko imodoka zose zitwaye ibicuruzwa zanyuraga ku mupaka wa Gatuna zakwifashisha umupaka wa Kagitumba/Mirama Hills.

Ni umwanzuro iki kigo kivuga ko wafashwe hagamijwe kwihutisha imirimo y’ubwubatsi irimo gukorerwa ku mupaka wa Gatuna, igamije koroshya ingendo z’abantu n’ibicuruzwa kuri uyu mupaka.

Ku ruhande rwa Uganda bakomeje kuvuga ko ari ugufunga umupaka, ibintu u Rwanda rwagaragaje ko bitandukanye n’ukuri. Mu minsi ishize nibwo umupaka wa Gatuna wafungurwaga by’agateganyo ku modoka nini mu gihe cy’ibyumweru bibiri hagati ya tariki ya 10 – 22 Kamena 2019.

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA) cyatangaje ko nyuma y’isuzuma basanze hasigaye utuntu duke tuzarangira muri Nyakanga umupaka ukongera gukora uko bisanzwe.

Umupaka wa Gatuna niwo woroshya ingendo hagati y’ibihugu byombi kuko kuva i Gatuna ugera i Kigali mu Rwanda ari ibilometero 86.6 gusa, mu gihe uturutse Kagitumba ugana i Kigali ukoresha ibilometero 185.1, naho uturuka Cyanika uza i Kigali naho ukoresha ibilometero 130.5.

Uganda ikomeje gushegeshwa n’ubushotoranyi ku Rwanda

Uwavuga ko Uganda itabaye umuturanyi mwiza ku Rwanda ntiyaba abeshye kuko ubuhamya bw’abarenga 1000 birukanwe nabi ku butaka bw’icyo gihugu ndetse bakagaragaza ihohoterwa n’iyicarubozo bakorewe bwivugira.

Ibi byatumye kuva muri Werurwe uyu mwaka Guverinoma y’u Rwanda isaba abaturage bayo guhagarika kujya muri Uganda, kubera impungenge z’umutekano wabo. Ni ku nshuro ya mbere mu buryo bweruye ubuyobozi bw’u Rwanda bwari buburiye abaturage bubasaba guhagarika ingendo bagirira muri Uganda.

Imibare igaragaza ko Uganda yahungabanyijwe byihariye n’ubu bushotoranyi ku Rwanda kuko Banki Nkuru yayo ivuga ko ibyoherezwaga mu Rwanda byagabanutseho 80% muri Mata ugereranyije na Gicurasi uyu mwaka.

Mu busesenguzi bw’Umwarimu mu by’Ubukungu muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda, Ramathan Ggoobi, yavuze ko u Rwanda aricyo gihugu gifite agaciro gakomeye ku buzima bw’ubukungu bwa Uganda kurusha u Bushinwa, u Buhinde, u Buyapani, u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri Werurwe, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko mu gihe umubano hagati y’u Rwanda na Uganda utifashe neza, abaturage badakwiye guhangayika kuko hagize igihugu kibangamirwa mu bukungu, Uganda yo yohereza mu Rwanda ibicuruzwa byinshi ari yo yahura n’igihombo kinini.

Dr Ndagijimana yavuze ko mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda rwiteguye ko ibicuruzwa byavagayo bishobora gushakirwa ahandi.

Yagize ati “Umwaka ushize ibyo twavanaga muri Uganda byikubye inshuro nyinshi ibyo twoherezayo. Ibyo twakuragayo byari bifite agaciro ka miliyoni $242 twe twoherezayo gusa miliyoni $27. Urumva rero haramutse hagize igituma ubwo bucuruzi bugabanyuka, igihombo cyinshi kiba kuri wa wundi wacuruzaga hanze, kiva ku utakaje isoko.”

“Igihombo cyaba kuri Uganda kurusha u Rwanda, kubera ko kuri twe, Uganda ni isoko rito twoherezagaho ibintu bike, bo batugurishaho byinshi inshuro nyinshi.”

Abareze bashakiye ikibazo aho kitari

Imyaka ibiri irirenze umubano w’ibihugu byombi utifashe neza, aho u Rwanda rutishimiye uburyo Abanyarwanda muri Uganda bafungwa, bagatotezwa nta mpamvu igaragara, bamwe bakabwirwa ko bazira kuba intasi mu gihe ari abaturage bagiye gushaka ubuzima.

U Rwanda kandi ntiruhwema kugaragaza ko hari ibikorwa byinshi birimo kubera muri Uganda bigamije guhungabanya umutekano warwo binyuze mu mitwe ya RNC iyoborwa na Kayumba Nyamwasa na FDLR, amakuru Uganda yo yahakanye.

Iyo urebye ibi byose, abareze mu rukiko birengagije ko Abanyarwanda bakorerwa iyicarubozo muri Uganda umusubirizo. Niba bo bakura urwunguko mu Rwanda, ni uko nta Munya-Uganda, ukomwa mu nkokora mu Rwanda, mu gihe ibicuruzwa by’Abanyarwanda nk’amata yafungiwe Uganda ahanyuze ajyanwa Kenya, arinda yangirika nta n’igisobanuro gitanzwe.

Amabuye y’agaciro nayo yavaga mu Rwanda anyujijwe Uganda yamaze amezi menshi yarafatiriwe na Leta ku mpamvu na n’ubu zitasobanuwe.

Ugendeye ku bikorwa by’ubushotoranyi bikorwa na Leta ya Uganda ku Rwanda n’Abanyarwanda, aba bareze u Rwanda na Uganda ikirego cyabo kirimo kwibeshya, ahubwo hagombaga kuregwa Uganda yo ihohotera Abanyarwanda kugeza ubwo bagiriwe inama yo kutambuka umupaka, nyamara abaturage baho bo batembera, bagakora ubucuruzi ndetse bagasura inshuti nta nkomyi.

Uyu mwuka mubi ukaba warahemberewe na Uganda itoteza Abanyarwanda ndetse igafasha imitwe y’iterabwoba igamije kugirira nabi u Rwanda irimo RNC, FDLR, FLN n’indi, yose yahawe icyicaro muri Uganda.

Muri make abo bareze bakwiye kubanza bakabaza Leta yabo icyo igamije mu bikorwa irimo byo gushotora u Rwanda no guhohotera Abanyarwanda kuko ari yo ahanini yatanga igisubizo ku bibazo by’ubukene barimo kuko ariyo nyirabayazana.

2019-07-03
Editorial

IZINDI NKURU

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Editorial 13 May 2017
Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Editorial 08 Dec 2016
Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba

Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba

Editorial 16 May 2018
Bugarama :  Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo  zaguyemo Umunyarwanda

Bugarama : Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo zaguyemo Umunyarwanda

Editorial 15 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever
Amakuru

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Editorial 12 Jan 2021
u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!
Amakuru

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Editorial 24 Nov 2020
Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe
Amakuru

Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Editorial 22 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru