• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Editorial 05 May 2016 Mu Rwanda

Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka mu Burundi bisa nk’aho hari agahenge kuko umubare w’abantu bishwe wari muto ugereranyije n’abishwe mu kwezi gushize kwa kane.

Mu kwagatatu hishwe abantu icyenda naho muri uku gushize kwa kane hicwa abantu 31, hakaba hari impungenge z’uko muri uku kwa gatanu hakwicwa benshi kurushaho !

Uyu mubare munini w’abantu bishwe mu Burundi mu kwezi gushize watumye benshi bahamya yuko abamaze kwicwa, kuva icyo gihugu cyajya mu mvururu mu kwa kane umwaka ushize, bagomba kuba ari benshi kuruta utangwa n’ishami rya LONI rishinzwe uburenganzira bwa muntu aho rishyira uwo mubare ku bantu 513 atabariyemo abishwe muri uku kwezi gushize kuko uwo mubare wari uwo kugeza mu kwagatatu uyu mwaka.

Abanyamakuru b’Abarundi bakorana hafi na Rushyashya bahamya yuko uyu mubare ari muto cyane bagapfa kwemera utangwa na Pierre Claver Mbonimpa.

Mbonimpa uyoboye ishyirahamwe rerengera uburenganzira bwa muntu n’bw’imfungwa mu Burundi aherutse kubwira abanyamakuru ku cyicaro gikuru cya LONI i New York yuko abantu bazwi neza yuko bamaze kwicwa ari 1098.

Mbonimpa nawe warashwe bikomeye, mu kwa cyenda umwaka ushize ariko akarusimbuka, ubu akaba ari mu buhungiro mu Bubiligi avuga yuko uretse abo bizwi neza yuko bishwe ngo hari n’abandi bantu 800 baburiwe irengero, hashobora kuba harimo n’abapfuye. Anavuga kandi yuko hari n’abandi 5,000 bafashwe bagafungwa, hashobora kuba harimo ababa bariciwe mu mabohero ariko ntibimenyekane.

Ibi bishobora kuba aribyo kuko amakuru ahamya yuko muri ayo mabohero yo mu Burundi abantu bakunze kuyapfiramo ubutegetsi bukabiceceka. Abo banyamakuru b’Abarundi bavuga yuko abapfa bikamenyekana ari ababa barafunzwe bazwi cyane nka ambasaderi Yakobo Bihozagara wigeze kuba Minisitiri hano mu Rwanda.

Bihozagara wagize uruhare rukomeye mu mishyikirano y’amahoro ya Arusha hagati ya RPF n’icyari guverinoma y’u Rwanda amaze kuva mu butegetsi yahisemo kujya kwikorera ubucuruzi mu Burundi. Nyuma y’aho imvururu zitangiriye yarafashwe arafungwa aza kugwa mu munyururu.

-2744.jpg

Ge. Kararuza uheruka kwicwa ari kumwe n’umugorewe n’umukobwa we

Abo banyamakuru b’Abarundi batubwira yuko iyo mibare itangwa y’antu bishwe abenshi baba ari abiciwe mu mujyi wa Bujumbura ngo naho abicirwa mu ntara, cyane cyane mu byaro, akenshi batamenyekana. Bakavuga yuko ababa baraburiwe irengero kenshi baba barishwe. Bakanavuga kandi yuko amahanga atagize icyo yakora byhutirwa mu Burundi hashobora kwicwa abantu benshi cyane kandi mu gihe gito muri aya mezi kake ari imbere.

Kayumba Casmiry

2016-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Editorial 03 Apr 2020
Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira

Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira

Editorial 11 Sep 2017
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Editorial 09 Mar 2023
Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Editorial 06 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka
Mu Rwanda

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Editorial 26 May 2017
Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri
Amakuru

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Editorial 01 May 2023
Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu
POLITIKI

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Editorial 07 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru