• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Editorial 04 Jan 2018 Mu Rwanda

Umugabo witwa Musangabatware arashinjwa kwica umugore we Marie Mushimiyimana amuteye inkota mu nda nyamara atwite inda y’amezi arindwi. Uyu mugore yari yarahunze uyu mugabo waje avuye ku Gisenyi akamusanga i Ntarama mu Bugesera aho yamuhungiye amwicisha inkota. Agerageje kwiyica na we biranga.

Musangabatware yitemye ingoto ngo yiyice ariko ntibyamuhira ubu ari kuvurirwa i Kigali

Uyu mugore yishwe kuwa kabiri w’iki cyumweru tariki 02 Mutarama 2018. Bamwe mubo mu muryango bavuga ko yari yarahunze uyu mugabo kubera amakimbirane akomeye n’umugabo we.

Nyuma yo kumenya aho umugore we yamuhunguye, Musangabatware ukomoka i Musebeya muri Nyamagabe mu gitondo cyo kuwa kabiri ngo yageze i Ntarama aho Marie yamuhungiye arakomanga undi afungura atazi uwo akinguriye.

Ageze mu nzu ngo yamwicishije inkota yari yitwaje ayimusogota mu gihimba, atagize impuhwe z’uko atwite inda y’amezi arindwi. Abica bombi.

Umwe mu batabaye yavuze  ko abantu bahise batabara ari benshi bumvise Marie atabaje, Musangabatware asumbirijwe n’abaturage ahita yikegeta ingoto na ya nkota ngo yiyahure ariko biba iby’ubusa ntiyapfa ahubwo arafatwa.

Ubu uyu mugabo ari kuvurirwa mu bitaro bimwe mu mugi wa Kigali.

Mukantwari Berthilde Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurengew a Ntarama yavuze ko ubu bwicanyi bwabaye kuwa kabiri ndetse uyu mugabo koko akagerageza kwiyica yiciye ingoto bikanga.

Mushimiyimana Marie yari yarahunze umugabo we kubera amakimbirane mu rugo rwabo

Mushimiyimana Marie yari yarahunze umugabo we kubera amakimbirane mu rugo rwabo

Mukantwari avuga ko bataramenya neza niba uyu mugabo n’uyu mugore bari baratandukanye byemewe n’amategeko kuko umugore yapfuye umugabo na we akaba yaritemye ingoto atavuga.

Marie Mukeshimana w’imyaka 38 wari wararokotse Jenoside agasigarana n’umuvandimwe we umwe gusa, we n’umwana yari atwite bashyinguwe ejo hashize kuwa gatatu.

Marie na Musangabatware bari bafitanye abana batanu atwite inda ya gatandatu.  Babaga i Mushubi muri Nyamagabe.

Umuyobozi w’Umurenge wa Ntarama avuga ko Marie yabanaga n’abana babiri be, akaba yari afite akaduka yashinze aha i Ntarama abana be niko bararagamo we akarara mu rugo. Aba bana bakaba baratashye bukeye basanga inkuru mbi iwabo.

 

2018-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Editorial 07 Oct 2019
Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Editorial 29 Aug 2017
Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Editorial 10 Apr 2020
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Editorial 02 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Editorial 04 May 2019
Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye
SHOWBIZ

Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye

Editorial 04 Dec 2017
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23
Amakuru

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru