• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Ubwanditsi 25 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikamba rya Nyampinga w’ u Rwanda ryambitswe Iradukunda Liliane w’imyaka 18 y’amavuko ureshya na 1.70 cm, akaba ari mu bari bahagarariye Intara y’Uburengerazuba, Igisonga cya Kabiri cyabaye Irebe Natacha Ursule naho igisonga cya mbere ni Umunyana Shanitah.

Iradukunda Liliane upima ibiro 57 yatowe mu birori byabereye muri Kigali Convention Centre tariki ya 24 Gashyantare 2018.

Umukobwa ugirwa Nyampinga si uw’ikimero n’ubwiza gusa, hejuru y’ibi agomba kuba afite ubumenyi kurusha abandi ndetse akagira umuco nk’imwe mu nkingi z’ubuzima bw’Igihugu.

Abakobwa 20 bageze mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa batoranyijwe muri 35 batsinze amajonjora yabereye mu ntara zose z’igihugu. Aba bakobwa bari mu ngeri zinyuranye, harimo ab’inzobe, igikara ndetse n’imibiri yombi, ab’ikimero cyiza banaberwa n’amafoto; ibi byose bigaharekezwa n’ubuhanga.

Amajonjora ku rwego rw’igihugu yatangiiriye i Musanze tariki 13 Mutarama 2018, akomeza tariki 14 Mutarama 2018 mu Karere ka Rubavu, ku ya 20 Mutarama 2018 yabereye i Huye, tariki 21 Mutarama 2018 bikomereza mu Karere ka Kayonza hanyuma bisorezwa mu Mujyi wa Kigali tariki 27 Mutarama 2018.

Iradukunda Elsa ubwo yambikaga ikamba umusimbura we Iradukunda Liliane

Muri aba bakobwa baserukiye ibice bitandukanye by’igihugu hatowemo uwahize abandi ari Iradukunda Liliane wasimbuye Iradukunda Elsa wari umaze umwaka afite ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda.

Mu myiyereko yaranze ibi birori, abakobwa bose berekanye ko batojwe gutambuka no kwiyerekana neza; uwabahize yagaragaje umwihariko muri byose haba mu ntambuko, ubwenge bwanguhirwa no gusubiza ndetse ni we ufite ubwiza n’umuco bikwiye kuranga ukwiye kuba Nyampinga w’u Rwanda nk’uko byemejwe n’akanama nkemurampaka.

Mu gihe cy’ibyumweru bibiri abakobwa bamaze mu mwiherero, bigishijwe byinshi birimo kumenya kuvugira mu ruhame, intambuko iranga Nyampinga, indangagaciro z’umuco n’andi masomo atandukanye.

Buri wese wakurikiranye iri rushanwa yari afite umukobwa ashyigikiye kandi yifuza ko yagirwa Nyampinga w’u Rwanda agasimbura Iradukunda Elsa wo muri 2017.

Irushanwa ry’ubwiza mu Rwanda ryatangiye mu 1993 icyo gihe Nyampinga yabaye Miss Uwera Dalila, ryambitswe Bahati Grace mu 2009, mu 2012 rihabwa Kayibanda Mutesi Aurore, mu 2014 ryambikwa Akiwacu Colombe, Kundwa Doriane arihabwa muri 2015, Mutesi Jolly atorwa muri 2016 hanyuma Iradukunda Elsa arihabwa mu 2017.

Mu bakobwa batowe bose kuva Miss Rwanda yatangira gutorwa, mu gihugu hari babiri batatu gusa uhereye kuri Mutesi Jolly watowe muri 2016 ukagera kuri Iradukunda Liliane waryambitswe uyu munsi.

Uwera Dalila aba mu Bubiligi[guhera nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi] ni naho yashyingiwe, Bahati Grace atuye muri Amerika aho akora akazi ko kuvura amenyo, Mutesi Aurore na we aba muri USA ndetse na Akiwacu Colombe uba mu Bufaransa aho asigaye yerekana imideli.

Mu byashingiweho batoranya Nyampinga, ngo harebwe uburanga(amanota 30%), ubuhanga bwe(amanota 40%) ndetse n’uko yiyerekanye (amanota 30%) byose bikagira igiteranyo cy’amanota ijana. Nyampinga kandi aba ahiga abandi mu bumenyi no kumenya gusubiza ibibazo abazwa, iyi ngingo niyo ihabwa agaciro cyane kurusha izindi.

Miss Sonia Rolland wari mu kanama nkemurampaka yagize ati “Byari bikomeye kuko gutanga amanota ku bwiza, ubuhanga n’umuco biragoye bisaba kwitonda.”

Abari bagize akanama nkemurampaka muri Miss 2018 ni Mutesi Jolly[Miss Rwanda 2016], Teddy Kaberuka, Isheja Sandrine, Rwabigwi Gilbert ndetse na Sonia Rolland[Nyampinga w’u Bufaransa 2000].

Ku itariki ya 24 Gashyantare 2018, ku isaha ya saa tanu n’iminota 35 nibwo Sonia Rolland wari uyoboye akanama nkemurampaka yatangaje ko umukobwa witwa Iradukunda Liliane ari we ubaye Nyampinga w’u Rwanda umwaka wa 2018.

Yahise ahabwa imodoka nziza yo mu bwoko bwa Suzuki Baleno, umushahara w’amafaranga ibihumbi magana inani (800,000frw) bivuze ko ku mwaka azajya aba yahawe miliyoni 9 n’ibihumbi magana atandatu (9,600,000Rwf) hakiyongeraho n’ibindi bihembo bitandukanye yagenewe na RwandAir, Sebamed n’abandi.

Iri rushanwa ritegurwa bigizwemo uruhare na Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi ya Cogebanque ari nayo izatanga ibihembo bikuru byose Nyampinga azagenerwa.

Abakobwa bose n’imyanya batsindiye:

-  Nyampinga uberwa n’amafoto(Miss Photogenic): Iradukunda Liliane
-  Nyampinga wabaniye neza abandi(Miss Congeniality): Uwase Ndahiro Liliane
-  Nyampinga wakunzwe na benshi(Miss Popularity): Umutoniwase Anastasie
-  Nyampinga w’Umuco(Miss Heritage): Dushimimana Lydia
-  Igisonga cya Kabiri: Irebe Natacha
-  Igisonga cya Mbere: Umunyana Shanitah
-  Nyampinga w’u Rwanda: Iradukunda Liliane

2018-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Ubwanditsi 09 Jun 2022
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Ubwanditsi 07 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri  Gereza 1930 yamenyekanye
Mu Mahanga

Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri Gereza 1930 yamenyekanye

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo
Mu Rwanda

Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Didier Drogba agiye kuza i Kigali
Mu Rwanda

Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Ubwanditsi 12 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru