• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Editorial 19 Aug 2016 Mu Rwanda

Kidumu ni umuhanzi w’umurundi unakunzwe hano mu Rwanda no mu karere akaba na mbere yuko u Burundi bujya mu bibazo umwaka ushize yiberaga mu gihugu cya Kenya.

Ubusanzwe yitwa Nimbona Jean Pierre ariko aho amariye kwiyumvamo igihangange mu kuririmba yiyita Kidum Kibido Kibuganizo.

Mu kwezi gutaha ambasade ya Kenya mu Burundi izaba ifite iminsi mikuru ikaba yaranatumiye Kidum Kibuganizo nk’umwe mu bazaba basusurutsa abazaba bari aho.

Hari ababuriye Kidum yuko aramutse aje mu Burundi azicwa ariko uwo mugabo ibyo yabiteye utwatsi avuga yuko adashobora kwicwa kuko we atari umunyapolitike, ngo atunzwe na muzika. Ngo kandi niba mu Burundi bica abitungiwe na muzika ari tayari gupfa ngo kandi azaba yishimiye kugwa mu gihugu cya se na sekuru.

-3705.jpg

Kidumu ashobora kuba imibare ayikora neza. Ubutegetsi bwa Nkurunziza akarere n’amahanga arabukurikiranye cyane muri buri bugome bukorera abaturage babwo n’ikindi kiremwamuntu kibarizwa ku butaka bw’u Burundi. Ubwo butegetsi buramutse bwishe Kidumu watumiwe na ambasade ya Kenya bwaba bwongeye ibibazo bwari busanzwe bufitanye n’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC) kandi bwakabaye bwifuza yuko uyu muryango utabukuraho amaboko !

Ariko Kidum agomba kuba ateta mu bikomeye. Niyo yapfa induru zikavuga ntabwo izo nduru zishobora kumuzura ! Yapfa Nkurunziza akikomereza gahunda ze nk’uko byagenze kuri Afsa Mossi, wari Depite w’u Burundi muri EALA, Jaques Bihozagara n’abandi.

-3703.jpg

Afsa Mossi ( RIP )

-3704.jpg

Nyakwigendera Bihozagara Jacques

Nubwo Kidumu avuga yuko atari umunyapolitike, bizwi neza yuko abanyapolitike ataribo bonyine bicwa mu Burundi kuko n’abaturage basanzwe bicwa. Kidum we afite umwihariko wo kuba yakwicwa kurusha n’abandi nka Mossi na Bikomagu. Kidumu koko ashobora kuba atari umunyapolitike kuko ubutegetsi bwa Nkurunziza bwaramuhaye ikiraka cyo guhanga no kuririmba indirimbo y’amatora y’ubushije akabyanga kandi yari gukuramo amafaranga.

-3706.jpg

Kidumu yaraburiwe aranga

Ayo matora Kidumu yanze kwamamaza n’amashyaka yo muri opozisiyo yanze kuyitabira nawe Bujumbura imufata nk’umuntu wa opozisiyo kandi icyo kikaba ari icyaha ubutegetsi bwa Nkurunziza bumaze kuziza benshi. Nta gitangaza rero na Kidum Kibido Kibuganizo akizize aramutse ahisemo kujya mu Burundi muri icyo gitaramo cy’abanyakenya. Na Afisa Mossi yishwe atangiye urugendo rwo kujya muri ambasade ya Tanzania aho yari yasezeranyijwe ubuhungiro !

Kayumba Casmiry

2016-08-19
Editorial

IZINDI NKURU

Kicukiro: ‘uwashimuse akanica’ uyu mwana na we ngo ‘yiyahuye’

Kicukiro: ‘uwashimuse akanica’ uyu mwana na we ngo ‘yiyahuye’

Editorial 22 May 2018
Rusizi : Kagame  yiyamamarije mu  Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Editorial 28 Jul 2017
Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Editorial 24 Jul 2018
Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Editorial 07 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi
Amakuru

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Editorial 18 Jan 2022
Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa
Mu Mahanga

Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa

Editorial 03 Feb 2017
Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?
ITOHOZA

Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?

Editorial 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru