• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe i Kigali

Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe i Kigali

Editorial 01 May 2017 Mu Rwanda

Umuririmbyi w’ikirangirire muri Afurika Yvonne Chaka Chaka ategerejwe mu Mujyi wa Kigali, ni umwe mu bakomeye bazitabira Inama y’Ubutegetsi y’umuryango Global Fund.

Chaka Chaka yabaye ikirangirire binyuze mu ndirimbo ze zakunzwe nka “I’m Burning Up”, “Thank You Mister DJ”, “I Cry for Freedom”, “Makoti” n’izindi nyinshi. Ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika, ni umuhanga mu buvanganzo akaba abarizwa mu miryango mpuzamahanga yita ku buzima.

Mu mpera z’icyumweru gishize uyu mugore w’imyaka 52 y’amavuko, yanditse kuri Twitter ko muri iki cyumweru agomba ‘kwerekeza i Kigali mu nama y’ubutegetsi y’umuryango Global Fund mu kwizihiza ubuzima bw’abarenga miliyoni 20 bafashije’.

Kuwa 26 Mata 2017, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Icyo gihe Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko u Rwanda ruzakira Inama ya 37 y’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund.

-6430.jpg

-6431.jpg

Yvonne Chaka Chaka yemeje ko agomba kuza i Kigali mu nama ya Global Fund izamara iminsi itatu

Iyi nama izabera mu Mujyi wa Kigali muri Hoteli Marriot guhera ku itariki ya 2 Gicurasi kugeza ku ya 4 Gicurasi 2017. Itegerejwemo abayobozi bakomeye n’abandi bafite amazina yubashywe bagize uruhare mu bikorwa by’umuryango Global Fund.

Incamake kuri Yvonne Chaka Chaka.

Yvonne Chaka Chaka usanzwe ari ambasaderi wa MDGS(Intego z’iterambere ry’ikinyagihumbi) yatangiye kuririmba afite imyaka 19 y’amavuko. Impano ye yavumbuwe ndetse ishyirwa ahagaragara na Phil Hollis wakoraga mu nzu itunganya umuziki Dephon Records mu Mujyi wa Johannesburg.

Album ya mbere yitwa “I’m in love with DJ” yari ibumbiyeho indirimbo zatumye aba ikirangirire ku Isi nka I’m burning Up, I Cry For Freedom, Motherland ndetse na Umqombothi. “Umqombothi” yakoreshejwe mu mashusho ya filime Hotel Rwanda[ivuga mu buryo bugoramye amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi]. Iyi album yamufashije kuba ikimenyabose muri Afurika y’Epfo ndetse bidatinze yamamara muri Afurika no ku yindi migabane.

Chaka Chaka afite impamyabumenyi za kaminuza ebyiri mu ishami rya Adult Education n’indi y’ibijyanye na Local government, Management and Administration, izi yazivanye muri University of South Africa. Uyu mugore wavutse mu 1965 afite indi mpamyabumenyi mu bijyanye no kuvuga no gukina amakinamico muri Trinity College iri London, iyi mpamyabumenyi yayihawe mu 1997.

Yvonne Chaka Chaka yashakanye na Mandlele Mhinga mu 1989, bafitanye abana bane b’abahungu Ningi Mhinga, Mandla Mhinga, Mfuma Mhinga na Themba Mhinga. Uyu muhanzi afite inzu ye bwite itunganya umuziki ikanateza imbere impano z’abahanzi bakiri bato, ni umwe mu barimu bigishije igihe kinini ubuvanganzo muri Kaminuza ya Johannesburg.

-6432.jpg


Yvonne Chaka Chaka n’umunyarwenya Anne Kansiime

2017-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Administrator 21 Oct 2025

Nyuma yo gusezerera Sudani y’Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y’abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Costa Rica 2022

Editorial 22 Sep 2021
Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Editorial 25 Sep 2021
Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo

Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo

Editorial 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye
Mu Mahanga

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Editorial 26 Sep 2018
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa
Amakuru

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Editorial 24 Jan 2024
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Editorial 12 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru