• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.
Pope Francis and Congolese President Felix Tshisekedi attend a welcome ceremony at the Palais de la Nation in Kinshasa, Congo, Jan. 31, 2023. (CNS photo/Paul Haring)

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Editorial 02 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Uretse ko atagirwa inama, Perezida Félix Tshisekedi yari akwiye kureka gukomeza gutera iyaharurutswe agereka ibyamunaniye ku Rwanda, kuko abo abibwiye bose bamaze kumugaragariza ko babirambiwe. Urugero ni ibyamubayeho mu nama iherutse kubera i Dakar muri Senegal, maze gutandukira kwe gutuma Perezida Macky Sall amwirengagiza, ntiyanamuvuga mu bitabiriye iyo nama yigaga ku iterambere ry’ubuhinzi.

Isomo ryo kumenya icyo uvuga n’igihe nyacyo cyo kukivuga yaherewe i Dakar, ntacyo ryafashije Perezida Tshisekedi kuko yongeye kuvanga amasaka n’amasakaramentu mu ijambo yagejeje kuri Papa Francis uri mu ruzinduko muri Kongo. Ni ijambo ryari rigizwe n’ibirego bivanze n’amarira, nk’uko bisanzwe ashinja u Rwanda kuba inyuma y’ibibazo by’uruhuri, byatumye Kongo isa n’igihugu cyapfubye(Failed nation).Nyamara byari nko gutwika inzu ugahisha umwotsi, kuko Papa Francis yaje muri Kongo azi neza ko ubutegetsi bwayo ariwo umuzi w’ibibazo byabaye akarande. Mu ijambo rye rirerire, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, yibukije abategetsi ba Kongo ko kwiyita umukrisitu mu magambo bidahagije, ko ahubwo bikwiye kujyana n’ibikorwa.

Tubibabwiye mu magambo make, Papa Francis yagize ati:” Umuntu uri mu mwanya w’ubuyobozi asabwa kurangwa n’umucyo, akumva ko ububasha yahawe agomba kubukoresha mbere na mbere mu nyungu z’abo ayobora. Ntako bisa kwirinda kuyoboresha igitugu, gushakisha indonke no kurarikira amafaranga, dore ko ari nawo muzi w’amabi yose, nk’uko intumwa Paul ibivuga[ muri Bibiliya).

Ibi bikorwa by’urukozasoni bikabakururira ikimwaro, akaga ndetse n’urupfu….Ni ngombwa ahubwo kwegera abaturage, mukamenya uko babaho, kuko kubaba hafi mutagambiriye izindi nyungu cyangwa kwifotoza, ari byo bizatuma babagirira icyizere…..Niba mushaka kuzura Kongo, mugomba gutegura amatora anyuze mu mucyo kandi yizewe”.Papa Francis kandi yasabye Abanyekongo kureka ivangura rigamijwe inyungu z’ubwoko cyangwa iz’agatsiko runaka, ahubwo bakunga ubumwe, kuko aribwo buzazitira “ba mpatsibihugu bitwikira imidugararo, bagasahura umutungo wa Kongo”.

Uru ruzinduko kandi rwongeye gutuma bamwe mu Banyekongo binigura, bagaragaza ko umuzi nyakuri w’ibibazo byabo ari ubuyobozi bubi cyane. N’ubwo Kiliziya Gatolika muri Kongo yakunze gukorerera mu kwaha k’ubutegetsi no gutiza umurindi ibikorwa n’imvugo byibasira cyane cyane Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, ntawabura gushima nubutwari bwa Karidinali Fridolin Ambongo, weruriye Papa Francis, akamubwira ko ubutegetsi buriho bwimakaje umuco w’ikinyoma. Karidinali Ambongo ati:”Abanyekongo babeshya nk’uko bahumeka.

N’ikimenyimenyi Tshisekedi yabeshye ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yo muw’2018, kandi nawe ubwe twamubwiye ko tuzi neza ko habayemo uburiganya. Ikibabaje, Umuryango Mpuzamahanga wemeye ubwo bujura, kandi njye nka Arisheveke wa Kinshasa nta bushobozi mfite bwo gushishikariza abaturage kubwanga. Yongeraho ati:”Ubutegetsi dufite nibwo ntandaro y’ibibazo byose Kongo ifite, kandi abaturage nibakomeza kubirebera, nabo bazaba babigizemo uruhare”.

Burya rero koko umutego mutindi ushibuka nyirawo akihahagaze. Perezida Tshisekedi yibeshyaga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamuhagarika bwuma muri politiki na dipolomasi, none ahubwo rugaragaje isura nyayo y’ubutegetsi bwe. Nta hene ibyibuha ku munsi w’isoko.

2023-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Igipolisi cyafunze  ibiro  by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Uganda: Igipolisi cyafunze ibiro by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Editorial 21 Nov 2017
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Editorial 23 Jan 2017
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Editorial 21 Oct 2018
Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Editorial 26 May 2023
Uganda: Igipolisi cyafunze  ibiro  by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Uganda: Igipolisi cyafunze ibiro by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Editorial 21 Nov 2017
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Editorial 23 Jan 2017
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Editorial 21 Oct 2018
Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Editorial 26 May 2023
Uganda: Igipolisi cyafunze  ibiro  by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Uganda: Igipolisi cyafunze ibiro by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Editorial 21 Nov 2017
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Editorial 23 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru