• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Editorial 13 Aug 2016 Mu Mahanga

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibikubiye mu mihigo igamije gukomeza kwita ku isuku no kubungabunga umutekano mu mujyi wa Kigali yashyizweho umukono na Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali mu ntangiriro z’iki cyumweru, umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 13 Kanama.

Uyu muganda ukaba uzakorwa ku bushake bwa buri muntu, ukazibanda ku gutema, guharura no gukura ibihuru n’imyanda iri aho buri muntu atuye. Ukazitabirwa n’abatuye uturere 3 tugize umujyi wa Kigali aritwo Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge.

Ubu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano buzamara amezi 6 buri hagati y’umujyi wa Kigali na Polisi y’u Rwanda bufite intego yo gukomeza kugira Kigali umujyi usukuye kandi utekanye ku bawutuye n’abawusura.

Muri ubu bukangurambaga, mu rwego rw’umutekano impande zombi zizafatanya mu kurwanya ibiyobyabwenge, guha abana batarageza ku myaka y’ubukure ibisindisha, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bukanazibanda ku ikorwa neza ry’amarondo hagamijwe gucunga umutekano w’abanyarwanda.

Hazibandwa kandi ku kwirinda no kurwanya impanuka zo mu muhanda, kurwanya inkongi z’umuriro, kubahiriza amabwiriza ajyanye no kurwanya urusaku, imikorere myiza ya komite z’abaturage zo kwicungira umutekano, gukumira ibyaha no gutangira amakuru ku gihe (CPC’s)

Ku isuku, umujyi wa Kigali na Polisi y’u Rwanda bazakomeza ubukangurambaga ku kurengera ibidukikije, kunoza imicungire y’ibishingwe, gukomeza gutera ubusitani aho butari no gufata neza ubuhari no gukangurira abaturage kwita ku isuku muri rusange.

-3623.jpg

Mukaruriza Monique umuyobozi w’umujyi wa Kigali

2016-08-13
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 28 Oct 2016
Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Editorial 16 Jan 2016
Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Editorial 27 Dec 2017
Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Editorial 21 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO
ITOHOZA

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

Editorial 24 Jul 2016
Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka
Mu Rwanda

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Editorial 31 May 2017
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.
Amakuru

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Editorial 04 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru