• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Ubwanditsi 28 Sep 2016 POLITIKI

Kuri uyu wa Kabiri, Jim Yong Kim umukandida u Rwanda rwari rushyigikiye ku mwanya w’umuyobozi mukuru wa Banki y’isi yatorewe kongera kuyiyobora mu gihe agiye kurangiza indi manda y’imyaka itanu.

Yong w’imyaka 56, yatanzwe nk’umukandida na Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kanama uyu mwaka, ashyigikiwe n’ibindi bihugu nk’u Bufaransa, u Bushinwa, na Bresil.

Uku gushyigikirwa n’ibihugu bikomeye byatanze icyizere ko ari nawe ushobora kuyobora iyo banki, dore ko byari kugora undi wese wifuza kuyiyobora adashyigikiwe n’ibyo bihugu by’ibihangange.

Mu mpera za Kanama uyu mwaka Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanada ruzashyigikira Yong, bakurikije akazi gakomeye yabashije gukora mu myaka itanu amaze kuri uwo mwanya, cyane cyane mu guteza imbere ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere birimo n’u Rwanda.

Agitangira imirimo ye muri manda ya Mbere, Yong yatunguranye afata imyanzuro bamwe bafashe nk’ije gushyira banki mu kaga.Akihagera yasezereye abakozi bagera mu bihumbi, ngo agamije kugabanya amafaranga iyo Banki yatangaga ku bakozi kandi hari n’abadakenewe.Icyo gihe abasezerewe bandikiye Inama y’Ubuyobozi bw’iyo banki bavuga ko ifite ubuyobozi bubi.

Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kabiri, Banki y’isi yatangaje ko kugabanya abakozi byatumye izigama amafaranga agera kuri miliyoni 400 z’amadolari, azagenda yifashishwa mu yindi mishinga y’iterambere.

Banki y’isi kandi yatangaje ko Yong muri manda nshya azibanda mu gushyira ikigo ku murongo kandi abakozi bakabigiramo uruhare. Ngo azanibanda gushora imari mu burezi, ubuzima , n’ibikorwa remezo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Manda ye ya kabiri izatangira tariki ya 1 Nyakanga umwaka wa 2017.

Jim Yong Kim, ni inzobere mu buganga ifite ubwenegihugu bwa Koreya n’Amerika, akaba yaratorewe kuyobora Banki y’isi mu gihe cy’imyaka itanu asimbuye Umunyamerika Robert Zoellick, hari kuwa 16/04/2012.

-4174.jpg

Perezida Kagame na Dr Kim Yong Jim ubwo bari mu nama yiga ku bukungu bw’isi (WEF)

Source: Makuriki.rw

2016-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Ubwanditsi 28 Jun 2025
Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana

Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Ubwanditsi 03 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo
UBUKUNGU

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.
Amakuru

Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.

Ubwanditsi 07 May 2021
Imirimo yo gusana  Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Imirimo yo gusana Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera

Ubwanditsi 20 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru