• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa 2 w’Inama ya 27 y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

Umunsi wa 2 w’Inama ya 27 y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

Editorial 17 Jul 2016 Amakuru

Abakuru b’ibihugu bya Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, kuri uyu wa Gatandatu, habayeho umwiherero ku nkomoko y’imari uyu muryango ukoresha.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kandi yakiriye abakuru b’ibihugu n’abayobozi batandukanye bitabiriye iyo nama.

Ku munsi wa 2:

Uyu munsi kuya 17 Nyakanga, ni bwo hatangiye inama y’inteko rusange isanzwe ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Afurika. Iteraniramo Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma n’abahagarariye abakuru b’ibihugu, kongeraho abantu babiri baherekeje Abakuru b’Ibihugu.

Kuva saa tatu za mu gitondo kugeza saa sita n’igice, habayeho kwiga gahunda y’imirimo y’inteko rusange no kuganira ku ngingo zirimo kwishyira hamwe kw’ibihugu, aho barebera hamwe ubucuruzi butagira umupaka ku mugabane w’Afurika (CFTA) muri 2017 n’imbogamizi zabamo, banarebere hamwe amavugurura y’Umuryango w’Abibumbye.

Saa sita n’igice, Perezida Kagame na Perezida wa Chad Idris Deby Itno ari na we uyoboye AU muri iki gihe bafunguye ku mugaragaro inteko isanzwe ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Ku gicamunsi harabaho kungurana ibiterezo ku nsanganyamatsiko y’iyi nama igira iti “Umwaka Nyafurika w’Uburenganzira bwa Muntu hibandwa ku Burenganzira bw’Umugore”. Hakurikireho gutangiza raporo ivuga ku mugore w’Umunyafurika 2010-2015.

Ku wa Mbere tariki ya 18 Nyakanga 2016, kuva saa tatu kugera saa saba hari kwemeza imyanzuro y’umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu n’aba Guverinoma ku gutera inkunga Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Abakuru b’ibihugu bazemeza kandi ingengo y’imari ya 2017 ya AU , haze igikorwa gikomeye cy’amatora y’umuyobozi wa Komisiyo y’uyu muryango.

Nyuma yaho, hazarebwa kuri raporo y’umuyobozi wa Komisiyo igaragaza ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano, n’imiterere y’amahoro n’umutekano muri Afurika, hakurikireho kwemeza abagize Komisiyo, no gushyiraho abacamanza b’Urukiko Nyafurika ku burenganzira bwa muntu.

Inama izasozwa ku mugoroba wo ku wa Mbere harahira abagize Komisiyo, abagize Urukiko Nyafurika rw’Uburengenzira bwa Muntu.

-3313.jpg

-3312.jpg

-3314.jpg

-3315.jpg

-3316.jpg

-3317.jpg

-3318.jpg

Turacyabikurikirana….

2016-07-17
Editorial

IZINDI NKURU

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Editorial 29 Sep 2025
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Editorial 20 May 2022
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Editorial 28 Nov 2023
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera
UBUKUNGU

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Editorial 25 May 2017
Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame
INKURU NYAMUKURU

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Editorial 01 Apr 2019
Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti
INKURU NYAMUKURU

Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti

Editorial 19 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru