Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2025, nibwo Association Rayon Sports yatangaje ko Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi ariwe mutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports.
Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa Rayon Sports, Thaddée Twagirayezu, yemeje aya makuru ko uyu mutoza ariwe ugiye gutoza Gikundiro.
Aha yavuze ko uyu mutoza aje gutoza Rayon Sports afite intego zo gufasha iyi kipe gutwara ibikombe.
Yagize ati “Turifuza Rayon Sports nshya itwara ibikombe, ishingiye ku mbaraga, icyerekezo no kwitwara neza. Abafana bacu bitegure ikipe ibatera ishema kandi ifite intego ikipe ihatana mu marushanwa y’imbere mu gihugu no muri CAF Confederation Cup.”
Mu gusoza umwaka w’imikino wa 2024–2025, Perezida Twagirayezu yantangaje ko Rayon Sports Day (Umunsi w’Igikundiro) uzaba ku nshuro ya 6 i Kigali.
Ati “Ni umwanya wo kongera guhuza abafana, abakinnyi n’abafatanyabikorwa bacu mu rugendo rwo kongera kugarura Rayon Sports ku isonga,”
Uyu munsi uteganyijwe hagati ya tariki ya 26 Nyakanga na 9 Kanama 2025 aha kandi akaba yavuze ko uwo munsi uzasusurutswa n’ikipe y’ubukombe muri Afurika, izatumirwa by’umwihariko.
Rayon Sports ikomeje imyiteguro y’umwaka w’imikino wa 2025–2026, ndetse yatangiye no gusoza ibiganiro n’abafatanyabikorwa bashya, bazatangazwa mu minsi iri imbere.