• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Editorial 16 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ku munsi w’ejo umunyamategeko w’umubiligi Vincent Lurquin yakwirakwije ibihuha mu itangazamakuru ko atazi impamvu yangiwe kubonana na Paul Rusesabagina kandi asanzwe amwunganira mu Bubiligi bityo asaba ko ibihugu by’Amerika n’Ububiligi bishyira igitutu ku Rwanda ngo abonane na Rusesabagina. Icyo Vincent Lurquin yagakwiye kumenya nuko amategeko yo mu Rwanda adakwiye gukandagirwa nuko ari umubiligi kuko u Rwanda rutagitegekwa n’Ububiligi.

Guhera mu mwaka wa 2013, itegeko ryo mu rugaga rw’abavoka mu Rwanda, rivugako kugirango uburanire umuntu mu Rwanda ubisaba ukajya ku rutonde ndetse bakanagukoresha ikizamini. Ibi birareba abanyarwanda n’abanyamahanga bose. Ariko igihe igihugu uturukamo cyaba cyakwemera ko umunyamategeko wo mu Rwanda yaburanira umuntu muri icyo gihugu, icyo gihe umunyamategeko ukomoka muri icyo gihugu nawe yakwemererwa kuburanira umuntu mu Rwanda. Ariko siko bimeze kuko urugaga rw’abavoka bo mu Bubiligi rwemeje ko nta Munyarwanda waburanira umuntu mu Bubiligi, bityo rero n’urugaga rw’abavoka bo mu Rwanda ntibakwemerera kuburanira umuntu utari ku rutonde rw’abunganizi bemewe mu Rwanda (Reciprocity).

Kugeza ubu ibihugu bishobora kwemererwa ni ibigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuko hari amasezerano u Rwanda rwashyizeho umukono rwinjira muri uyu muryango. Urutonde rwabunganira abandi mu mategeko mu Rwanda rurenga 1300 hari abava muri Kenya, Burundi biyongera ku banyarwanda, bakaba barujuje ibisabwa harimo kurahira imbere y’amategeko no gukora ikizamini bagahabwa icyemezo na ILPD. Ibi rero ntabwo umunyamategeko Vincent Lurquin abyujuje naho ibijyanye no gusura Rusesabagina, amategeko muri iki gihe cya Corona Virus ntabwo yemerera abagororwa gusurwa mu rwego rwo kubarinda ubwandu bwiki cyorezo.

Twabibutsa ko igihe Rusesabagina yabazwaga n’ubushinjacyaha bw’u Bubiligi ku busabe bwa Leta y’u Rwanda, ku bijyanye n’uruhare rwe mu bitero byo muri Nyungwe, hakaba hari n’umushinjacyaha w’u Rwanda yateye umugongo asuzugura umushinjacyaha wo mu Rwanda yanga gusubiza ibibazo yamubazaga. None dore yisanze imbere y’ubutabera bw’u Rwanda.

Ikigaragara ku rutonde rw’abanyamategeko barindwi umuryango wa Rusesabagina washyizeho, uwakwemererwa wujuje ibisabwa ni Maitre Gashabana wenyine kuko abandi ntibari kurutonde rwemewe cyangwa se ibihugu byabo ngo bibe bifitanye amasezerano yihariye n’u Rwanda. Nk’umunyamategeko, Vincent Lurquin yagakwiye kubaha amategeko asanze mu kindi gihugu kuko adahinduka kubera ko ari umuzungu cyangwa ari umubiligi.

2020-10-16
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Editorial 28 Mar 2023
Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Editorial 23 Nov 2017
Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Editorial 31 May 2023
DRC: Inyeshyamba za RUD-URUNANA zageze mu birindiro byazo ari impehe, zibara inkuru mbi y’ibyo zaboneye mu Rwanda

DRC: Inyeshyamba za RUD-URUNANA zageze mu birindiro byazo ari impehe, zibara inkuru mbi y’ibyo zaboneye mu Rwanda

Editorial 09 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa
Mu Rwanda

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Editorial 04 Jun 2016
Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?
INKURU NYAMUKURU

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Editorial 20 Jul 2019
Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.
Amakuru

Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.

Editorial 02 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru