• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe

Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe

Editorial 21 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura uheruka gukurwa ku buyobozi bwa Polisi ya Uganda, yagarutse ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani ahamagajwe n’igisirikare, aho abenshi bahamyaga ko afunzwe, bategereje igihe azagerezwa imbere y’ubutabera.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo NBS yo muri Uganda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umunyamategeko wa Gen Kayihura, Jet Tumwebaze, yavuze ko uyu musirikare mukuru ameze neza nubwo atorohewe n’ibinyoma byinshi biri kunyura mu itangazamakuru.

Yagize ati “Twamusuye inshuro nyinshi mu Kigo cya Gisirikare cya Makindye, bamuhaye inzu ifite aho kurara n’uruganiriro, ntabwo afunzwe. Nta cyaha na kimwe aramenyeshwa ko akurikiranyweho. Uyu mugabo ni umwere ku byaha byose.”

Tumwebaze yanavuze ko Gen. Kayihura nta nyandikomvugo n’imwe yakoreshejwe ndetse ngo ntiyigeze anahatwa ibibazo n’igisirikare ku byaha byose bikomeza guhwihwiswa mu itangazamakuru.

Ibinyamakuru binyuranye bivuga ko ari gukorwaho iperereza ku byaha bikomeye birimo ubugambanyi, kurema umutwe witwaje intwaro hagamijwe kugirira nabi ubutegetsi n’ibindi.

Tumwebaze yavuze ko ariko yizeye ko igisirikare, umunsi cyabishatse kizamenyesha abaturage ibintu byinshi ku biri kuba.

Yanagarutse ku gikorwa cyo gusaka urugo rwa Gen. Kayihura cyabaye mu cyumweru gishize, ashimangira ko nta kintu kigize icyaha na kimwe basanze iwe.

Yakomeje agira ati “Ibyabonywe mu nzu ye ni ibintu bisanzwe mu rugo rwa jenerali, nta n’imbunda bahasanze. Ibivugwa mu itangazamakuru byose ni ibinyoma.”

“Kuba waba umaze imyaka 33 ukorera igisirikare, kuguhamagaza ntabwo byagukangaranya. Gen. Kayihura ni umwere ku byaha byose itangazamakuru rikomeza kumwitirira.”

Umugore we, Angela Kayihura, ku wa Mbere nawe yasohoye itangazo ashimangira ko umuryango wahawe umwanya uhagije wo kumusura hamwe n’abanyamategeko babo bo mu kigo Kampala Associated Advocates.

Gen. Kayihura yayoboye Polisi ya Uganda imyaka igera kuri 13 ndetse ni nawe wamaze kuri uwo mwanya igihe kinini kurusha abandi, ariko muri Werurwe Perezida Museveni yamusimbuje Okoth Ochola wari umwungirije.

Ku wa 12 Kamena 2018 nibwo yasabwe kwitaba Umuyobozi Mukuru wa UPDF Gen. David Muhoozi ku cyicaro gikuru cy’ingabo i Mbuya. Kajugujugu yoherejwe kumuzana ariko ubwo yahageraga, Gen. Kale yari yagiye i Mbarara maze ihita igaruka ku birindiro by’ingabo zo mu kirere bya Entebbe.

Ku munsi wakurikiyeho nibwo iyo Kajugujugu yasubiye kumuzana, imugejeje i Kampala ntihongera gutangazwa amakuru ye, ku buryo abenshi bahamyaga ko afunzwe.

2018-06-21
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Editorial 29 Aug 2023
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Editorial 05 Nov 2022
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Editorial 06 Jun 2018
Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo

Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo

Editorial 23 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame
POLITIKI

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Editorial 09 Jul 2018
General Aloys Nzabampema uyoboye FNL irwanya Leta y’ u Burundi, yarusimbutse
ITOHOZA

General Aloys Nzabampema uyoboye FNL irwanya Leta y’ u Burundi, yarusimbutse

Editorial 13 Apr 2019
U Rwanda rwamaganye  raporo ya Human Rights Watch igamije  Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Editorial 28 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru