Nyuma y’amezi hafi umunani havugwa byinshi ku gucyekwa ko yaburiwe irengero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Claudine Mukamana, umugore wa Col. Protogène Ruvugayimikore uzwi cyane ku izina rya Ruhinda Gaby wo muri FDLR, yongeye kugaragara atari mu buhungiro cyangwa mu buroko, ahubwo ari mu Rwanda, igihugu umugabo we yamaze imyaka myinshi arwanya.
Ibi byatunguye benshi bari barakwirakwije amakuru ko yaba yarashimuswe n’ingabo za M23. Ariko ukuri kwaje kumenyekana: Mukamana n’umuryango we binjiye mu Rwanda ku bushake, ndetse kuva icyo gihe bari gufashwa n’inzego zibishinzwe kugira ngo bongere bubake ubuzima bushya mu mahoro.
Ibi bishyize akadomo ku nkuru nyinshi z’ubushinyaguzi n’amakuru atari yo byakwirakwijwe nyuma y’urupfu rwa Col. Ruhinda — umwe mu bayobozi bakomeye mu mateka ya FDLR, umutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukaba umaze imyaka myinshi utera abaturage b’inzirakarengane mu burasirazuba bwa Kongo.
Mu kwezi kwa Werurwe 2025, umukobwa witwa Nadine Kasinge, wibera muri Canada, yatangaje ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter) ko “umuryango wa Claudine Mukamana” washimuswe n’ingabo za RDF cyangwa M23 muri Goma.
Yanditse ati: “Ku cyumweru, tariki ya 9 Werurwe, umuryango w’impunzi z’Abanyarwanda washimuswe mu rugo rwabo muri Goma n’abasirikare ba RDF/M23. Nyuma yo gusaka urugo, bafunze inzu ndetse baburira abaturanyi kutazongera kuhatemberera.”
Iyi nkuru yakwirakwijwe cyane n’imbuga zishyigikiye FDLR ndetse n’ibigarasha. Hari abavuze ko Mukamana yishwe, abandi bavuga ko afungiwe mu Rwanda byose bidafite gihamya.
Protogène Ruvugayimikore, uzwi nka Col. Ruhinda Gaby, yavukiye mu cyahoze ari Komine Karago (ubu ni mu Karere ka Nyabihu) mu 1970. Yize muri Gihira na Kibisabo, aza kuba umwarimu n’umutekinisiye mu bworozi mbere y’uko ajya mu gisirikare cyari gishinzwe Jenoside mu 1994. Nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside, yarahungiye muri Zayire (ubu ni RDC) ajyana n’abandi basirikare ba EX-FAR n’Interahamwe. Aho ni ho yinjiriye mu mitwe yitwaga ALIR nyuma ikaba FDLR.
Mu myaka yakurikiyeho, Ruhinda yabaye umwe mu bayobozi bakomeye ba FDLR, ayobora imitwe y’ingabo ikomeye nka CRAP (Commando de Recherche et d’Action en Profondeur), izwiho ibikorwa byo gutera no gutoteza abaturage mu burasirazuba bwa Kongo.
Yashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano na Loni mu 2023, kubera uruhare rwe mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere, harimo no gutegeka igitero cyo kurasa ibisasu byarohamye ku Rwanda muri Kamena 2022.
Col. Ruhinda yapfuye mu Ukuboza 2023, mu mirwano hagati ya FARDC na M23 mu Territoire ya Masisi, Kivu ya Ruguru. Urupfu rwe rwasize ishyanga FDLR ricitse intege. Nyuma y’urupfu rwe, inkuru nyinshi zatangiye kuvuga ko “umuryango wa Ruhinda uri guhigwa n’u Rwanda”. Iyo nkuru y’ubushinyaguzi yaje gufata indi ntera ubwo Kasinge yatangazaga ko “abashimuswe” ari abagore n’abana ba Ruhinda.
Nyamara, ukuri ni uko Mukamana ubwe yafashe icyemezo cyo gusohoka muri Kongo nyuma y’imyaka myinshi yo kubaho mu bwoba, nyuma yo kubura umugabo we. Yakomeje urugendo rwe n’abana barindwi ndetse n’umwuzukuru muto kugeza ageze mu Rwanda, aho yakiriwe neza.
Uyu munsi, Claudine Mukamana n’umuryango we batuye mu Rwanda mu mahoro, babanye n’imiryango bari baraheranye imyaka irenga 30.
Abamukunda bavuga ko ari umugore wishimye kandi ufite amahoro mu mutima, ugereranya ubuzima bwe bushya n’ibisubizo byo gusenga kwinshi.
Ati: “Hashize amezi menshi ntumva amasasu. Ni ubwa mbere mu buzima bwanjye mbayeho gutya. Aha ni amahoro. Abana barishimye, biga, kandi bagira inshuti. Nta gutinya, nta guhunga. Mfitanye amahoro n’ibyo ntekereza.”
Mukamana avuga ko yahunze u Rwanda mu 1994, afite imyaka 12, ajya mu ngabo z’abahoze ari EX-FAR. Yaje gushakana na Ruhinda mu 2001, igihe yari afite imyaka 19. Mu FDLR, ngo abashaka barahanwaga bikomeye Ruhinda ngo yakubiswe inkoni 300 kubera kurenga ku mabwiriza yo kudashaka abagore.
Nyuma yaho, Mukamana yabaye mu duce twa Rutshuru no muri Goma, aho yibereye mu buzima busanzwe kugeza M23 ifashe ako karere.
Ati: “Nari naramaze igihe nifuza kujya mu Rwanda, ariko nari ntinya FDLR. Nyuma y’urupfu rw’umugabo wanjye, natekereje ko igihe kigeze cyo gutaha.”
Urupfu rwa Col. Ruhinda rwarangije akaga ko kuba mu mashyamba no mu ntambara mu myaka isaga 30 ku muryango wa Ruhinda. Ubu, umuryango we uratekanye mu Rwanda.




