• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Editorial 12 Sep 2018 ITOHOZA

Abunganira mu mategeko uruganda rukora itabi rw’umuryango wa Assinapol Rwigara barasaba ko uru ruganda rutahezwa mu rubanza ikigo cy’imisoro kiregamo abanyamigabane barwo.

Ikigo cy’imisoro kirega abanyamigabane ko bacunze nabi uruganda rukora itabi rwa Premier Tobacco Company bigatuma inanirwa kwishyura imisoro.

Gusa abahagarariye uru ruganda bo bagasanga nta kuntu rwahezwa mu rubanza kandi na rwo rufite inyungu muri iki kibazo.

Muri uru rubanza ikigo cy’imisoro gikurikiranye abari abanyamigabane mu ruganda rukora itabi Premier Tobacco Company (PTC) rw’umuryango wa Assinapol Rwigara.

Abanyamigabane barezwe barimo abo mu muryango wa Rwigara nk’umugore we Adeline Rwigara ndetse n’umwe mu bana be Anne Rwigara.

Ku rutonde rw’abaregwa harimo kandi n’umunyemari ndetse n’ikigo cy’ubucuruzi bakomoka mu gihugu cya Kenya.

Baregwa kuba baracunze nabi umutungo w’uruganda bigatuma rudashobora kwishyura imisoro ibarirwa muri miliyari 6 z’Amafranga y’u Rwanda.

Mbere yuko urubanza rukomeza uburanira abaregwa ari nawe uburanira uruganda, umunyamategeko Rwagatare Janvier, yasabye urukiko ko uruganda rwa PTC na rwo rugomba guhamagazwa mu rubanza.

Uyu munyamategeko avuga ko uruganda ari rwo rwa mbere ruregwa kutishyura imisoro bityo ko kuruheza byasa no kuruburanisha rudahari. Ikindi uyu munyamategeko avuga ni uko uruganda rutanze kwishyura imisoro ahubwo ko rutigeze rwemera ingano y’iyo rwategetswe kwishyura n’uburyo yabazwemo.

Ababuranira ikigo cy’imisoro ariko bo bavuga ko uruganda Premier Tobacco Company batagomba kwitiranywa n’abayishoyemo imari. Muri uru rubanza bakavuga ko hagomba kwitaba gusa abashoramari kuko nta nyungu babona uruganda ubwarwo rwagira mu rubanza rw’abanyamigabane.

BBC yakurikiranye iby’iri burana, itangaza ko izi mpaka zarangiye urubanza rudakomeje, ababuranyi bategekwa kugaruka ku itariki ya 25 z’uku kwezi.

Icyo gihe umucamanza azatangaza icyemezo gihamagaza uruganda mu rukiko cyangwa se yemeze niba abanyamigabane bagomba gukomeza gukurikiranwa bonyine muri iki kirego.

Uru ni rumwe mu manza nyinshi zishyamiranije ikigo cy’imisoro n’umuryango wa Rwigara kubera imisoro ibarirwa muri miliyari 6 , uruganda rukora itabi rwawo rushinjwa ko rwanze kwishyura.

Kugeza ubu hamaze kugurishwa muri cyamunara itabi ryari mu bubiko bw’uruganda ndetse n’imashini zifashishwaga mu gukora itabi byose bimaze kwinjiza amafranga angana na miliyari 2 na miliyoni 200.

Gusa aya aracyari macyeya cyane ugereranije n’ingano y’umusoro ikigo kiyikusanya kivuga ko itishyuwe n’uruganda PTC.

Mu gihe imitungo y’uruganda yose isa n’imaze kugurishwa, hakwibazwa aho miliyari zikabakaba 4 zisigaye zizaturuka. Birashoboka ko abanyamigabane baregwa gucunga nabi umutungo w’uruganda bategekwa kwishyura mu gihe urukiko rwaba rubahamije uruhare mu mpamvu zatumye rudatanga imisoro.

2018-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Editorial 29 Jun 2021
Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Editorial 26 May 2017
Nguwo Seyoboka  utegerejwe i Kigali ngo abo yiciye bose bahabwe ubutabera

Nguwo Seyoboka utegerejwe i Kigali ngo abo yiciye bose bahabwe ubutabera

Editorial 17 Nov 2016
Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Editorial 19 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. KATSIBWENENE
    September 13, 201810:19 am -

    Uri kwirebera mu mazi, urasaba nde? Genda Rwanda uratengamaye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal
Amakuru

Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal

Editorial 05 Nov 2024
RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba
HIRYA NO HINO

RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

Editorial 19 Sep 2018
Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye
Mu Rwanda

Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye

Editorial 10 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru