• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Editorial 17 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki 17 Kamena 2022, ahashyira saa 08h30, umusirikari wa Kongo yamaze guhaga urumogi maze agaba igitero mu Rwanda, ndetse akomeretsa abapolisi babiri bari hafi
y’umupaka wa Kongo n’u Rwanda.

Nyuma yo kurasa urufaya rw’amasasu agamije kwica abantu benshi, dore ko yarasaga avuga mu ijwi riranguruye ngo”reka ndase izi mbwa z’Abanyarwanda”, abapolisi b’u Rwanda baje kwitabara, maze icyo cyihebe kihasiga agatwe. Cyiciwe muri metero 25 cyamaze kwinjira mu Rwanda no kuvogera ubutaka bwarwo.

Leta y’u Rwanda yahise isaba Itsinda ry’Ingabo Mpuzamahanga rishinzwe Kugenzura Umutekano ku Mupaka w’Ibihugu byombi gukora iperereza, hanyuma ahagana saa sita z’amanywa umurambo w’uwo musirikari ushyikirizwa Kongo.

Ubwo imodoka itwaye umurambo yageraga mu mujyi wa Goma yakirijwe induru y’insoresore nazo zahaze ibiyobyabwenge, zaririmbaga ko uwo musirikari ari”intwari”. Bamushimiraga ko yiyahuye agakora mu
jisho ry’intare, nk’aho byamuguye neza. Muri Kongo ntibazi ko kwiyahura ari ubugwari, kuko uwiyahuye aba yananiwe guhangana n’ibibazo.

Mu bavuzaga induru hongeye kugaragaramo Umunyarwanda Josué Kabanza, uba i Goma akaba adasiba hafi y’umupaka w’u Rwanda, mu myigaragambyo yo gutuka u Rwanda na Perezida warwo. Yihinduye Umunyekongo mu rwego rwo kuyobya uburari, ndetse akaba n’umwe mu bashishikariza Abanyekongo kurimbura Abatutsi bo muri icyo
gihugu.Uyu Kabanza akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, akaba mwishywa wa Joseph Nzirorera, umujenosideri waguye muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga rwa Arusha. Nta gitangaje rero ko Josué Kabanza yabatwa n’ingengabitekerezo ya jenoside, dore ko ari n’umuyoboke ukomeye w’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.

Hagati aho ariko iraswa ry’umusirikari wa Kongo ntiryabujije Abanyekongo gukomeza kwambuka ari benshi baza guhahira mu Rwanda. Hari bamwe muri bo baganiriye n’itangazamakuru, bavuga ko nta kibazo na kimwe bigeze bagirira mu Rwanda kuva ubushyamirane bwakubura,ndetse basaba bagenzi babo b’Abanyekongo kureka
ubushotoranyi bukorerwa Abanyarwanda, n’ubwicanyi bwibasiye cyane Abatutsi bo muri Kongo.

Amakuru dufitiye gihamya aravuga ko inkorabusa zirirwa zitera amabuye mu Rwanda ziba zahawe amafaranga n’abategetsi ba Kongo, abamotari bagahabwa lisansi y’ubuntu ngo bazenguruke umunsi wose mu bikorwa bitagize icyo bibamariye.Twashoboye kumenya ko no mu mujyi wa Bukavu kuri uyu wa gatanu nabo biriwe mu kaduruvayo ngo barigaragambya, ariko abazi neza ibyo muri Kongo bakavuga ko biba ari n’uburyo bwo gukurura akavuyo ngo babone uko bisahurira. Nyamara ibi bisazi by’Abanyekongo bishobora kubabyarira amazi nk’ibisusa!

2022-06-17
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Editorial 08 Nov 2017
Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko  [ Yavuguruwe ]

Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Editorial 08 Apr 2017
Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Editorial 23 Jan 2018
Nibarize Ingabire Victoire

Nibarize Ingabire Victoire

Editorial 21 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi w’umunya Afurika y’Epfo, Costa Titch wakunzwe cyane mu njyana y’Amapiano yitabye Imana aguye ku rubyiniro
Amakuru

Umuhanzi w’umunya Afurika y’Epfo, Costa Titch wakunzwe cyane mu njyana y’Amapiano yitabye Imana aguye ku rubyiniro

Editorial 12 Mar 2023
Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16
Amakuru

Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Editorial 10 May 2022
Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 29 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru