• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umutekano ni inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye-Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba

Umutekano ni inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye-Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba

Editorial 29 Apr 2016 Mu Mahanga

​Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba, Mukandasira Caritas yabwiye abatuye mu karere ka Nyabihu ko umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye, bityo abasaba kugira uruhare mu kuwubungabunga.

Ibi yabibakanguriwe ku itariki 27 Mata mu nama we n’abandi bayobozi b’inzego zitandukanye bagiranye n’abaturage bo mu mirenge ya Jomba, Muringa, Rurembo, Rambura, na Karago.

Mukandasira yabwiye abo baturage ko umutekano muri rusange wifashe neza, ariko abasaba kutirara; ahubwo bagakomeza kugira uruhare mu kuwubungabunga, kandi bagaha inzego zibishinzwe amakuru yatuma hakumirwa ikintu gishobora kuwuhungabanya.

Yababwiye ati:”Umutekano uhatse byose kubera ko aho utari nta terambere rirambye rishobora kuhaba. Polisi nti yabona umupolisi ishyira kuri buri rugo. Ni yo mpamvu uruhare rwa buri wese ari ngombwa kugira ngo dufatanye kuwusigasira.”
Yabakanguriye kwitabira gahunda za Leta nk’umuganda ngarukakwezi, no gukora amarondo neza kugira ngo babashe kuburizamo ibikorwa bishobora guhungabanya ituze ryabo.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi ntara, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bértin Mutezintare yabwiye abo baturage ati:”Buri wese akwiye kugira uruhare mu kwicungira umutekano kubera ko ingaruka z’ihungabana ryawo zigera ku bantu batari bake. Murasabwa kwirinda no kurwanya ikintu cyose gishobora kubangamira ituze ryanyu ndetse n’iry’abandi muri rusange.”

Yagize ati:”Kudakora neza amarondo ni uguha icyuho umuntu ushaka gukora ibyaha. Mukwiye kuyakora neza, kandi nimugira umuntu mubona mu midugudu yanyu mukamugiraho amakenga, mujye mubimenyesha inzego zibishinzwe kugira ngo zikurikirane ibye mu maguru mashya.”

ACP Mutezintare yakomeje abwira abo baturage ati:”Mukora ibikorwa bibateza imbere kubera ko mu gihugu hari umutekano usesuye. Murasabwa kudahishira umuntu ushaka kuwuhungabanya; kabone niyo yaba ari umuvandimwe cyangwa inshuti yanyu kubera ko ubikoze aba abaye umufatanyacyaha. ”

Yasoje abasaba kwirinda ibyaha aho biva bikagera, kandi bagaha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe amakuru yatuma bikumirwa, kandi yatuma hafatwa ababikoze ndetse n’abafite imigambi yo kubikora.

Abandi babakanguriye kwirinda ikibi no kugira uruhare mu kukirwanya harimo Umuyobozi w’Ingabo muri iyi ntara, Maj. Gen. Mubaraka Muganga, n’umuyobozi w’aka karere, Uwanzwenuwe Theoneste.

RNP

2016-04-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ari mu gihugu cya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi

Perezida Kagame ari mu gihugu cya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi

Editorial 23 Feb 2022
Umuganga mu Karere ka Ngoma yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana

Umuganga mu Karere ka Ngoma yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 05 Sep 2016
Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Editorial 15 Jun 2021
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Editorial 12 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 04 May 2023
CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8
IMIKINO

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Editorial 05 Jul 2019
Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi
Amakuru

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Editorial 28 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru