• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 18 May 2017 Mu Rwanda

Muri gahunda yo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu karere ka Kicukiro , kuwa kabiri tariki ya 16 Gicurasi Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere, bakoreye ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana abaturage barenga 1900 bo mu mirenge 6 igize Kicukiro.

Imirenge yatangiwemo ubu bukangurambaga ni Gatenga, Nyarugunga, Gahanga, Kagarama, Gikondo naKigarama.

Ku rwego rw’akarere, bwatangiwe mu murenge wa Nyarugunga akagari ka Nonko, bitangwa n’umuyobozi w’aka karere Dr Nyirahabimana Jeanne, afatanyije n’umuyobozi wa Polisi muri aka karere Superintendent of Police (SP) Nkeramugaba sano.

Umuyobozi w’akarere yabwiye abaturage ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bisaba ubufatanye no guhuza ibikorwa, kandi buri muturage akabigiramo uruhare.

Yababwiye ko mu Rwanda ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigaragaza mu buryo bwinshi, ariko ubukunze kugaragara ari 4.

Yaravuze ati:”Mu Rwanda hakunze kugaragara ihohoterwa rikorewe ku gitsina ririmo gufata ku ngufu cyangwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, ihohoterwa rikomeretsa umubiri, irikomeretsa umutima n’irishingiye ku mutungo.”

Kuri buri cyiciro cy’ihohoterwa yagiye abasobanurira uko rikorwa n’ingaruka yaryo.

Yababwiye kandi anabasobanurira zimwe mu mpamvu zishobora gutera ihohoterwa rishingiye ku gitsina zirimo ubukene, ubujiji, umuco n’ibindi.

-6645.jpg

Kicukiro: Dr Nyirahabimana Jeanne

Asoza yasabye buri muturage kugira uruhare mu kurirwanya aho yavuze ati:”Kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ntibigomba guharirwa Polisi n’izindi nzego gusa, ahubwo bikwiriye kuba ibya buri wese kuko ibyo byaha bihungabanya ituze ry’abantu muri rusange.”

SP Nkeramugaba yababwiye ihohoterwa rishingiye ku gitsina Rishobora gukorwa n’ibitsina byombi, aha akaba yarabahaye urugero rw’umugabo cyangwa umugore ubuza uburenganzira ku mutungo uwo bashakanye, cyangwa kumuhoza ku nkeke.

Yanababwiye ko ingaruka zaryo zitagera k’uwarikorewe gusa, ko n’uwarikoze ndetse n’imiryango yabo zibageraho.

Yarababwiye ati:”Uwakoze ihohoterwa rishingiye ku gitsina arafungwa kandi agacibwa ihazabu, akaba atagikoreye umuryango we, naho uwarikorewe rimutera ihungabana , ndetse n’ibindi. Murumva ko impande zombi zigerwaho n’ingaruka mbi zaryo, ikaba ari yo mpamvu buri wese akwiriye kuryirinda kandi akarirwanya yivuye inyuma.”

SP Nkeramugaba yabasabye kandi kujya bihutira kugeza imiryango ibanye nabi kuri Polisi ibegereye cyangwa ku zindi nzego z’ubuyobozi bw’ibanze kugira ngo ibibazo byayo bishakirwe umuti.

Yasoje abaha nomero za telefone za Polisi batangiraho amakuru ajyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, arizo: 112, 3512, na 3029.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho ingamba zo gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina zirimo ishyirwaho ry’ ishami rishinzwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana (Anti Gender -Based Violence and Child Protection Directorate), gushyira ibigo Isange One Stop Centres mu bitaro 45 by’uturere, biha ubufasha abahohotewe mu by’ ubuvuzi, ubutabera ndetse n’ ubujyanama kandi byose bakabihabwa ku buntu.

RNP

2017-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Editorial 17 Aug 2017
Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo  kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2017
Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Editorial 11 May 2017
RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

Editorial 24 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamanzi Emery yagizwe ‘Team Manager’ w’Amavubi asimbuye Rutayisire Jackson uherutse kwegura
Amakuru

Kamanzi Emery yagizwe ‘Team Manager’ w’Amavubi asimbuye Rutayisire Jackson uherutse kwegura

Editorial 23 May 2023
Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa
POLITIKI

Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Editorial 10 Jan 2020
#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari  ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali
Mu Rwanda

#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali

Editorial 18 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru