• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Editorial 21 Dec 2018 UBUKUNGU

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere, UNDP, ryahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga miliyoni 893 Frw, azafasha mu kurwanya ubukene mu turere umunani dufite ikibazo kurusha utundi.

Amasezerano y’ubufatanye buzatangwamo iyi nkunga yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu, hagati ya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase n’Uhagarariye mu Rwanda Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP), Stephen Rodriques.

Minisitiri Prof. Shyaka yavuze ko iyi nkunga izanifashishwa mu gukemura ibindi bibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

Yagize ati “Iyi nkunga irareba twa turere turi mu bukene bwinshi, uturere dufite intege nkeya akenshi usanga harimo n’ikibazo cy’imiriri mibi n’abakene benshi badafite aho kuba hasa neza n’ibindi bibazo.”

Uturere tuzafashwa ni Burera, Gicumbi, Gisagara, Huye, Nyaruguru, Ngororero, Nyamasheke na Rutsiro.

Prof. Shyaka yakomeje avuga ko muri utwo turere dufite ubukene bwinshi bishoboka ko no mu bayobozi batwo hari ikibazo cy’ubushobozi, mu bizibandwaho hakazabamo no kubaka ubushobozi bw’inzego z’ibanze.

Umuyobozi wa UNDP mu Rwanda, Stephen Rodriques, yavuze ko bizeye ko iyi nkunga izahindura imibereho n’ubuzima bw’abanyarwanda bo mu turere izakoreshwamo.

Ati “Twizeye ko izunganira gahunda zari zihasazwe zo kuzana impinduka mu mibereho n’iterambere ry’abanyarwanda, izafasha kandi kubaka ubushobozi bw’abaturage ndetse n’ubw’abayobozi mu nzego z’ibanze kugira ngo bazashobore gutanga serivisi nziza.”

Raporo ya gatanu ku mibereho y’ingo mu Rwanda yakozwe muri uyu mwaka, igaragaza ko ikigero cy’ubukene hagati y’umwaka wa 2016 – 2017 na 2013 – 2014 cyagumye hamwe kuko cyazamutseho ibice 0.9% gusa.

Yererekana kandi ko urugero rw’ubukene ruri kuri 38.2% mu gihe mbere y’umwaka wa 2013 – 2014 rwari kuri 39.1%.

Umuyobozi w’ikigo cy’ibarurishamibare Yussuf Murangwa avuga ko 70% y’impamvu zitera ubukene mu bice byinshi ari ibiribwa bidahagije n’ibiciro bihanitse.

Amasezerano y’ubufatanye buzatangwamo iyi nkunga yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase n’Uhagarariye UNDP mu Rwanda, Stephen Rodriques.

Impande zombi zishyira umukono ku masezerano y’ubufatanye

2018-12-21
Editorial

IZINDI NKURU

I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

Editorial 20 Feb 2018
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Editorial 24 Sep 2025
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Editorial 12 Jul 2018
MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

Editorial 26 Feb 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Umurungi alice
    December 21, 20184:05 pm -

    Kwigira nibyo dushyize imbere. Iyo mfashanyo ije ite? Ni agasuzuguro rwose!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM
INKURU NYAMUKURU

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Editorial 01 Jun 2018
Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire
HIRYA NO HINO

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Editorial 10 Oct 2018
Kenya yatwaye igikombe cya Afurika cy’Abagore muri Volleyball, u Rwanda rusoza ku mwanya wa kane
Amakuru

Kenya yatwaye igikombe cya Afurika cy’Abagore muri Volleyball, u Rwanda rusoza ku mwanya wa kane

Editorial 25 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru