• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Ubwanditsi 21 Dec 2018 UBUKUNGU

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere, UNDP, ryahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga miliyoni 893 Frw, azafasha mu kurwanya ubukene mu turere umunani dufite ikibazo kurusha utundi.

Amasezerano y’ubufatanye buzatangwamo iyi nkunga yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu, hagati ya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase n’Uhagarariye mu Rwanda Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP), Stephen Rodriques.

Minisitiri Prof. Shyaka yavuze ko iyi nkunga izanifashishwa mu gukemura ibindi bibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

Yagize ati “Iyi nkunga irareba twa turere turi mu bukene bwinshi, uturere dufite intege nkeya akenshi usanga harimo n’ikibazo cy’imiriri mibi n’abakene benshi badafite aho kuba hasa neza n’ibindi bibazo.”

Uturere tuzafashwa ni Burera, Gicumbi, Gisagara, Huye, Nyaruguru, Ngororero, Nyamasheke na Rutsiro.

Prof. Shyaka yakomeje avuga ko muri utwo turere dufite ubukene bwinshi bishoboka ko no mu bayobozi batwo hari ikibazo cy’ubushobozi, mu bizibandwaho hakazabamo no kubaka ubushobozi bw’inzego z’ibanze.

Umuyobozi wa UNDP mu Rwanda, Stephen Rodriques, yavuze ko bizeye ko iyi nkunga izahindura imibereho n’ubuzima bw’abanyarwanda bo mu turere izakoreshwamo.

Ati “Twizeye ko izunganira gahunda zari zihasazwe zo kuzana impinduka mu mibereho n’iterambere ry’abanyarwanda, izafasha kandi kubaka ubushobozi bw’abaturage ndetse n’ubw’abayobozi mu nzego z’ibanze kugira ngo bazashobore gutanga serivisi nziza.”

Raporo ya gatanu ku mibereho y’ingo mu Rwanda yakozwe muri uyu mwaka, igaragaza ko ikigero cy’ubukene hagati y’umwaka wa 2016 – 2017 na 2013 – 2014 cyagumye hamwe kuko cyazamutseho ibice 0.9% gusa.

Yererekana kandi ko urugero rw’ubukene ruri kuri 38.2% mu gihe mbere y’umwaka wa 2013 – 2014 rwari kuri 39.1%.

Umuyobozi w’ikigo cy’ibarurishamibare Yussuf Murangwa avuga ko 70% y’impamvu zitera ubukene mu bice byinshi ari ibiribwa bidahagije n’ibiciro bihanitse.

Amasezerano y’ubufatanye buzatangwamo iyi nkunga yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase n’Uhagarariye UNDP mu Rwanda, Stephen Rodriques.

Impande zombi zishyira umukono ku masezerano y’ubufatanye

2018-12-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Ubwanditsi 14 Jan 2020
Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Umurungi alice
    December 21, 20184:05 pm -

    Kwigira nibyo dushyize imbere. Iyo mfashanyo ije ite? Ni agasuzuguro rwose!

    Subiza

Leave a Reply to Umurungi alice Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije
UBUKERARUGENDO

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Rusizi: Abasirikare b’u Burundi barashe Umunyarwanda
Mu Mahanga

Rusizi: Abasirikare b’u Burundi barashe Umunyarwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona
Amakuru

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 03 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru