• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Editorial 16 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwa Bruxelles rwemeje ko kuba u Bubiligi bwaravanye ingabo zabwo mu birindiro zarimo muri ETO Kicukiro, byari umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye, ntaho bihuriye n’itegeko ryaba ryaratanzwe n’igihugu zikomokamo.

Guhera ku wa 2 Werurwe 2018, uru rukiko rwatangiye kumva urubanza ku ruhare rushinjwa Leta y’u Bubiligi rwo kuba “ntacyo yakoze” ngo batabare Abatutsi basaga 2000 biciwe muri ETO Kicukiro ku wa 11 Mata 1994.

Ni ikirego cyatanzwe n’imiryango y’Abanyarwanda barokotse Jenoside, bashinja u Bubiligi ko bwahaye ingabo zabwo itegeko ryo kuva kuri ETO hamwe na bene wabo bari bahari, zigasiga Abatutsi mu maboko y’Interahamwe.

Mu rubanza rumaze imyaka 14 guhera mu 2004, mu mwanzuro urukiko rwafashe ku wa 8 Kamena Ikinyamakuru Jeune Afrique cyabashije kunyuzamo amaso, rwemeje ko kuvana abasirikare b’Ababiligi bari mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bw’amahoro mu Rwanda (Minuar) muri École Technique Officielle (ETO) ku Kicukiro “byari inshingano za Loni, bitari mu bubasha bw’ubuyobozi bw’icyo gihugu.

Ubwo Jenoside yatangiraga, Abatutsi benshi bahungiraga muri ETO kuko hari abasirikare bagera ku 100 b’Ababiligi bafite n’intwaro zikomeye, bizera ko wenda bazabarinda ibitero by’Interahamwe zabaga zishaka kubica.

Gusa izo ngabo zahawe amabwiriza yo kujya ku kibuga cy’indege gutera ingabo mu bitugu Opération Silver Back yatangiye ku wa 10 Mata, igamije gucyura abanyamahanga bari mu Rwanda by’umwihariko Abafaransa n’Ababiligi.

Ni umwanzuro ariko wagaragaye nk’ushingiye ku itegeko ryatanzwe na Leta y’u Bubiligi yari imaze gupfusha abasirikare 10 barindaga Minisitiri w’Intebe, Uwiringiyimana Agathe.

Ahagana saa saba kuwa 11 Mata nibwo basohotse muri ETO, Abatutsi barabingiga ngo be kubasiga bonyine kugeza ubwo baryamye imbere y’imodoka zabo ariko biba iby’ubusa. Babisikanye n’Interahamwe n’ingabo za leta y’icyo gihe, binjira batera amagerenade, banarasa bagambiriye kurimbura Abatutsi bagera ku 2000 bari bahahungiye.

Urukiko rwari rwararegewe ngo rugaragaze ukwiye kubazwa uku gutererana Abatutsi kwatikije ubuzima bw’ibihumbi ubwo izi ngabo z’Ababiligi zari zimaze kuvanwa muri ETO, ngo habeho no gutanga indishyi ku wabikoze.

Uyu mwanzuro w’urukiko uvuga ko nta muyobozi w’u Bubiligi cyangwa guverinoma y’icyo gihugu waba yaratanze itegeko ryo kuhavana ingabo.

Mu batanze ikirego barimo Umuryango wa Boniface Ngulinzira wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda hagati ya 1992 na 1993 akaba n’umwe mu bagize uruhare mu kunoza amasezerano ya Arusha yashyizweho umukono muri Kanama 1993, nawe wishwe ingabo z’Ababiligi zimaze kuva muri ETO.

Urwo rukiko rwanagize abere abasirikare batatu bakuru bashyize mu bikorwa iryo tegeko ryo kuvana abasirikare muri ETO, barimo Colonel Luc Marchal wari umuyobozi wungirije wa Minuar, Colonel Joseph Dewez wayoboraga ingabo z’Ababiligi i Kigali na Lieutenant Luc Lemaire wari uyoboye ingabo muri ETO.

Umwanzuro w’urukiko ukomeza ugira uti “Muri icyo gihe, nta tegeko ryatanzwe na Guverinoma y’u Bubiligi cyangwa igisirikare cy’u Bubiligi risaba ingabo kuva muri ETO.”

Uru Rukiko rwahinyuje umwanzuro wariwafashe n’urukiko rwabiranishije uru rubanza mu cyiciro cya mbere, rugasomwa ku wa 8 Ukuboza 2010, rwari rwemeje ko “kuvana ingabo muri ETO byari umwanzuro w’u Bubiligi atari uwa Minuar.”

2018-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Editorial 04 Sep 2024
Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Editorial 18 Nov 2024
U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Editorial 28 Sep 2018
Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Editorial 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi
Amakuru

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Editorial 24 Jan 2025
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC
Amakuru

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Editorial 18 Nov 2021
Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa
Amakuru

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa

Editorial 11 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru