• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

Editorial 17 Aug 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Guhangana n’icyorezo cya COVID 19, mu Rwanda byasabye kubanza gusobanukirwa imiterere n’ubukana bwacyo, uruhare rwa buri wese mu kuyikumira, hanyuma buri muntu yumva neza ko agomba kwihangana no kwigomwa , byose bigaherekezwa n’imikoranire myiza hagati y’abaturage n’abayobozi. Ibi bitandukanye n’ibyo twabonye muri za Uganda n’ahandi, abaturage barwana n’abapolisi bababuzaga ingendo zitari ngombwa.

Kubera impamvu zishingiye ku ishyari no gushakira inabi Abanyarwanda, hari abanenga ingamba uRwanda rwafashe ngo rurinde abaturage barwo ndetse n’abarugenda bose. Ibi babikora bitwikiriye bimwe bagize igikangisho ngo”uburenganzira bwa muntu”, ukibaza uburenganzira bwa muntu bwaruta kumurinda icyorezo cyangwa ikindi cyahitana ubuzima bwa benshi. Keretse niba uRwanda ruzira kuba rwarahisemo gukorera mu mucyo, rugatangaza buri munsi imibare y’abanduye COVID 19, abakize, abakirwaye ndetse n’abitaba Imana. Keretse niba ruzira gushyiraho no kugenzura amabwiriza ngengamyitwarire, uyarenzeho agahanwa, ku neza ya buri wese. Icyo tuzi ni uko ku isi yose ubuyobozi bwiyubaha nk’uRwanda, butagendera ku marangamutima na politiki yo kwibonekeza, ahubwo bugendera ku nyungu rusange z’abaturage. Abakwiza amagambo ku maradiyo no ku mbuga nkoranyambaga, niba atari umugambi basanganywe wo kwangiza isura y’uRwanda, kuki tutarumva bagaya ibihugu nka Uganda bibeshya imibare y’abandura. Ibihugu nk’uBurundi bitajya bishyira ahagaragara imibare ijyanye n’iki cyorezo, bitagira ingamba zo kugikumira, kandi bishobora kwanduza abaturanyi.
Twumvise abavuga ko bakomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo(RDC), bavuga ko iyo bazanye n’indege ya Rwandair ngo bashyirwa mu kato mu mahoteli ahenze.Ibi nabyo ni ibinyoma bigamije gusebanya.Icya mbere nta gihenze kurusha amagara y’abantu, Icya kabiri iyo abageze mu Rwanda bajya gushyirwa mu kato, ntiharebwa ubwenegihugu bwabo,kuko ibi bireba n’Abanyarwanda batashye bakajya mu mahoteli ajyanye n’ubushobozi bwa buri wese. Buri wese uje mu Rwanda aba afite urutonde rw’amahoteli, ukihitiramo ikubereye. Biratangaje rero kumva ko umuturage wo muri RDC yitirirwa aya magambo, mu gihe ahubwo abenshi tuganira bavuga ko iyo bageze mu Rwanda biruhutsa kubera umutekano usesuye ugereranyije n’ibibera iwabo, cyangwa mu bindi bihugu bagendamo.

Ntabwo Abanyarwanda dukorera ijisho, cyangwa kugira undi dushimisha, ahubwo ibyo dukora byose ni mu nyungu zacu ubwacu, iz’abatugana ndetse n’iz’isi yose muri rusange. Ng’uko uko twashoboye kwishakamo ibisubizo, duhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi. Koronavirus rero nayo yasanze dusanganywe kwanga gutsindwa, disipuline yo mu rwego rwo hejuru, no kubaha ibyemezo by’ubuyobozi kuko tuzi neza ko biba bigamije inyungu za twese.


Ubu isi yose irashima uko uRwanda rwitwaye muri iki kibazo cya Koronavirusi. Ndetse ubu ruri mu bihugu 20 ku isi, byarushije ibindi guhamya ingamba zo kurwanya iki cyorezo, Mu karere ka Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, u Rwanda nirwo rwonyine rwemerewe gusubukura ingendo z’indege mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi. Mu gihe twateguraga iyi nkuru mdetse, Leta ya Israel, kimwe mu bihugu bikomera ku mutekano wabyo ku isi, yamaze kwemeza ko umuntu uzaza muri icyo gihugu avuye mu Rwanda atazashyirwa mu kato, kuko cyagenzuye kigasanga ingamba ziriho mu Rwanda zinoze, kandi zigaragarira buri wese.
Nubwo tutaratsinda urugamba, muri rusange amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi yubahirijwe ku kigero cyiza. Nta cyari kigoye nko kubahiriza gahunda ya GUMA MU RUGO, kuko bizwi ko hari benshi babona ikibatunga ari uko bavuye mu ngo zabo. Byaravunanye, ariko byarashobotse kuko Leta , mu mikoro make iba ifite, yagobotse abari bababaye kurusha abandi, ku buryo ntaho twumvise umuturage wishwe n’inzara. Ntawe udashima uburyo urubyiruko rwacu rwitanga mu gukorera ubushake(youth volunteers),kuko rwatojwe ko ari rwo mbaraga z’igihugu. Byarashobokaga ko inzego za Leta n’iz’abikorera zifunga imiryango, ariko mu bushishozi buhanitse, hafashwe ingamba zo gukoresha abantu ba ngombwa, imirimo irakomeza, abakozi ntibatakaza akazi kabatunze nk’uko byagenze mu bihugu binyuranye, birimo n’iby’ibihangange mu bukungu.
Ingamba zirimo n’izo twibwiraga ko zigoye kubera umuco wacu, nko guhoberana cyangwa duhana ibiganza, gutaha ubukwe turi benshi, gusurana, gusabana n’ibindi….zashobotse kuko imyumvire y’abaturarwanda yazamutse. Gukaraba intoki kenshi ubu twamaze kubitora, mu gihe mu bihugu duturanye nk’uBurundi, RDC, Uganda na Tanzaniya batabikozwa,Ngibyo ibyo inyangabirema zinenga uRwanda, aka wa wundi ubura icyo atuka inka , ati reba igicebe cyayo.

Abanyarwanda twamaze kumenya ko aba bose ntawe udufitiye impuhwe kurusha ubuyobozi bwacu, bushishoza, bukadushakira umuti, niyo waba usharira ariko uvura ngaho rero nimucyo Dukomeze dufatanye, tugamburuze abatwigimba, tutitaye ku baduca intege Ababaswe n’ ubugome bo nibakomeze bavuge ubusa, twe dukore, amateka azerekana ko ikibi kidatsinda icyiza.

2020-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Editorial 27 Apr 2018
Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Editorial 27 Nov 2021
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Editorial 07 Aug 2017
Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Editorial 05 May 2017
ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Editorial 27 Apr 2018
Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Editorial 27 Nov 2021
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Editorial 07 Aug 2017
Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Editorial 05 May 2017
ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Editorial 27 Apr 2018
Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Editorial 27 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru