• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Editorial 09 Jul 2018 ITOHOZA

Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu muri Uganda (ISO) rwasatse ububiko bw’ikigo cy’itumanaho cya MTN rushakisha ibimenyetso bihuha bimaze iminsi biyishinja gukwepa imisoro. MTN Uganda kandi ngo yaba inakekwaho gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.

Nk’uko byagaragaye ku mashusho ya video y’iki gikorwa, abakozi ba ISO bagaragara binjira kuri MTN muri Data Center saa 10:20 z;ijoro kuri uyu wa gatatu ushize.

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’agateganyo wa MTN, Anthony Katamba, ngo abantu bakekwaho gukorera ISO bafashe bugwate uwitwa Moses Keefa Musasizi, ukorera ikigo cya Huawei, cyahawe akazi ko gucunga  Data center, aho ngo yajyanywe ku cyicaro cy’uru rwego kuva saa 5:00 z’umugoroba kugeza saa 9:00 z’ijoro mbere yo kujyanwa kuri Data Center agategekwa gufungurira abakozi ba ISO.

Katamba avuga ko Musasizi yategetswe gufungura servers 4 muri Data center kandi byose bikaba byafashwe amashusho bikorwa.

Video ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru cyabashije kubona igaragaza abakozi ba ISO baha amabwiriza Musazizi yo kubageza kuri za servers, ndetse hakagaragara umwe mu bakozi ba ISO ava kuri server imwe ajya ku yindi mu gikorwa ngo cyamaze amasaha agera kuri abiri.

Muri servers za MTN ahabereye isaka

Biravugwa ko amadosoiye y’ingenzi yajyanywe nk’uko byemezwa na CEO w’agateganyo wa MTN Katamba uvuga ko hashobora kuba hari ibintu byarebwe binyuranyije n’amategeko ndetse hari ibyatwawe.

Ni mu gihe undi muyobozi utashatse kumenyekana avuga ko ibyo ISO yashakaga byose yabitwaye kandi bakoze kopi z’amadosiye menshi mbere yo kugenda.

Chimpreports ikaba ivuga ko uyu mukwabu kuri MTN waba watewe n’abantu bahoze bayikorera baba barasohoye amakuru. Bamwe muri aba birukanwe bashinjwa amanyanga muri mobile money ngo baregeye inzego z’umutekano bavuga ko MTN yanyereje imisoro igera kuri miliyari 367 z’amashilingi ya Uganda mu kudekarara uko abantu bagiye bahamagara.

Ikigo cya MTN gisanzwe ari kimwe mu basoreshwa bakuru muri Uganda. Bikavugwa ko inzego z’umutekano zitaba zateye iki kigo mpuzamahanga gikomeye bitahawe umugisha n’abayobozi bo hejuru b’inzego z’umutekano.

Katamba akaba avuga ko batewe batategujwe ndetse nta cyemezo cy’urwego rushinzwe gutanga uburenganzira bwo gusaka bigeze babona.

Aba bakozi ba ISO kandi ngo mu gusaka MTN bagaragaje ko iki kigo cyaba kirimo no gukorwaho iperereza ku bibazo bifitanye no guhungabanya umutekano w’igihugu nk’uko iyi nkuru i ivuga.

 

2018-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

Editorial 14 May 2019
Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Editorial 02 Jan 2019
Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Editorial 12 Mar 2016
Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Editorial 15 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Editorial 06 Dec 2019
FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen
Amakuru

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Editorial 30 Mar 2021
Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada
HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Editorial 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru