• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

Editorial 10 Oct 2018 POLITIKI

Umusesenguzi mu bya politiki wa Televiziyo Foxnews, Tucker Carlson, yatangaje ko icyo Abademokarate bashaka nta kindi kitari itsembabwoko ry’Abazungu, aho yagereranyije ibyo batangaza nk’ibyatangazwaga na Guverinoma yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, abandi basanga ntaho bihuriye kuko abademokarate atari bo bari ku butegetsi ahubwo bagasanga ashaka kwangisha Abazungu andi moko cyane cyane Abirabura n’Abayahudi.

Carlson yatanze iki kigereranyo kubera ibintu Umudemokarate, Tom Steyer yatangarije MSNBC mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ku kijyanye n’iyemerwa ry’umucamanza Kavanaugh mu rukiko rw’ikirenga.

Tom Steyer yagize ati: “Agatsiko k’abakire b’abanyabwenge  b’abazungu kashatse kubwira abasigaye mu gihugu, turaza kubyisohoramo. Kandi niba mutabishaka ibyo ni bibi cyane”

Ibi akaba yabitangarije umunyamakuru Hallie Jackson wa MSNBC, aho yakomeje agira ati: “Ku bindeba, kimwe gusa buri wese yakora, abasigaye muri Amerika, ni ukujya mu matora kuwa 06 Ugushyingo, mukabwira abo bakire b’abanyabwenge b’Abazungu ko tubaho kandi demokarasi ibaho.”

Carlson utanejejwe n’ibyatangajwe na Tom Steyer yavuze ko yakoze ikosa ryo kwirengagiza ko nawe ari umwe muri abo bazungu b’abakire iyi akaba ari impamvu abademokarate ngo batari bakwiye guhagararirwa n’abantu nka Tom Steyer.

Tom Steyer ashimangira ko Kavanaugh yashyizwe mu Rukiko rw’ikirenga n’agatsiko kagendera ku ivanguramoko mu rwego rwo guca intege andi moko y’Abanyamerika. Yavuze ko iyi ari intambara demokarasi n’andi moko y’abatuye Amerika bari gutsindwa.

Carlson akavuga ko ibi Steyer avuga ari ibintu bibi cyane bisa neza n’ibyatangazwaga n’abayobozi b’u Rwanda muri za 90.

Uru rugero rwa Carlson agereranya ibyo Steyer yavuze n’ibyatangazwaga n’abayobozi b’u Rwanda mbere ya jenoside ariko, iyi nkuru dukesha splinternews.com ivuga ko ntaho ruhuriye. Impamvu ngo ni uko abateguye jenoside bakayishyira mu bikorwa bari ku butegetsi kandi n’Abarepubulikani nabo akaba ari bo bagenzura inzego 3 zikomeye za guverinoma. Ikindi ngo ni uko jenoside yakorewe Abatutsi ifitanye isano n’amateka y’ubukoloni bwagize uruhare mu gutanya Abanyarwanda igihe kirekire.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko Carlson amaze igihe akurikirana amateka ya Afurika nyuma y’ubukoloni none akaba ari kuyakoresha mu kuyajyanisha na Jenoside y’Abazungu nk’uko ngo Abanazi bashya (neo-nazis) babikwirakwiza bashaka kwangisha abantu Abayahudi, Abirabura n’andi moko.

Harakekwa rero ko igitekerezo cya Carlson ari ukuzamura igitekerezo cy’uko Abirabura bakora ibyaha bifite aho bihuriye n’Abademokarate, bakunze kunenga ukutareshya kw’amoko, abamukurikira bakaba bashobora kubigenderaho bakumva ko Abazungu bari mu kaga muri Amerika kandi atari byo kandi ngo ni ibintu bibi cyane ku gihugu.

2018-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Icyizere ni cyose ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo ushobora gufata isura nshya

Icyizere ni cyose ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo ushobora gufata isura nshya

Editorial 27 Apr 2018
Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Editorial 03 Feb 2020
Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Editorial 09 May 2018
Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Editorial 17 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali
POLITIKI

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Editorial 15 Mar 2018
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 13 Oct 2021
Dr Rose Mukankomeje yagaramye  ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )
Mu Mahanga

Dr Rose Mukankomeje yagaramye ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Editorial 29 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru