• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe
Yasin Kawuma yishwe arashwe, Bobi Wine yavuze ko abamwishe bagize ngo ni we bahitanye

Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe

Editorial 29 Aug 2018 ITOHOZA

Nyuma y’ibyumweru bibiri Yasin Kawuma watwaraga depite Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine arasiwe mu gace ka Arua muri Uganda agapfa, umugore bari mu modoka imwe yagize icyo avuga ku iyicwa rye.

Tariki ya 13 Kanama nibwo Kawuma yishwe, igikorwa Bobi Wine waje gutabwa muri yombi nyuma agafungurwa atanze ingwate yemeza ko cyakozwe n’abashinzwe umutekano muri Uganda.

Ku nshuro ya mbere umugore uri mu kigero cy’imyaka 20 urwariye mu Mujyi wa Kampala yavuze ko yari yicaye mu ntebe y’inyuma, ubwo Kawuma yaraswaga ndetse isasu ryamunyuzemo rikamukomeretsa umutwe.

Mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor yasabwe kutavuga amazina ye n’aho arwariye.

Uyu mugore yavuze ko Kawuma atari we wari utwaye imodoka ya Bobi Wine yo mu bwoko bwa Tundra.

Undi mushoferi niwe wari wiriwe agendana n’uyu muhanzi utavuga rumwe na Perezida Yoweri Museveni; Kawuma yarashwe mu gihe uwari utwaye yari asohotse gato ubwo bari kuri hotel Pacific.

Ati “Nari nicaye ku ntebe y’inyuma n’aho Kawuma yicaye ku ntebe yegereye iya shoferi. Umushoferi yari asohotse ashyiriye Bobi cyangwa undi muntu telefoni n’ibindi bikoresho.”

Yakomeje avuga ko hari ibintu yari ari kwereka Kawuma, ako kanya yumva ikintu kimuguye mu maso, amurebye asanga yuzuye amaraso.

Yagerageje guhunga ariko abantu bambaye imyenda y’abashinzwe umutekano baramufata bamuryamisha hasi.

Ngo bagenzi babo bahise baza batangira kumukubita, undi mugore wagerageje kumutabara nawe arakubitwa kugeza ubwo bombi bataye ubwenge.

Yagaruye ubwenge abona abashinzwe umutekano bari gusohora abantu barimo n’abadepite muri hoteli we na mugenzi we bigira nk’abapfuye kugira ngo badafatwa.

Batabawe n’umugore wahoze ari umudepite wabashije gucika nyuma yo kwiyambika nk’umutetsi wa Pacific Hotel. Bajyanywe ku bitaro bya Kiryandongo biri mu bilometero 276 uvuye Arua kubera gutinya gutabwa muri yombi.

Nyuma ariko yaje gusubira kuvurirwa mu Mujyi wa Kampala, ubwo yasurwaga n’umunyamakuru akaba yarabashaga kuvuga ariko kugenda bitoroshye.

Yavuze agifite ububare ku gice cy’umutwe cyafashwe n’isasu, ndetse abona amaraso ariko atazi aho aturuka. Abaganga bamugiriye inama yo kujya gushaka inzobere ngo amenye niba ataraviriye imbere mu mubiri.

Kuva imyigaragambyo yatangira muri Uganda habarurwa abantu batandatu bishwe barashwe, abagera kuri 35 barimo Bobi Wine bari batawe muri yombi barekuwe hatanzwe ingwate.

Ni mu gihe depite Francis Zaake we akirembeye mu bitaro kubera iyicarubozo yakorewe.

2018-08-29
Editorial

IZINDI NKURU

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Editorial 28 Oct 2023
Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo  batawe muri yombi

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Editorial 10 May 2017
Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Sep 2020
Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 15 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”
Amakuru

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Editorial 07 May 2024
Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi
Mu Rwanda

Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi

Editorial 15 Jul 2017
RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere
UBUKERARUGENDO

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

Editorial 07 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru