• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Editorial 07 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Igipolisi cy’u Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru cyagaragaje abantu batanu bagize uruhare mu bitero byo kuwa Gatanu mu Karere ka Musanze byatwaye ubuzima bw’abasivili 14.

Abafashwe bavuze ko babaga mu mutwe wa FDLR kandi binjiye muri uyu mutwe banyuze muri Uganda.

Aba by’umwihariko babaga mu gice cya RUD Urunana cyitandukanyije na FDLR kikajya kwifatanya na RNC bakaba bari bahuriye muri P5.

Ubwo berekwaga itangazamakuru, uko ari batanu bavuze ko ari bamwe mu bantu 45 bari bagize ibitero byagabwe.

“Njyewe ubwanjye ninjiye muri FDLR muri Werurwe mu mwaka ushize nyuze muri Uganda aho ninjirijwe n’umuntu wari wansezeranyije kumpa akazi mu birombe bya zahabu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo,” uyu ni uwitwa Emmanuel Hakizimana w’imyaka 27, ukomoka mu Karere ka Kirehe, mu burasirazuba bw’u Rwanda.

Hakizimana yakomeje avuga ko ageze muri Congo yisanze muri FDLR agahabwa imyitozo y’amezi atatu. Yongeyeho ko igitero cyabo mu Karere ka Musanze cyateguwe n’uwiyita Major Gavana.

Ati: “Komanda wacu yari yatubwiye ko mission nyamukuru yari ukubohoza u Rwanda. Twari dufite amabwiriza yo kurasa tukica abashinzwe umutekano n’abarinda pariki kugirango bitworohere gucengera.”

Mu batawe muri yombi kandi harimo uwitwa Theoneste Habumukiza, warangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye na business. Uyu ukomoka mu Karere ka Burera, avuga ko yinjijwe muri FDLR ubwo yari akurikiranye amasomo ye ku rwego rwa masters muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

Ati: “Negerewe n’umuntu w’umukire wanshishikarije kujya muri FDLR, avuga ko nibafata igihugu bazampemba akazi gahemba neza.”

Igipolisi cy’u Rwanda cyatangaje ko cyafatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu gufata bamwe muri aba bateye mu gikorwa cyaguyemo abagera kuri 19 abandi batanu bagafatwa.

Polisi mu itangazo ryayo ikaba yavuze ko guhiga abagize uruhare muri ibi bitero bikomeje kandi umutekano wagarutse ahabereye ibyo bintu.

Polisi kandi yashimye umusanzu w’abaturage n’abayobozi b’ibanze mu guta muri yombi abafashwe.

2019-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Editorial 23 Oct 2021
Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Editorial 07 Jan 2022
BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Editorial 31 Aug 2018
Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Editorial 13 Apr 2021

Igitekerezo kimwe

  1. J. Karemera
    October 9, 20192:41 pm -

    ariko abanyarwanda baciye umugani ngo uwo umwami yahaye amata niwe wamwimye amatwi koko!

    nukuri ntabwo byumvikana umuntu wahawe bourse na leta kubera imiyoborere myiza yo kudaheza iha amahirwe abanyarwanda bose ko yahindukira akaza gusenya ibyiza nk’ibyo abanyarwanda bagezeho kuko abamutumye bahezaga mu mashuri kubera politiki yabo mbi y’irondakoko ,ironda karere n’iringaniza basize bahekuye u Rwanda n’ubu bagikomeza akabayoboka ngo bafatanye gutera u Rwanda

    ibi n’agahoma munwa kuko abo afatanyije nabo harigihe batari gutuma yiga rwose none yituye u rwanda ibyo rwamukoreye koko, nyamwanga iyo byavuye ngo yanze uwamuhayinka rwose kuko amahirwe nkaya twese nti twayabonye yakabaye uwambere gusigasira ibyo byiza byagezweho ariko jye navugako yabonye ubumenyi ariko nta bwenge yarasanganwe kuko umuntu waminuje ajyanwa nk’ihene mw’isoko ngo bamubeshye akazi keza? nuko yafashwe ahubwo ntabwo bamushutse abahungu n’abakobwa bacu bamubaze neza aravugisha ukuri

    arijuse none atwitse ikigega yewe ntituzabyemera twe turi bazima tuzayoboka umudereva(shoferi) wacu Nyakubahwa Paul Kagame murugendo rw’iterambere atubwira buri munsi kandi ntasinzira ngo adakora impanuka abanyarwanda atwaye badapfa gusa Imana imuhe kuramba rwose naho bariya ni yamiyaga ishaka gusubiza indege inyuma ariko baribeshya tuzagera iyo tujya n’indege yacu kuko abanyarwanda benshi bamenye ukuri tukaba dufatanije n’umusaza kandi ntituzacika intege turabimusezeranije twaba dutatiriye igihango rwose kuko utazi aho ava ntamenya aho ajya none urwanda rusubire muri rya curaburindi? ntibishobokaaa!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye
Amakuru

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Editorial 14 Nov 2020
Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi
INKURU NYAMUKURU

Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Editorial 03 Apr 2018
Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe
ITOHOZA

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Editorial 09 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru