• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Ubwanditsi 07 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Igipolisi cy’u Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru cyagaragaje abantu batanu bagize uruhare mu bitero byo kuwa Gatanu mu Karere ka Musanze byatwaye ubuzima bw’abasivili 14.

Abafashwe bavuze ko babaga mu mutwe wa FDLR kandi binjiye muri uyu mutwe banyuze muri Uganda.

Aba by’umwihariko babaga mu gice cya RUD Urunana cyitandukanyije na FDLR kikajya kwifatanya na RNC bakaba bari bahuriye muri P5.

Ubwo berekwaga itangazamakuru, uko ari batanu bavuze ko ari bamwe mu bantu 45 bari bagize ibitero byagabwe.

“Njyewe ubwanjye ninjiye muri FDLR muri Werurwe mu mwaka ushize nyuze muri Uganda aho ninjirijwe n’umuntu wari wansezeranyije kumpa akazi mu birombe bya zahabu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo,” uyu ni uwitwa Emmanuel Hakizimana w’imyaka 27, ukomoka mu Karere ka Kirehe, mu burasirazuba bw’u Rwanda.

Hakizimana yakomeje avuga ko ageze muri Congo yisanze muri FDLR agahabwa imyitozo y’amezi atatu. Yongeyeho ko igitero cyabo mu Karere ka Musanze cyateguwe n’uwiyita Major Gavana.

Ati: “Komanda wacu yari yatubwiye ko mission nyamukuru yari ukubohoza u Rwanda. Twari dufite amabwiriza yo kurasa tukica abashinzwe umutekano n’abarinda pariki kugirango bitworohere gucengera.”

Mu batawe muri yombi kandi harimo uwitwa Theoneste Habumukiza, warangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye na business. Uyu ukomoka mu Karere ka Burera, avuga ko yinjijwe muri FDLR ubwo yari akurikiranye amasomo ye ku rwego rwa masters muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

Ati: “Negerewe n’umuntu w’umukire wanshishikarije kujya muri FDLR, avuga ko nibafata igihugu bazampemba akazi gahemba neza.”

Igipolisi cy’u Rwanda cyatangaje ko cyafatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu gufata bamwe muri aba bateye mu gikorwa cyaguyemo abagera kuri 19 abandi batanu bagafatwa.

Polisi mu itangazo ryayo ikaba yavuze ko guhiga abagize uruhare muri ibi bitero bikomeje kandi umutekano wagarutse ahabereye ibyo bintu.

Polisi kandi yashimye umusanzu w’abaturage n’abayobozi b’ibanze mu guta muri yombi abafashwe.

2019-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Uko ibigo bibiri bya Radio byafunzwe muri Tanzania

Uko ibigo bibiri bya Radio byafunzwe muri Tanzania

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Ubwanditsi 31 Aug 2018

Igitekerezo kimwe

  1. J. Karemera
    October 9, 20192:41 pm -

    ariko abanyarwanda baciye umugani ngo uwo umwami yahaye amata niwe wamwimye amatwi koko!

    nukuri ntabwo byumvikana umuntu wahawe bourse na leta kubera imiyoborere myiza yo kudaheza iha amahirwe abanyarwanda bose ko yahindukira akaza gusenya ibyiza nk’ibyo abanyarwanda bagezeho kuko abamutumye bahezaga mu mashuri kubera politiki yabo mbi y’irondakoko ,ironda karere n’iringaniza basize bahekuye u Rwanda n’ubu bagikomeza akabayoboka ngo bafatanye gutera u Rwanda

    ibi n’agahoma munwa kuko abo afatanyije nabo harigihe batari gutuma yiga rwose none yituye u rwanda ibyo rwamukoreye koko, nyamwanga iyo byavuye ngo yanze uwamuhayinka rwose kuko amahirwe nkaya twese nti twayabonye yakabaye uwambere gusigasira ibyo byiza byagezweho ariko jye navugako yabonye ubumenyi ariko nta bwenge yarasanganwe kuko umuntu waminuje ajyanwa nk’ihene mw’isoko ngo bamubeshye akazi keza? nuko yafashwe ahubwo ntabwo bamushutse abahungu n’abakobwa bacu bamubaze neza aravugisha ukuri

    arijuse none atwitse ikigega yewe ntituzabyemera twe turi bazima tuzayoboka umudereva(shoferi) wacu Nyakubahwa Paul Kagame murugendo rw’iterambere atubwira buri munsi kandi ntasinzira ngo adakora impanuka abanyarwanda atwaye badapfa gusa Imana imuhe kuramba rwose naho bariya ni yamiyaga ishaka gusubiza indege inyuma ariko baribeshya tuzagera iyo tujya n’indege yacu kuko abanyarwanda benshi bamenye ukuri tukaba dufatanije n’umusaza kandi ntituzacika intege turabimusezeranije twaba dutatiriye igihango rwose kuko utazi aho ava ntamenya aho ajya none urwanda rusubire muri rya curaburindi? ntibishobokaaa!

    Subiza

Leave a Reply to J. Karemera Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo Museveni yifashishije u Rwanda nk’urwitwazo mu bibazo by’imbere muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Uburyo Museveni yifashishije u Rwanda nk’urwitwazo mu bibazo by’imbere muri Uganda

Ubwanditsi 11 Jun 2019
CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$
HIRYA NO HINO

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Muharanire kugira imiryango izira amakimbirane kandi ishyize hamwe-Guverineri Gatabazi
Mu Rwanda

Muharanire kugira imiryango izira amakimbirane kandi ishyize hamwe-Guverineri Gatabazi

Ubwanditsi 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru