• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Editorial 05 May 2017 ITOHOZA

Majyambere Bertin wiyemerera ko yishe Iribagiza Christine tariki ya 13 Mta 2017, avuga ko umugambi we wari ukwica abantu nibura 1000 ndetse no kuri uyu munsi yari kwica undi.

Ibi yabitangaje ubwo Polisi y’Igihugu yerekanaga abagize uruhare mu bwicanyi bubiri butandukanye harimo n’urupfu rwa Iribagiza Christine wari utuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro.

Ubundi bwicanyi bufitanye isano n’ubwo ni ubwabereye muri Gacuriro mu Karere ka Gasabo, aho uyu Majyambere na bagenzi be ngo bishe umuzamu bakiba za televiziyo.

-6421.jpg

RIP Iribagiza Christine

-6422.jpg

Kwa Iribagiza Christine umunsi yicwaho

Polisi ivuga ko Iribagiza amaze kwicwa bahise batangira iperereza ngo bamenye ababigizemo uruhare, nyuma hashize icyumweru kimwe haba ubundi bwicanyi i Gacuriro, abagenzacyaha babihuje basanga bufitanye isano.

-6419.jpg

Polisi yahise itangira iperereza k’urupfu rwa Iribagiza Christine

Majyambere wiyemerera kwica Iribagiza avuga ko yari amaze iminsi ine yonyine amaze gufungurwa nyuma y’aho arangirije ibihano by’icyaha cyo kwica murumuna we.

Yavuze ko akimara gufungurwa yasanze abantu baramutwariye imitungo, ngo asanga nta hantu ho kuba afite, bituma ashaka uburyo yazajya yica abantu akabambura n’amafaranga.

-6423.jpg

Majyambere Bertin wiyemerera ko yishe Iribagiza Christine

Ku wa 13 Mata 2017, Majyambere yabwiye mugenzi we Hassan bigeze gufungirwa hamwe muri Gereza ya Gasabo iherereye mu Murenge wa Kimironko, ko yaza akajya kumwereka ikiraka cyabaha amafaranga.

Ngo yasabye ko n’umugore wa Hassan na we yaza bakajyana. Bageze mu rugo rwa Iribagiza ngo barakomanze umuzamu arabakingurira, ahita afata amapingu ayambika wa mudamu bazanye ngo ajijisha yerekana ko ari ushinzwe iperereza uri mu kazi.

Abaza umuzamu aho nyirabuja ari, ababwira ko ari mu nzu, Majyambere ngo yamusobanuriye ko ari mu iperereza atigeze asobanura, asaba Iribagiza ibihumbi 25 by’amadorali ngo arabimwima.

Majyambere ngo yabanje kwica umuzamu, amusiga azi ko yapfuye. Nyuma ngo ahita asubira mu cyumba cya Iribagiza amunigisha ishuka yari yiyoroshe asiga amwishe. Ibi ngo yabifatanyije na Hassan, na we wiyemereye ko yamufashe amaguru.

Majyambere avuga ko umugambi we wari uwo kuzica abantu benshi ngo kuko no kuri uyu wa gatandatu yari afite gahunda yo kwica undi muntu.

Polisi ivuga ko abo bakekwaho ibyo byaha banahavuye bibye amafaranga ibihumbi 80 by’amanyarwanda imikufi y’abagore ndetse na televiziyo ntoya.

-6420.jpg

ACP Theos Badege

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege avuga ko Majyambere na Hassan bigeze gufungirwa hamwe muri Gereza ya Gasabo ari na ho ngo bacuriye umugambi wo kuzica Iribagiza.

ACP Badege avuga ko abo bagabo bitwazaga abagore kugira ngo aho bagiye kwinjira badakeka ko ari abagizi ba nabi.

2017-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Editorial 02 Nov 2019
Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Editorial 02 Feb 2017
Gisagara: Umunyeshurikazi witabye Imana azize asima, biravugwa ko yimwe uruhushya rwo kujya kwivuza

Gisagara: Umunyeshurikazi witabye Imana azize asima, biravugwa ko yimwe uruhushya rwo kujya kwivuza

Editorial 04 May 2017
KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Editorial 09 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Editorial 31 Oct 2018
CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.
SHOWBIZ

CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.

Editorial 29 Aug 2017
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Editorial 12 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru