• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Editorial 17 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

None ku wa Gatanu, tariki ya 16 Werurwe 2018, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe aho imyiteguro y’inama idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iteganyijwe kubera mu Rwanda ku itariki ya 21 Werurwe 2018 igeze, ishima ko imyiteguro irimo kugenda neza, inzego zose zibishinzwe zirimo gukora ibyo zisabwa.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018, imaze kuyikorera ubugororangingo.

2. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:
a) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 12 Werurwe 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega cya OPEC Gitsura Amajyambere Mpuzamahanga (OFID), yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni makumyabiri z’Amadolari y’Abanyamerika (20.000.000 USD) agenewe gahunda irambye y’u Rwanda yo gukwirakwiza amazi n’ibikorwa by’isukura;

b) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’impano yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 07 Werurwe 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), nk’Urwego ruyobora Ikigega gihuriweho n’abaterakunga bagamije kuzamura urwego rw’imirire, yerekeranye n’impano ingana na miliyoni makumyabiri z’Amadolari y’Abanyamerika (20.000.000 USD) agenewe umushinga wo gukumira no kugabanya igwingira ry’abana;

c) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 07 Werurwe 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni cumi na zirindwi n’ibihumbi magana atandatu z’Amadetesi (17.600.000 DTS) agenewe umushinga wo gukumira no kugabanya igwingira ry’abana;

d) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’impano yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 07 Werurwe 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), nk’Urwego ruyobora uburyo bw’iterankunga ku isi, yerekeranye n’impano ingana na miliyoni icumi z’Amadolari y’Abanyamerika (10.000.000 DTS) agenewe umushinga wo gukumira no kugabanya igwingira ry’abana;

e) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda na Luxembourg ku wa 28 Ukuboza 2017, hagati ya Repubulika y’u Rwanda na Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi, yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni mirongo ine n’eshanu z’Amayero (45.000.000 EUR) agenewe umushinga wo kubaka ruhurura rusange yo mu Mujyi wa Kigali.

f) Umushinga w’Itegeko rigena inshingano, imiterere n’imikorere bya Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta;

g) Umushinga w’Itegeko ryerekeye ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga;

h) Umushinga w’Itegeko ryerekeye kurengera umwana;

i) Umushinga w’Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko N° 05/2011 ryo ku 
wa 21/03/2011 rigenga ahantu hihariye mu by’ubukungu mu Rwanda.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

a) Iteka rya Perezida ryemerera Bwana MUNYAKAYANZA Eugène, wari uhagarariye u Rwanda muri Lake Kivu and Rusizi River Basin Authority (ABAKIR) guhagarika imirimo;

b) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena, imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, ibisabwa ku myanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi bo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS);

c) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyira Lt. Triphonie UMUHIRE ku mwanya w’Umushinjacyaha wa Gisirikare.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko aba bakurikira bahagararira Ibihugu byabo mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi:

a) Bwana KAREN DRASTAMATOVICH TCHALIAN, wa Russia, afite icyicaro i Kigali;
b) Bwana ERNEST JUMBE MANGU, wa Tanzania, afite icyicaro i Kigali;
c) Madamu FRANCISCA ASHIETEY-ODUNTON, wa Ghana afite icyicaro i Nairobi, muri Kenya;
d) Bwana LOH SECK TIONG, wa Malaysia, afite icyicaro i Nairobi muri Kenya;
e) Bwana KRZYSZTOF BUZALSKI, wa Poland afite icyicaro i Dar Es Salaam muri Tanzania;
f) Bwana ABULLA JASSIM AL-MAADIDA, wa Qatar, afite icyicaro i Dar Es Salaam, muri Tanzania.

5. Mu bindi:

a) Minisitiri w’Uburezi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 22/03/2018 i Kigali muri Hoteli Serena Umuryango Mastercard Foundation wo muri Canada uzatangiza ku mugaragaro ingamba nshya kuri Afurika zigamije guteza imbere Ibikorwa by’Urubyiruko rwa Afurika.

b) Minisitiri w’Ibidukikije yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 19 kugeza ku ya 21 Werurwe 2018 u Rwanda ruzakira Inama y’Ihuriro ry’Ingufu zirambye n’Inama Mpuzamahanga iziga ku kugabanya ubushyuhe muri Afurika. Izo nama zombi zizabera i Kigali muri Hoteli Serena na Marriot.

c) Minisitiri w’Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 23 Werurwe 2018 Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ishyinguranyandiko na Serivisi z’Inkoranyabitabo cyateguye inama izabera muri Hoteli Lemigo iziga ku iterambere ry’Ishyinguranyandiko na Serivisi z’Inkoranyabitabo mu Rwanda.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Marie Solange KAYISIRE
Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2018-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Editorial 09 Jun 2022
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Editorial 26 Apr 2019
Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Editorial 14 Jun 2018
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Editorial 14 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimye uruhare rwa NBA mu guteza imbere impano z’Abanyafurika
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimye uruhare rwa NBA mu guteza imbere impano z’Abanyafurika

Editorial 24 Sep 2018
[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda
IKORANABUHANGA

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

Editorial 26 Aug 2018
Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32
Amakuru

Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Editorial 26 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru