• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Editorial 03 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Raporo y’ibanze y’itsinda rihuriweho ry’ubugenzuzi rya ICGLR iravuga ko Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’icy’u Rwanda (RDF) byose byavogereye ubutaka bw’abandi ubwo byarwanaga kuwa 13 Gashyantare birwanira muri Pariki y’Ibirunga.

Iyi raporo biteganyijwe ko vuba ishyikirizwa ibihugu byombi, mu gihe Igisirikare cya Congo cyo gisaba irindi perereza ku rupfu rw’abasirikare bacyo batatu bishwe icyo gihe imirambo yabo ikaba yarasubijwe Congo kuwa 18 Gashyantare.

Raporo y’ibanze ya ICGLR irameza ko u Rwanda rwari rusanzwe rwarashinze ahantu rwagenzuriraga ku butaka bwa Congo, muri pariki y’Ibirunga muri gace kari hagati ya Mikeno na Sabyinyo.Ariko, ingabo za Congo, ku ruhande rwazo, iyi raporo iravuga ko mu kugaba igitero, kuwa 13 Gashyantare zateye ingabo z’u Rwanda nazo zikavogera imbibi z’u Rwanda. Biravugwa ko izi ngabo za Congo ngo zakurikiranye ingabo z’u Rwanda kugera mu Rwanda mu Karere ka Musanze.

Aha ngo akaba ari naho abasirikare batatu ba Congo biciwe nk’uko iyo raporo ikomeza ivuga. Igisirikare cya Congo kigasaba iri tsinda rya ICGLR gukora iperereza ku rupfu rw’abo basirikare batatu, aho gishinja ingabo z’u Rwanda kuba zarabakoreye iyicarubozo mbere yo kubica nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga.

Kuwa 18 Gashyantare 2018 RDF yasubije imirambo y’ingabo za FARDC ziciwe mu mirwano kuwa 13 Gashyantare

Nk’uko iyi raporo iri bushyirwe ahagaragara vuba ikomeza ibyemeza, ngo u Rwanda rwamaze gukura ingabo zarwo mu gace zavugwagamo, hoherezwa ingabo za Congo.

Hagati aho, ngo inama hagati y’abakuru b’ingabo b’ibihugu byombi iteganyijwe mu minsi iri imbere. Iyi ikaba itegurwa nyuma y’iyabaye kuwa Gatandatu ushize I Goma hagati y’abakuru b’inzego z’ubutasi mu gisirikare b’ibihugu byombi.

2018-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Editorial 29 Jul 2019
Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Editorial 23 Oct 2018
Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Editorial 08 Apr 2019
Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Editorial 28 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo
HIRYA NO HINO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Editorial 25 Jan 2019
Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition
Mu Mahanga

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Editorial 04 Jan 2016
David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda
ITOHOZA

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Editorial 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru