Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025, ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yatsinze Rayon Sports ibitego 3-1 kuri Stade Amahoro, mu mukino wa gicuti w’ibirori bya Rayon Sports Day 2025, bizwi nka Umunsi w’Igikundiro.
Uyu munsi waranzwe no kwerekana abakinnyi Rayon Sports izakoresha mu mwaka mushya w’imikino wa 2025-2026, barimo abasanzwe ndetse n’abashya yaguze.
Ku munota wa mbere w’umukino, habayeho amakosa kuri baya myugariro ba Yanga SC, binyuze kuri Andambwile, n’umunyezamu we Djigui Diara.
Ibi byabaye ubwo Umupira yawusubizaga inyuma ufite imbaraga nyinshi, Diara awutegera atinze, bityo bibyara igitego cya mbere cya Rayon Sports.
Rayon Sports yakiniraga imbere y’Abakunzi bayo yakomeje gushaka uburyo bwo gushaka ibindi bitego ariko ikipe ya Young Africans yihagararaho ari naho nayo yakomeje kureba uburyo bwo gushaka igitego.
Ku munota wa 26, Umunya-Côte d’Ivoire Pacome Zouzoua yanyuze mu bakinnyi bo hagati ba Rayon Sports, aha umupira mwiza rutahizamu Andy Boyeli wahise atsinda igitego umunyezamu Drissa Kouyate, bityo biba bibaye igitego kimwe kuri kimwe.
Mu minota ya nyuma y’igice cya mbere, Pacome Zouzoua yongeye kwigaragaza, anyura ku ruhande rw’iburyo maze ku munota wa 45 atsinda igitego cya kabiri cya Young Africans ku ishoti rikomeye riturutse hanze y’urubuga rw’amahina. Igice cya mbere kirangira Yanga iyoboye ku bitego 2-1.
Rayon Sports yatangiye igice cya kabiri isimbuza, ikuramo Ntarindwa Aimable asimburwa na Tambwe Gloire, na Rushema Chris wasimbuwe na Sindi Jesus Paul.
Izi mpinduka zatumye ikipe igira imbaraga mu kibuga hagati no ku mpande, ariko ntibyabujije Young Africans gukomeza kuyobora umukino.
Ku rundi ruhande, Yanga yakoze impinduka nyinshi, harimo gukuramo Pacome Zouzoua ku munota wa 70.
Rayon Sports kandi yakuyemo abakinnyi barimo Niyonzima Olivier Seif wasimbuwe na Ndayishimiye Richard ndetse na Emery Bayisenge wasimbuwe na Ishimwe Ganijuru Elie.
Mu minota itanu y’inyongera, Young Africans yabonye koruneri, kapiteni Mwamnyeto Bakary atsinda igitego cya gatatu n’umutwe, bityo Yanha SC yegukana intsinzi ityo.
Uyu mukino kandi wari wabanjirikwe no kwerana abakinnyi b’amakipe ya Rayon Sports y’Abagabo n’Abagore izakoresha.
Hari kandi n’abahanzi batandukanye basusurukije abitabiriye uyu mukino, harimo noa Kenny sol na Zeoptrap banakoranye ibitaramo bitandukanye na Rayon Sports ubwo bajyanaga mu ntara.
Iyi ni inshuro ya kabiri yikurikiranya Rayon Sports itsindirwa ku Munsi w’Igikundiro, kuko no mu 2024 yari yatsinzwe na Azam FC igitego 1-0.




