• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Editorial 11 Apr 2018 UBUKERARUGENDO

Umuyobozi mushya wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangiye inshingano nshya nyuma y’ihererekanyabubasha n’uwo yasimbuye, Col. Chance Ndagano, wari Umuyobozi Mukuru w’agateganyo guhera muri Mata 2017.

Ni ihererekanyabubasha ryabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ku cyicaro gikuru cya RwandAir, nyuma y’impinduka Perezida Paul Kagame yakoze mu buyobozi bukuru bw’Ikigo cy’Indege cy’u Rwanda, kuwa Gatanu tariki 6 Mata 2018, maze Yvonne Manzi Makolo wari umaze umwaka ari Umuyobozi wungirije agirwa Umuyobozi Mukuru w’ikigo.

Uyu muhango witabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Ushinzwe Ubwikorezi, Eng. Jean de Dieu Uwihanganye, n’Umuyobozi wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya RwandAir, Eng. Patricie Uwase n’abayobozi bakuru b’iki kigo.

Col Ndagano yashimiye abayobozi muri RwandAir ku bufatanye bamugaragarije mu byo yabashije kugeraho mu mwaka umwe ushize ayoboye iki kigo.

Yanagaragaje ko afitiye icyizere Umuyobozi Mukuru mushya, ati “Nizeye ko Yvonne nk’umuntu twakoranye, azakomereza hano kugira ngo RwandAir irusheho kugera ku ntego zayo.”

Yasabye abayobozi bakuru b’ikigo n’abagize inama y’ubutegetsi, gutanga umusanzu ushoboka hagamijwe kugeza RwandAir ku rundi rwego.

Makolo nawe yashimiye Col Ndagano ku ruhare yagize mu gukomeza guteza imbere iki kigo cy’indege. Ati “Byari bishimishije kandi ni icyubahiro gukorana nawe mu guteza imbere iki kigo cy’indege.”

Makolo yanashimiye ubufasha bahabwa na Minisiteri y’Ibikorwa remezo, inama y’ubutegetsi kandi yiteguye gukomeza gukorana nabo mu nshingano nshya yahawe.

Minisitiri Eng. Uwihanganye, yashimiye umuyobozi ushoje inshingano, yizeza Umuyobozi Mukuru mushya ubufatanye bugamije gutuma RwandAir iba amahitamo y’umwihariko ku isoko ryo gutwara abantu n’ibintu mu ndege.

Mu mwaka ushize nibwo Makolo Manzi Yvonne yinjiye muri RwandAir nk’Umuyobozi Mukuru wungirije, nyuma y’imyaka isaga icumi yari amaze muri MTN Rwanda nk’Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa.

Mu 2003 nibwo yavuye muri Canada aho yari amaze imyaka 10 akora mu bijyanye n’ikoranabuhanga, agaruka mu Rwanda akora mu mushinga wa Banki y’Isi, wakorwaga na World Links, mu gushyira mudasobwa mu mashuri no guhugura abarimu mu kuzikoresha, mbere yo kujya muri MTN Rwanda mu 2006.

RwandAir imaze kugira indege 12, ziyifasha kugana mu byerekezo 24 muri Afurika y’Iburasirazuba, iyo Hagati, Iburangereazuba n’Amajyepfo; Uburasirazuba bwo hagati, u Burayi na Aziya.

Umwaka ushize nibwo RwandAir yatangije ingendo Kigali – Mumbai mu Buhinde, Harare muri Zimbabwe na Londres mu Bwongereza (ku kibuga cy’indege cya Gatwick), tudasize i Bruxelles mu Bubiligi na Dakar muri Senegal aho igera iturutse ku gicumbi cyacyo gishya i Cotonou muri Benin.

RwandAir kandi yatangije ingenzo zigana Abidjan muri Côte d’Ivoire, Libreville muri Gabon na Brazzaville muri Congo iturutse i Cotonou. Uyu mwaka RwandAir iteganya kwerekeza Abuja muri Nigeria, Cape Town muri Afurika y’Epfo, izo ngendo zikazatangira muri Mata na Gicurasi, uko zikurikirana.

Col Ndagano na Yvonne Makolo (bahagaze), bahererekanyije ububasha mu muhango witabiriwe na Minisitiri Uwihanganye (wicaye ibumoso)

Yvonne Makolo (iburyo) ahererekanya ububasha na Col Ndagano (hagati) hamwe n’Umuyobozi wungirije w’inama y’Ubutegetsi, Eng. Patricie Uwase (ibumoso)

Ifoto y’Urwibutso n’abayobozi bakuru ba RwandAir

Abayobozi ba RwandAir mu muhango w’ihererekanyabubasha, kuri uyu wa Kabiri

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Editorial 26 Aug 2018
Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Editorial 20 May 2019
U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

Editorial 13 Feb 2020
Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Editorial 12 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda
Mu Mahanga

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Editorial 12 Apr 2018
Agashya kuri Bebe Cool wanaririmbye mu kinyarwanda mu mashusho y’indirimbo ‘I DO’ yakoranye na Charly na Nina(VIDEO)
SHOWBIZ

Agashya kuri Bebe Cool wanaririmbye mu kinyarwanda mu mashusho y’indirimbo ‘I DO’ yakoranye na Charly na Nina(VIDEO)

Editorial 24 Apr 2018
Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.
Amakuru

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Editorial 26 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru