• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura

Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura

Ubwanditsi 20 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Perezida wa Zimbabwe yatunguye abaturage bari bategereje ko yegura nyuma y’uko yirukanwe mu buyobozi bw’ishyaka rye, Zanu PF, abakurirra inzira ku murima avuga ko adashobora kwegura ndetse agomba kuyobora inteko y’ishyaka rye iteganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.

Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo y’igihugu yavuze ko azayobora inama rusange y’iryo shyaka izaba mu Ukuboza. Zanu PF yari yatangaje ko imuvanye ku mwanya wa Perezida wayo imuha amasaha ari munsi ya 24 ngo abe yeguye no kuba Perezida wa Zimbabwe.

Ubuhangange bwa Mugabe bwagabanutse ku wa Gatatu ubwo igisirikare cyafataga ubutegetsi.

Byari byatangiye Mugabe w’imyaka 93 yirukana Visi Perezida we Emmerson Mnangagwa, ibintu byagaragaje ko ashaka ko umugore we Grace ari we uzamusimbura.

BBC ivuga ko imbaga y’abantu benshi yari iteraniye mu murwa mukuru Harare, biteze kwakirana ibyishimo ubwegure bwe.

Mugabe wari ukikijwe n’abayobozi b’igisirikare yananiwe kwegura ahubwo ati “ Inama y’ishyaka [Zanu PF] iteganyijwe mu byumweru bike kandi nzayobora ibikorwa byayo.”

Yemeye ko igisirikare cyafashe ubutegetsi n’abaturage bigaragambije anasaba ko icyo gihugu gisubirana umutuzo.

Ati “Ibyabaye byose n’uko babikoze, Njye nk’umugaba w’ikirenga nemera impungenge zabo.”

Yagaragaje ko akomeza kuba Perezida nibura kugeza mu kwezi gutaha ubwo hazaba inama rusange ya Zanu PF.

Mugabe yemeye ko habayeho amakosa no guhanga udutsiko muri guverinoma ye no mu ishyaka ariko ntiyavuga ku mugore we Grace.

Kugeza ubu Zimbabwe iracyari mu gihirahiro kuko Zanu PF yavuze ko imwirukana ku buyobozi bw’igihugu naba ataregura saa sita zo kuri uyu wa Mbere.

Ku Cyumweru Mnangagwa yagizwe umuyobozi mushya wa Zanu PF n’umukandida mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha.

Inama y’iri shyaka yabaye ejo kandi yirukanye Grace Mugabe n’abandi bayobozi bakuru bari bafatanyije mu kurwanira ubutegetsi.

Benshi biteze kureba ukuntu Mugabe azayobora inama rusange ya Zanu PF kandi yirukanwe ku buyobozi bwayo.

Mnanganwa yahoze ashinzwe umutekano w’imbere ndetse yanarwanye urugamba rw’ubwigenge, ahimbwa ‘ingona’ kubera ubuhangange bwe. Mugabe akimara kumwirukana yahise ahunga ariko bivugwa ko yagarutse.

Chris Mutsvangwa uyoboye ishyirahamwe ry’ingabo zavuye ku rugerero yavuze ko bagiye gukomeza imyigaragambyo.

Ati “Ijambo rye ntaho rihuriye n’ukuri. Turakomeza gusaba ko yegura kandi turasaba abaturage kugaruka mu mihanda.”

2017-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kabila mu mazi abira, inyeshyamba zagabye igitero mu rugo rwe zishaka kumwica

Perezida Kabila mu mazi abira, inyeshyamba zagabye igitero mu rugo rwe zishaka kumwica

Ubwanditsi 31 Mar 2018
Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda

Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Ubwanditsi 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Motors
KWAMAMAZA

Rwanda Motors

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru