• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura

Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura

Ubwanditsi 20 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Perezida wa Zimbabwe yatunguye abaturage bari bategereje ko yegura nyuma y’uko yirukanwe mu buyobozi bw’ishyaka rye, Zanu PF, abakurirra inzira ku murima avuga ko adashobora kwegura ndetse agomba kuyobora inteko y’ishyaka rye iteganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.

Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo y’igihugu yavuze ko azayobora inama rusange y’iryo shyaka izaba mu Ukuboza. Zanu PF yari yatangaje ko imuvanye ku mwanya wa Perezida wayo imuha amasaha ari munsi ya 24 ngo abe yeguye no kuba Perezida wa Zimbabwe.

Ubuhangange bwa Mugabe bwagabanutse ku wa Gatatu ubwo igisirikare cyafataga ubutegetsi.

Byari byatangiye Mugabe w’imyaka 93 yirukana Visi Perezida we Emmerson Mnangagwa, ibintu byagaragaje ko ashaka ko umugore we Grace ari we uzamusimbura.

BBC ivuga ko imbaga y’abantu benshi yari iteraniye mu murwa mukuru Harare, biteze kwakirana ibyishimo ubwegure bwe.

Mugabe wari ukikijwe n’abayobozi b’igisirikare yananiwe kwegura ahubwo ati “ Inama y’ishyaka [Zanu PF] iteganyijwe mu byumweru bike kandi nzayobora ibikorwa byayo.”

Yemeye ko igisirikare cyafashe ubutegetsi n’abaturage bigaragambije anasaba ko icyo gihugu gisubirana umutuzo.

Ati “Ibyabaye byose n’uko babikoze, Njye nk’umugaba w’ikirenga nemera impungenge zabo.”

Yagaragaje ko akomeza kuba Perezida nibura kugeza mu kwezi gutaha ubwo hazaba inama rusange ya Zanu PF.

Mugabe yemeye ko habayeho amakosa no guhanga udutsiko muri guverinoma ye no mu ishyaka ariko ntiyavuga ku mugore we Grace.

Kugeza ubu Zimbabwe iracyari mu gihirahiro kuko Zanu PF yavuze ko imwirukana ku buyobozi bw’igihugu naba ataregura saa sita zo kuri uyu wa Mbere.

Ku Cyumweru Mnangagwa yagizwe umuyobozi mushya wa Zanu PF n’umukandida mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha.

Inama y’iri shyaka yabaye ejo kandi yirukanye Grace Mugabe n’abandi bayobozi bakuru bari bafatanyije mu kurwanira ubutegetsi.

Benshi biteze kureba ukuntu Mugabe azayobora inama rusange ya Zanu PF kandi yirukanwe ku buyobozi bwayo.

Mnanganwa yahoze ashinzwe umutekano w’imbere ndetse yanarwanye urugamba rw’ubwigenge, ahimbwa ‘ingona’ kubera ubuhangange bwe. Mugabe akimara kumwirukana yahise ahunga ariko bivugwa ko yagarutse.

Chris Mutsvangwa uyoboye ishyirahamwe ry’ingabo zavuye ku rugerero yavuze ko bagiye gukomeza imyigaragambyo.

Ati “Ijambo rye ntaho rihuriye n’ukuri. Turakomeza gusaba ko yegura kandi turasaba abaturage kugaruka mu mihanda.”

2017-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Umupolisi yarashe umumotari ahita apfa

Kigali: Umupolisi yarashe umumotari ahita apfa

Ubwanditsi 19 May 2018
Nadege wagaragaye mu mashusho y’indirimbo “Ikiragi” ya Kitoko yitabye Imana

Nadege wagaragaye mu mashusho y’indirimbo “Ikiragi” ya Kitoko yitabye Imana

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Ubwanditsi 20 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pasiteri Maggie Mutesi yishwe anizwe-  Iperereza rya Polisi
ITOHOZA

Pasiteri Maggie Mutesi yishwe anizwe- Iperereza rya Polisi

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.
Amakuru

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 19 Oct 2020
AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene
ITOHOZA

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Ubwanditsi 05 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru