• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Ubwanditsi 02 Jan 2016 IMIKINO

Abahanga benshi bagenda bagira icyo bavuga ku buzima bugenda buyoyokana n’imyaka, uburanga bukagenda ndetse n’uwari mwiza n’uwibigango byose bikagenda nka nyombere. Inyandiko dukesha urubuga rwa internet rwa e-sante.fr, itubwira byinshi mu biribwa biboneka byoroshye kandi byafasha mu gutunga ubuzima buzira umuze ndetse n’amahirwe yo kurama akiyongera.

-1606.jpg

1. Imboga n’imbuto

Imbuto nk’uko benshi babigarukaho, zigira uruhare rukomeye mu kurinda gusaza, dore ko amagarama 300 y’imbuto n’amagarama 500 y’imboga buri munsi kugirango amahirwe yo kurama yiyongere.
Akenshi iyo uvuze imboga n’imbuto, benshi batekereza ko ari ibintu bihenze ariko sibyo, kuko icunga rimwe rishobora kugira amagarama 250 cyangwa pomme imwe ishobora kugira amagarama 300 kandi arahagije buri munsi.

Imboga byo usanga abahanga mu kuzirya kenshi, bayoboka inzira yo kunywa potage mbere yo kurya bikaba umuco, ibyo ntibyakuraho abashoboye guteka imboga kenshi gashoboka dore ko zitanahenze nubwo bidahabwa agaciro.
2. L’huile d’olive

Aya mavuta ni amavuta ashobora gukoreshwa asimbura amavuta y’ubuto cyangwa se amamesa dusanzwe tuzi. Bivugwa ko nubwo amavuta y’ubuto n’amamesa bikoreshwa bifite ingaruka mbi ku buzima ariko aya mavuta azwi ku izina rya l’huile d’olive ashobora kuboneka mu masoko menshi yewe n’ayo mu rwanda. Aya mavuta afite uburyohe ndetse anafite ubushobozi bwo kurinda umubiri.

Aya mavuta, atuma urwungano rwose rukorana n’umutima rukora neza ndetse akaba arinda n’indwara zimwe na zimwe za canseri(cancers).

3. Amafi

Benshi usanga muri kamere yabo batitabira kugira amafi mu mafunguro yabo. Ifi nubwo benshi bayivugaho ko ihenda, ntago zose zihenda dore ko zibamo n’intoya zinanahendutse nk’indagara, isambaza n’izindi n’ubwo ifi nini kandi zitumye usanga arizo zihabwa intebe cyane mu kwigiramo ibyitwa omega-3 byiza ku buzima.

Sardines nazo zishobora gufasha cyane kuko nazo ni amafi ashobora kuboneka byoroshye kandi adahenze cyane kuri benshi. Usibye n’amafi, n’imbuto zitwa epinards nazo zifitemo omega-3
Omega-3 ni ingenzi kuko irinda indwara zibasira abantu cyane ku myaka mirongo ine no hejuru yayo ndetse ikanafasha mu kurwanya canseri zitandukanye.

4. Yaourt

Yaourt ni icyo kunywa kigenerwa abana. Ni byiza ariko n’abantu bakuru bakwiye kwitabira kuzirya nubwo abahanga batari barangiza kwemeza ubwiza bwa yaourt ku buzima nubwo mu rundi ruhande bibagaragarira ko yaourt ari ingenzi.

Yaourt yifitemo yifitemo ibyitwa lactobacillus bulgaricus na streptococcus thermophilus, bifasha mu kongera ubudahangarwa bw’ubuzima.

usibye ibyo yahourt yifitemo calcium, iyo myungu ngugu ifasha mu kurwanya indwara z’amagufa.

5. Vin rouge(divayi itukura)

Iyi divayi, ikunze kuboneka bitagoranye cyane dore ko iri muri divayi zidahenze cyane. Ikirahure cyayo kimwe buri munsi gishobora gufasha kuko kibitsemo ibyitwa polyphenols n’ibyitwa resveratol bikaba ari ingenzi mu gusigasira ubuzima

6. Chocolat

Nubwo bisa n’ibitangaje, chocolat ni nziza cyane kuko yifitemo cacao yifitemo flavonoides. Flavonoides ni ingenzi mu kurinda indwara zikomoka ku mutima ndetse na canser zitandukanye.

Usibye n’ibyo, chocolat yongera umuneza mu mubiri kandi ukaba ari ingenzi mu gutuma umuntu ahorana itoto n’ubuzima buzira umuze.

M.Fils

2016-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka

AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka

RUSHYASHYA 18 Jul 2026
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
CAF CL & CC: APR FC izahura na Azam FC, Police FC izakine na CS Constatine yo muri Algeria

CAF CL & CC: APR FC izahura na Azam FC, Police FC izakine na CS Constatine yo muri Algeria

Ubwanditsi 11 Jul 2024
Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Ubwanditsi 28 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 
Amakuru

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!
Amakuru

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Ubwanditsi 13 May 2024
Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso
Mu Mahanga

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Ubwanditsi 17 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru