• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016 Mu Mahanga

Hari abantu bumva mu Migina i Remera hano muri Kigali bakumva yuko ari ahantu hadashobotse, ahantu h’abasinzi, indaya n’ibirumbo. Ibyo byiciro by’abantu tuvuze birahari koko ariko ubundi ni ahantu hari n’abantu biyubashye kandi n’abenshi muri abo wakwita indaya n’ibirumbo ugasanga bashyira mu gaciro !

Uyumunsi tariki 06/01/2016 nahaboneye ikintu cyankanze ariko bidatinze nza no kubona igisubizo cyihuse kurusha uko nabitekerezaga.

Ni uruhande rwa Sports View Hotel ku gahanda k’ibitaka kagabanya iyo hotel n’utubari tw’imigina. Hari nka saa tanu mu gitondo, aho umugore wari wambaye ibisa nk’ukubusa yavudukanye umugabo wirukankaga amasigamana. Buri wese yatekereje yuko uwo mugabo agomba kuba yahemukiye uwo mugore !

Ba bahungu, abatabazi neza bita ibirumbo bakiniranaga biyari (pool) iri aho, bavudukanye wa musore, w’ibigango, baramufata. Kuko umugore yamwirukansaga avuga ngo aramwibye bahise bamukora mu mifuka basanga umwe gusa ariwo urimo amafaranga, umwe ayakuramo arayapfumbata mu kiganza ati muze twumve uko ikibazo giteye !

Abo basore n’inkiumi bafashe uwo muntu bari bazi yuko uwo mugore wamwirukansanaga ari indaya. Ankete iba ara tangiye. Umugore avuga yuko yirukanse amwibye amafaranga, umuhungu akavuga yuko ahubwo uwo mugore baryamanye akamwiba amafaranga hanyuma akaza kubona aho yayahishe akayatwara. Bamubajije igituma yasohotse yiruka ati n’uko yansakurizaga ngahitamo kwiruka ngo urusaku rumve mu matwi !

Ibi bisobanuro ntabwo byanyuze abo wakwita ibirara bari aho. Babajije uwo mugore (indaya) bati yari agutwaye amafaranga angana iki ? Indaya iti sinzi umubare kuko naraye nyakorera ijoro ryose nyashyira muri telemosi. Abandi bati ariko ukurikije abakiriya bawe mwahuye iri joro wakagereranyije n’amafaranga wakabaye wabonye, ati ni nk’ibihumbi 20. Babajije wa musore, wari wavuze yuko ari umuvunjayi, ati nanjye ntabwo mbizi neza ati ariko ntabwo ari hasi y’ibihumbi 120,000.

Uwo mugore kandi bamubajije uburyo yishyurwamo n’uwo baba bagiye kuryamana avuga yuko bamwishyura ibihumbi bitanu, kandi ngo hakaba harimo n’inoti za bitanu muri ayo bamwibye. Muri ayo mafaranga nta noti n’imwe ya bitanu basanzemo, uretse inoti ntoya ntoya zigera ku mubare w’ibihumbi 120,000 bahita bafata icyemezo cyo kuyasubiza uwo muhungu bari bafashe yirukanswa n’iyo ndaya !

-1682.jpg

Kayumba Casmiry

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Ubwanditsi 08 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter
Mu Rwanda

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Ubwanditsi 02 Jun 2017
Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ubwanditsi 21 Apr 2018
U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 21 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru