• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi bwiza bafite

Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi bwiza bafite

Ubwanditsi 14 Jun 2016 Mu Mahanga

Pasitori ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Reverend Jesse Jackson yasabye Abanyarwanda kudafata ubuyobozi bafite nk’aho nta gaciro bufite kuko Perezida Kagame yubashywe ku Isi hose.

Ibi Rev. Jesse Jackson uri mu Rwanda, yabitangaje ubwo yitabiraga umuhango wo gutaha ku mugaragaro urwunge rw’ibikorwa by’iterambere byubatswe n’uruganda rwa Coca-Cola mu Kagari ka Ruhunda, mu Murenge wa Gishari ho mu Karere ka Rwamagana.

Uyu muvugabutumwa wo mu rusengero rw’Aba-Baptist wubashywe cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera cyane cyane uruhare rwe mu guharanira uburenganzira bw’Abirabura muri iki gihugu, asanga aho Perezida Kagame hose yubahwa kuko ngo akunda gusoma ibyamwanditswe ndetse na we ubwe akibonera uko yakirwa aho ageze.

Mu ijambo rigufi yafashe, Rev. Jesse Jackson yagize ati “Nabonye Perezida Kagame ageze hano mwuzura ibinezaneza. N’iyo ageze mu nyubako y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika abantu bose barabimenya. Iyo ageze mu Muryango w’Abibumbye abantu batega amatwi ijambo rye. Iyo aje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aba ari umwe mu bayobozi bubashywe ku Isi. Ndabasaba rero kudakerensa ubuyobozi mufite hano.”

Yongeyeho ati “Perezida afite ubunyangamugayo kandi icyerekezo cye cyatumye iki gihugu kiba igihangange. Ndabasaba ko mwaha amashyi menshi Perezida Kagame.”

Rev. Jesse Jackson azwi kandi no muri poitiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika dore ko tariki 3 Ugushyingo 1983 yatangaje ko ashaka kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, bityo aba Umwirabura wa kabiri mu mateka nyuma Shirley Chisholm; watangije ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora iki gihugu ku mwanya wa Perezida.

-2960.jpg

Rev. Jesse Jackson ahamya ko aho Perezida Kagame ageze hose aba yubashywe (Ifoto/Village Urugwiro)

Yashyigikiye bikomeye kwiyamamaza kwa Perezida Barack Obama ndetse benshi ntibazibagirwa ifoto ye arira mu gihe Obama yafataga ijambo rya mbere nka Perezida wa mbere w’Umwirabura uyoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikintu Rev. Jesse Jackson yaharaniye imyaka myinshi.

2016-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda

Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubwanditsi 26 Dec 2022
Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Ubwanditsi 29 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza
Amakuru

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Ubwanditsi 14 Jan 2022
Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika
Amakuru

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo
POLITIKI

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Ubwanditsi 19 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru