• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi bwiza bafite

Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi bwiza bafite

Ubwanditsi 14 Jun 2016 Mu Mahanga

Pasitori ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Reverend Jesse Jackson yasabye Abanyarwanda kudafata ubuyobozi bafite nk’aho nta gaciro bufite kuko Perezida Kagame yubashywe ku Isi hose.

Ibi Rev. Jesse Jackson uri mu Rwanda, yabitangaje ubwo yitabiraga umuhango wo gutaha ku mugaragaro urwunge rw’ibikorwa by’iterambere byubatswe n’uruganda rwa Coca-Cola mu Kagari ka Ruhunda, mu Murenge wa Gishari ho mu Karere ka Rwamagana.

Uyu muvugabutumwa wo mu rusengero rw’Aba-Baptist wubashywe cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera cyane cyane uruhare rwe mu guharanira uburenganzira bw’Abirabura muri iki gihugu, asanga aho Perezida Kagame hose yubahwa kuko ngo akunda gusoma ibyamwanditswe ndetse na we ubwe akibonera uko yakirwa aho ageze.

Mu ijambo rigufi yafashe, Rev. Jesse Jackson yagize ati “Nabonye Perezida Kagame ageze hano mwuzura ibinezaneza. N’iyo ageze mu nyubako y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika abantu bose barabimenya. Iyo ageze mu Muryango w’Abibumbye abantu batega amatwi ijambo rye. Iyo aje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aba ari umwe mu bayobozi bubashywe ku Isi. Ndabasaba rero kudakerensa ubuyobozi mufite hano.”

Yongeyeho ati “Perezida afite ubunyangamugayo kandi icyerekezo cye cyatumye iki gihugu kiba igihangange. Ndabasaba ko mwaha amashyi menshi Perezida Kagame.”

Rev. Jesse Jackson azwi kandi no muri poitiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika dore ko tariki 3 Ugushyingo 1983 yatangaje ko ashaka kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, bityo aba Umwirabura wa kabiri mu mateka nyuma Shirley Chisholm; watangije ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora iki gihugu ku mwanya wa Perezida.

-2960.jpg

Rev. Jesse Jackson ahamya ko aho Perezida Kagame ageze hose aba yubashywe (Ifoto/Village Urugwiro)

Yashyigikiye bikomeye kwiyamamaza kwa Perezida Barack Obama ndetse benshi ntibazibagirwa ifoto ye arira mu gihe Obama yafataga ijambo rya mbere nka Perezida wa mbere w’Umwirabura uyoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikintu Rev. Jesse Jackson yaharaniye imyaka myinshi.

2016-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016
CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Ubwanditsi 07 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe
HIRYA NO HINO

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)
HIRYA NO HINO

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Ubwanditsi 06 Jan 2019
Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe
POLITIKI

Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Ubwanditsi 25 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru