• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Ubwanditsi 13 Jan 2016 Mu Mahanga

None tariki ya 13/1/2016 mu Rukiko rukuru rwa gisilikare, hasubukuwe urubanza rwa Col. Tom Byabagamba na bagenzi be. Uru rubanza Ubushinjacyaha bwa gisirikare burega Col Tom Byabagamba, Rtd Brig. Gen Frank Rusagara na Rtd Sgt Kabayiza, kwangisha rubanda ubutegetsi buriho. Kuri uyu wa Kabiri Col Byabagamba yireguye ku cyaha cya kabiri cyo “gukora igikorwa kigamije gusebya leta kandi uri umuyobozi”.

Mu iburanisha riheruka, hireguraga Gen. Rusagara, ku cyaha cyo kwamamaza nkana ibihuha agamije kugomesha rubanda arwangisha ubutegetsi buriho.

Ubushinjacyaha buvuga ko Col Tom Byabagamba, icyaha yagikoze ubwo yari ahagarariye u Rwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, ari Umugaba Mukuru w’Ingabo wungirije w’ingabo zari mu butumwa bw’amahoro.

Umutangabuhamya Col Chance Ndagano yavuze ko Col Byabagamba yabazaniye inkuru y’urupfu rwa Rtd Maj John Sengati, ariho yavugiyemo amagambo asebya Leta ayishinja urupfu rw’uyu musirikare.

Ubushinjacyaha bwavuze ko gushinja leta urupfu rwa Maj Sengati kandi nta rukiko rwabigaragaje cyangwa ngo abe yarabikoreye iperereza, byari bigamije gusebya leta y’u Rwanda.

Umutangabuhamya Col David Bukenya, nawe ngo yiyumviye Col Tom avuga ko leta yahubutse mu kuzamura imisoro.

Ubushinjacyaha buvuga ko ayo magambo yose kwari ugusebya igihugu.

Col Tom yavuze ko ibyo bamureze ari nabyo yireguye ku cyaha cyo gukwiza ibihuha, anavuga ko atari byo ahubwo ari ibyo bamwitirira.

Ubushinjacyaha ariko busobanura ko inyito y’ibyaha ibigaragaza ko bitandukanye n’ubwo byakozwe mu buryo bumwe, kandi ngo ibikorwa bimwe bishobora kubyara inyito z’ibyaha bitandukanye.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibyo yavuze byose umugambi yari afite ari uwo kwamamaza nkana ibihuha agamije kwangisha rubanda ubutegetsi buriho, ariko muri ibyo bikorwa byose hakabamo ibindi byaha, birimo ibyo ashinjwa ko yakoze kandi ari umuyobozi.

Col Byabagamba yavuze ko Ubushinjacyaha bwabuze ibimenyetso kuri icyo cyaha bukajya gutira, anyuzamo akoresha imvugo ikarishye yazamuye amarangamutima y’ubushinjacyaha, kugeza ubwo bwavuze ko bukomeje gutukwa butakomeza kuburana.

Col Byabagamba n’abamwunganira bahakanye ibyavuzwe ko yashinje leta ubwicanyi, bavuga ko icyaha kigira ugomba kukiryozwa ku buryo bitagombaga kwitirirwa leta muri rusange, bityo ngo ntibyahabwa agaciro.

Ikindi ngo kuba Col Byabagamba yaratangwagaho raporo ku buyobozi bukuru bw’igihugu ku buryo yitwaraga mu butumwa bw’amahoro, kandi ngo iyo aza kuba yaritwaraga nabi ntiyari kongererwa manda mu butumwa yarimo.

Col Byabagamba yasabye ko ubuhamya bwa Col Chance Ndagano buteshwa agaciro, nyuma yo kugaragaza ko yamuburanishije muri iyi dosiye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ariko nyuma aza gusanga ari umutangabuhamya muri iki kirego kandi amushinja.

Me Albert wunganira Col Byabagamba, yavuze ko ubwo Umucamanza Col Chance Ndagano yafataga icyemezo cyo gufunga Col Byabagamba, yashingiye ku buhamya ubushinjacyaha bwaje kuvana mu idosiye, kandi ngo iyo aza kuba afite ubuhamya buzima ntiyagombaga gushingira ku buhamya budafite ishingiro.

Me Valery wunganira Col Byabagamba yavuze ko kubona Isi izumva Col Ndagano wabaye perezida w’iburanisha incuro eshatu, akagaruka atanga ubuhamya bushinja, bitesha icyizere ubucamanza bwa gisirikare muri rubanda, ndetse ngo uyu mucamanza n’umusirikare mukuru yataye amahame y’akazi ke.

-1751.jpg

Col. Tom Byabagamba

Col Tom Byabagamba kandi ashinjwa kuba yaranavuze ko Lt Joel Mutabazi yafunzwe azira ubusa ariko we akavuga ko yagize icyo amuvugaho bari mu nama yahuje aba colonel na ba jenerali, yayobowe na Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, kandi ngo icyo gihe Mutabazi yari agifunze ataratoroka. Ibi nabyo Col Byabagamba yabihakanye.

Biteganyijwe ko urubanza ruzakomeza kuwa Gatanu tariki 15 Mutarama 2015, Rtd Brig Gen Frank Rusagara yiregura nawe ku cyaha cya kabiri.

Umwanditsi wacu

2016-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Nyagatare: Batatu bafatanywe inka enye bikekwa ko bari  bazibye

Nyagatare: Batatu bafatanywe inka enye bikekwa ko bari bazibye

Ubwanditsi 20 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika
Mu Rwanda

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 04 Aug 2017
Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye
INKURU NYAMUKURU

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano
INKURU NYAMUKURU

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru