• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 12 Feb 2016 Mu Mahanga

​Abapolisi b’u Rwanda 27, bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga no kugarura amahoro mu gihugu cya Haiti, tariki ya 9 Gashyantare, bambitswe imidari yo kubashimira uruhare rwabo rw’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro muri iki gihugu.

Umuhango wo kwambika imidari aba bapolisi wabereye mu mugi mukuru wa Haiti wa Port Au Prince.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango, Honore Sandra, wari ahagarariye umunyamabanga mukuru wa Loni, akaba kandi ari nawe uyoboye inzego z’umutekano zibungabunga amahoro muri iki gihugu, yashimye abapolisi b’u Rwanda kuba barakoranye ubunyamwuga na disipurine mu gihe bamaze bakorera muri Haiti.
Uyu muyobozi yagize ati: “Mwakoranye umurava n’ubwitange, ibi byahesheje ishema umuryango w’abibumbye.”

Yakomeje kandi ashimira uruhare rwa Leta y’u Rwanda mu kwimakaza ihame ry’uburinganire hagati y’ibitsina byombi, ibi akaba yarabigarutseho aho yatangaga urugero rw’uko, mu itsinda ry’abapolisi b’ u Rwanda rizwi nka IPOs, rigizwe n’abapolisi mirongo itatu na batatu, 29 bose ari ab’igitsina gore.

30 ku ijana by’abapolisi basanzwe bakora nk’itsinda (FPU), bari muri Haiti, Centre Afrique na Sudan y’Epfo, ari ab’igitsina gore.

Honore yakomeje ashima ubwitange bw’abapolisi b’u Rwanda mu bikorwa bijyanye no kongerera ubumenyi Polisi yo muri iki gihugu ndetse no kuba baragize uruhare mu bindi bikorwa byo gufasha abaturage kuzamura imibereho yabo.

Umuhango wo kwambika abapolisi b’u Rwanda imidari, wanitabiriwe na Commissioner of Police (CP) Joseph Mugisha ukuriye abapolisi bose b’u Rwanda bari muri iki gihugu, hari kandi abandi bayobozi bakuru baba ab’inzego za Leta ya Haiti ndetse n’abandi b’ubutumwa bw’amahoro bwa LONI muri iki gihugu , aba bakaba barimo nka Brig. Gen Andres Fuentealba, Clarck Toes, Serge Gallick, na Cyprian Stoica.

-2060.jpg

Uyoboye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (IPOs), Senior Superintendent of Police (SSP), Claude Bizimana, yavuze ko Polisi y’u Rwanda iterwa ishema no gufasha mu bikorwa byo kubungabunga no kugarura umutekano mu bihugu bitandukanye, akaba kandi yakomeje avuga ko, Polisi y’u Rwanda izakomeza gutanga umusanzu wayo kugira ngo umutekano n’amahoro bigerweho mu bihugu bitandukanye.

SSP Bizimana nawe washimye akazi kakozwe n’aba bapolisi, aho yagize ati: “Kuba aba polisi b’u Rwanda barabashije kuzuza neza inshingano zabo, byatewe n’uko bagendeye ku ndangagaciro z’u Rwanda.”

Kuri ubu, Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi 900, bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu 7.

RNP

2016-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu

Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu

Ubwanditsi 27 Jun 2016
Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC
POLITIKI

Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Gatsibo  : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10
Mu Mahanga

Gatsibo : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Ubwanditsi 03 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru