• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane

Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane

Editorial 21 Feb 2016 POLITIKI

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’uwa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, bafatwa mu buryo butandukanye haba mu bihugu byabo cyangwa se mu mahanga.

Mu gihugu cy’u Rwanda n’icya Afurika y’Epfo hari ikintu bahurizahamwe n’ibindi bihugu byinshi ku isi yuko buri uko umwaka utangiye cyangwa mu mpera zawo abakuru b’ibihugu bagira ubutumwa baha abaturage babo bababwira uko ibintu bihagaze mu gihugu, state of the nation adress. Iri jambo rikunzwe gukorerwa mu nteko nshingamategeko, kandi mu gihugu nk’u Rwanda na Afurika y’Epfo ni ngombwa kuko biri mu itegeko nshinga.

Ijambo rya Kagame ku gihugu yarivugiye mu nteko nshingamategeko ku munsi w’umushyikirano tariki 21 z’ukwezi gushize, iryo jambo rikaba ridatandukanye cyane n’iryo yavuze yifuriza abantu umwaka mushya muhire w’i 2016.

Mu ijambo ryo kwifuriza Abaturarwanda umwaka mushya muhire Perezida Paul Kagame yavuze ijambo Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bari bategereje cyane. Yavuze yuko atakwanga icyifuzo cy’abanyarwanda akaba yemeye kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika nyuma ya 2017.

Nyuma y’iryo jambo rya Kagame Amerika yahise itangaza yuko yatunguwe cyane n’icyo cyemezo cye kandi ngo yaramubonaga nk’umuntu wakagombye kuba intangarugero muri Afurika no ku isi hose.

Leta ya Amerika mu itangazo ryayo yavuze yuko ishima byinshi Kagame yagejeje ku Rwanda, kuko yarukuye habi akaba amaze kurugeza aheza ariko ubwo butegetsi bwa Obama bwongeraho yuko byakabaye byiza kurushaho iyo ataza guhitamo kozongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika nyuma yo kurangiza manda ya kabiri muri 2017.

Muri iryo jambo Kagame yagejeje ku gihugu, yavuze yuko ntawe ukwiye kubabazwa n’amahitamo y’Abanyarwanda, anavuga yuko bibabaje kumva yuko byabatunguye !
Perezida Kagame anagaragaza yuko ibibazo bikomeye Afurika ifite bitakemurwa ku buryo bworoshye nk’iyo myitwarire yo gutungurwa bikomeye.

Iryo jambo rya Kagame ku gihugu mu nteko nshingamategeko ryakomewe amashyi menshi n’impundu nyinshi, bitandukanye cyane nk’uko byagendekeye mugenzi we wo muri Afurika y’Epfo, Jacob Zuma.

Ijambo Jacob Zuma ntabwo ryigeze ryumvikana neza kuko abadepite batari bake bamuvugirizaga induru ngo yegure kandi abahano mu gihugu basaba Kagame ngo agumeho.

-76.png

Perezida Zuma na Perezida Kagame

Ntabwo ari ubwa mbere Zuma akobwa mu nteko nshingamategeko kuko n’umwaka ushize ari uko byamugendekeye, abadepite babikoze bagahagarikwa na Perezida w’inteko ariko icyo cyemezo kikaza gukurwaho n’urukiko rw’ikirenga rw’icyo gihugu benshi bahamya yuko rwigenga kurusha izindi nyinshi muri Afurika.

Kayumba Casmiry

2016-02-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020,  yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020, yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Editorial 02 Apr 2020
Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Editorial 02 May 2019
Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Editorial 16 Dec 2017
Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady  we yaba yageze mu Rwanda

Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady we yaba yageze mu Rwanda

Editorial 29 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017
UBUKUNGU

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Editorial 24 Mar 2018
Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 
SHOWBIZ

Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 

Editorial 15 Dec 2017
Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze
Mu Mahanga

Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze

Editorial 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru