• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Batanu mu bahatanira MissRwanda2016 batsinze ikizamini cya Leta

Batanu mu bahatanira MissRwanda2016 batsinze ikizamini cya Leta

Ubwanditsi 21 Feb 2016 IMIKINO

Ku munsi w’ejo ubwo hashyirwaga hanze amanota y’abana barangije amashuri yisumbuye ‘A level’, batanu bahatanira kwegukana ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2016 batsinze.

-2197.jpg
Mutesi Jolly

Umutoniwabo Cynthia,Akili Delyla,Mutesi Eduige, Isimbi Eduige,Uwase Rangira D’Amour na Mutesi Jolly nibo bakobwa bari muri 15 bahatanira ikamba bari bacyiga amashuri yisumbuye.

-2198.jpg
Akili Delyla

Ubwo Umuseke waganiraga nabo, ibyishimo byari byose ndetse bamwe bavuga ko umutima utari hamwe ko batekerezaga ko mu gihe basanga bataratsinze ko bajyaga kubuzwa amahirwe yo gukomeza guhatanira iryo kamba.

Akili Delyla yagize ati “Iyo umuntu yakoze ikizamini icyo aricyo cyose, hari igihe aba atekereza ko wenda agitsinda cyangwa se kikamutsinda. Muri njye nubwo narimo mpatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2016 ariko nanatekerezaga ku manota nzagira”.

-2199.jpg

Isimbi Eduige

Uyu Akili Delyla ejo akaba yaranabazwe ikirenge cy’i bumoso cyari gifite impfunira. Ariko ubu akaba ameze neza ndetse anakora imyitozo kimwe n’abandi.

-2201.jpg

Umutoniwabo Cynthia

Mutesi Jolly yavuze ko yiyandikishije mu irushanwa yizeye neza ko azatsinda ikizamini cya Leta. Ahubwo ko kubera uko irushanwa arimo rikomeye atanatekerezaga igihe amanota azasohokera.

Kugeza ubu umwuka uri muri boot camp ni uko buri mukobwa wese yiyizeye kukuba yakwegukana irushanwa rya nyampinga w’u Rwanda 2016. Gusa harimo amazina yagiye atangazwa na bamwe mu bakobwa ko ashobora kuzatungurana.

Mu bakobwa 15, Umuhoza Sharifa, Peace, Vanessa Mpogazi na Mutesi Jolly niyo mazina yatangajwe n’umwe mu babana nabo ndetse unabakurikirana buri munsi. Avuga ko kuri we uzegukana iri kamba muri abo 15 azaba arikwiye nubwo bose batari ku kigero kimwe.

-2202.jpg
Mutesi Eduige

Biteganyijwe ko ku itariki ya 27 Gashyantare 2016 muri Camp Kigali ku ihemba ariho hazabera umuhango wo gutangaza nyampinga w’u Rwanda 2016. Kwinjira muri icyo gitaramo bikazaba ari amafaranga 10.000 frw ndetse na 200.000 frw ku bantu umunani bazafata imeza imwe.

M.Fils

2016-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Village Urugwiro:  Perezida  Kagame yakiriye abakinnyi b’Amavubi mbere yo gukina na DR Congo.

Village Urugwiro: Perezida Kagame yakiriye abakinnyi b’Amavubi mbere yo gukina na DR Congo.

Ubwanditsi 02 Feb 2016
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

RUSHYASHYA 22 Jun 2026

Perezida Paul Kagame yakurikiye isozwa rya Tour du Rwanda 2023, ryegukanywe na Henok Mulubrhan

Ubwanditsi 26 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kim wa Koreya ya Ruguru yagiriye uruzinduko hanze y’igihugu ku nshuro ye ya mbere
POLITIKI

Perezida Kim wa Koreya ya Ruguru yagiriye uruzinduko hanze y’igihugu ku nshuro ye ya mbere

Ubwanditsi 27 Apr 2018
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere
Amakuru

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
New-RNC mu bucuruzi bw’impapuro mpimbano (Fakes documents).
ITOHOZA

New-RNC mu bucuruzi bw’impapuro mpimbano (Fakes documents).

Ubwanditsi 03 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru