• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga

Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga

Ubwanditsi 23 Feb 2016 IMIKINO

Gushaka umugore cyangwa umugabo niyo ngingo ibaho igomba kwitonderwa. Iyo amahitamo yawe abaye mabi,ubihirwa ubuzima bwawe bwose.

Abantu benshi bakunze kwibaza icyo bagenderaho-bashingiraho mu guhitamo neza umugabo-umugore bazabana.

Uyu munsi turarebera hamwe inama wakurikiza mu gihe ugiye guhitamo neza uwo muzarushinga:

-2239.jpg

1.Baza umutima wawe

Mbere na mbere pfukama ubaze Imana ndetse uyisabe kukwereka no kuguha umufasha ugukwiye. Ubwo Imana iri muruhande rwacu,hakurikiyeho kugisha umutima inama.

Iherere ufate umwanya uhagije wumve niba uhamanya n’umutima wawe . Igisubizo nikiba yego,nta marangamutima ugendeyeho ayo ariyo yose komeza usome intambwe ya kabiri.

2.Wumva wifuje ko mwakora imibonano mpuzabitsina

Iyi ngingo ni imwe muzibanze ugomba kugenderaho. Kurushinga ntibivuga ko muzajya muhora murebana mu maso. Muzajya mugira umwanya uhagije wo gukora imibonano mpuzabitsina(gutera akabariro cyangwa kubaka urugo).

Niba ukunda kwiyumvamo umuriro waka muri wowe,yewe ukaba unanirwa no gusinzira, ni ikimenyetso cyiza ko wahisemo neza uwo mugiye kurushinga. Bitabaye ibyo ntirwaba ari urukundo, bwaba ari ubucuti busanzwe.

Menya ko umunsi gutera akabariro bizaba bitagenda neza cyangwa bidakorwa uko bikwiye mu rugo rwanyu,gucana inyuma,gusenya,ibibazo binyuranye bizaba bikomanaga ku muryango.

Iyi ngingo niyo ahanini abantu benshi bibandaho. Nubwo ari ingenzi, hari ibindi ugomba kwitaho ngo umenye neza niba uwo mugiye kurushinga ari amahitamo meza. Iyi nyita ishingiro ry’urugo.

3.Kumwiyumvamo

Mumaze igihe mukundana . Banza urebe niba umwiyumvamo muri iki gihe. Ese iyo ikibazo kivutse hagati yanyu ubasha kukihanganira? Umwibonamo se nk’umuntu mugiye kumarana ubuzima bwawe bwose usigaje ku isi?

Amarangamutima umwereka ubona ayagusubiza kukigero kimwe n’icyawe cyangwa wenda akurushaho?Niba hari uwo biri hasi cyangwa mudahuje uri mu nzira mbi. Niba muhuje ubona byose ari sawa, soma inama ikurikira.

4.Kubabarira amakosa y’ahahise

Wamuhisemo ngo mubane. Ashobora kuba afite amakosa yakoze mu gihe cyahise. Niba wumva ubasha kuyamubabarira ,ukumva wishimiye ko ugiye kubana nawe utitaye ku hahise, uri munzira nziza.

Ni inshingano wihaye yo kuzamufaha gukosora ibitaragenze neza. Urukundo ntirureba ibyiza gusa. Niwita kubyiza bye nturebe aho agirira intege nke , urukundo umukunda ni urumamo. Ntago ari malayika ni umuntu.

5.Muhuje intego ?

Mu buzima buri wese agira intego n’indoto yifuza kugeraho. Iyo ubonye ugufasha cyangwa ugutera imbaraga mu kugera kucyo wahoze urota biragushimisha.
Ufite intego wihaye cyangwa wifuza kugeraho.

Ubona uwo mugiye kubana-kurushinga azagufasha kugera ku nzozi zawe? Agutera imbaraga mu buzima bwawe bwa buri munsi? Niba ubona ari ikinyuranyo nturi mu nzira nziza. Iteka muzahora muhanganye kuko nyine munyuranya ugushaka.

6.Kuba azi gufata ibyemezo

Niba uri umukobwa, ukaba ugiye gushinga urugo, ugomba kureba niba umusore mugiye kubana azi gufata ibyemezo.

Umugabo niwe uyobora urugo. Agomba kuba adahuzagurika mu gihe cyo gufata ibyemezo bihamye.

7.Kuba azi gushaka ubuzima

Hambere nibwo umugabo ariwe wita ku mibereho y’urugo:Kuruhaharia, kwambika umugore n’abana,..Ariko aho isi igeze ntibyakorohera umuntu umwegutunga urugo.

Amashuri asigaye ahenze, ubukode cyangwa kubaka inzu si ibintu byoroshye,ku isoko ibintu biri kugenda bihenda,..Niba ushaka ko urugo rwanyu ruzakomera kandi rukaba ruhamye, ugomba kureba niba umusore-umukobwa wifuza ko mwarushinga azi gushaka ubuzima. Bityo akaba atazagutererana mu kwita ku rugo kuko ntiwabyishoboza.

8.Umukunzi wawe agukundira uko uri

Mu gihe mumaze mukndana, ugomba kuba waritegereje iyi ngingo. Umuntu ugukunda uko uri ntakabuza mwabana mugashobokana. naho wawundi waje agukurikiyeho amafaranga, umutungo, umuryango ukomeye,..iyo biyoyotse ntimuba mugishobokanye.

9.Yemera amakosa

Mu mitetere ya muntu ntahora ari intungane. Niba iyo akoze amakosa , ayemera akabasha kuyasabira imbabazi, uri mu nzira nzima. Uwo musore-mukobwa niwe ukwiriye kubana nawe.

10. Murizerana kandi murubahana

Kwizerena no kubahana nabyo biri mu nkingi za mwamba zituma umubano ushinga imizi.

Muri iki gihe amakimbirane mu ngo ari kwiyongera. Icyizere gike no kutubahana nabyo biri mu mpamvu zibitera.

Niba umwubaha na we akaba abigira uko , mukongeraho no kuba mwizerana, nayo ni ingingo wagenderaho ukemeza ko muzubaka rugakomera.
Guhitamo nabi uwo muzarushinga ni ikosa abantu benshi bicuza.

Izi nama ni zimwe mu zo

M.Fils

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe  yo mu mujyi umwe  i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza

Amakipe yo mu mujyi umwe i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze

Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa

Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Amavu n’amavuko  by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Amavu n’amavuko by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Ubwanditsi 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Amakuru

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8
IMIKINO

Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022
Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?
ITOHOZA

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Ubwanditsi 06 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru