• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Ubwanditsi 26 Feb 2016 IMIKINO

Kuba irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryo muri uyu mwaka wa 2016 ritaratangira, hari benshi mu bakurikiranira hafi ibya muzika nyarwanda bakomeje kubyibazaho byinshi, nyamara kugeza ubu amakuru y’impamo ni uko abahanzi bashobora guhatana uyu mwaka ari batanu bigeze kuryegukana gusa.

-2285.jpg

Tom Close wegukanye iri rushanwa ku nshuro ya mbere muri 2011, King James waryegukanye bwa kabiri muri 2012, Riderman waryegukanye ku nshuro ya gatatu muri 2013, Jay Polly waryegukanye bwa kane muri 2014 ndetse na Butera Knowless waryegukanye ku nshuro ya gatanu muri 2015, nibo bahanzi bashobora guhatanira ibihembo bya Primus Guma Guma Super Star y’umwaka wa 2016, irushanwa ritegurwa n’uruganda rwa Bralirwa rufatanyije na East African Promoters (EAP), nk’uko amakuru Inyarwanda.com ikesha umwe mu bitabiriye inama yabyigagaho ariko tutaza gutangaza amazina abishimangira.

Tariki 16 Gashyantare 2016, nibwo King James, Riderman, Jay Polly ndetse na Ishimwe Clement wari uhagarariye Knowless na Tom Close, bagiranye inama n’ubuyobozi bwa Bralirwa ndetse na EAP bafatanya gutegura irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star, iyi nama ikaba yarigaga ku buryo aba bahanzi bagiye begukana ibihembo byo mu myaka itanu ishize, ari nabo bahatana uyu mwaka bakishakamo umuhanzi uzegukana igihembo cya “Primus Guma Guma Super Stars All Stars”.

Icyakoze iyi nama yaje kurangira habayeho kutumvikana neza ku bijyanye n’umubare w’amafaranga aba bahanzi bajya bagenerwa nk’igihembo cya buri kwezi, abategura irushanwa bakaba barifuzaga ko buri muhanzi muri aba yazajya ahembwa miliyoni ebyeri z’amafaranga y’u Rwanda buri kwezi mu gihe cy’amezi ane, mu gihe aba bahanzi bo bifuzaga ko bajya bahabwa arenze ayo. Iyi nama yarangiye, abategura aya marushanwa bagiye kubyigaho bakazatangaza umwanzuro wabo.

Umwanzuro wa EAP na Bralirwa, niwo uzemeza niba koko uyu mwaka aba bahanzi batanu aribo bazahatana, cyangwa batabasha kumvikana n’aba bahanzi ku bijyanye ahanini n’ibihembo bagomba kubagenera buri kwezi, bakabona gukora irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star mu buryo busanzwe, hagakoranywa abahanzi bahatanira igihembo cy’irushanwa ku nshuro yaryo ya gatandatu.

Umwe mu bahanzi batanu bitabiriye iyi nama umwe muba aganiriye na Inyarwanda.com ariko ntiyifuze ko amazina ye yatangazwa, avuga ko kugeza ubu ntakiremezwa kuko bagaragarije EAP na Bralirwa uko bifuza bahembwa nabo bakabagaragariza ibyo bifuza kubahemba, nyuma hakaba barafashe umwanya wo kubitekerezaho ngo banzure igikwiye gukorwa. Uyu muhanzi nawe, yemeza ko inama yari iyo kwiga imishobokere y’uyu mushinga, byakwanga hakaba hakorwa irushanwa ry’abandi bahanzi nk’uko byari bisanzwe bigenda mu myaka ishize, hagatorwa abahanzi bazazenguruka igihugu bahatanira ibihembo by’iri rushanwa.

Umunyamakuru wa Rushyashya yagerageje kuvugisha Mushoma Joseph bakunda kwita Bubu; umuyobozi wa EAP ifatanya na Bralirwa gutegura aya marushanwa, ngo tumubaze niba ntacyo barabasha kwemeza, ariko mu nshuro zose twamuhamagaye kuri telefone ye igendanwa ntiyabashije kwitaba.

M.Fils

2016-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Ubwanditsi 11 Jun 2022
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Ubwanditsi 13 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali
Mu Rwanda

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo
INKURU NYAMUKURU

Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Ubwanditsi 14 Aug 2020
AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka
IMIKINO

AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

Ubwanditsi 17 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru