• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Ubwanditsi 09 Mar 2016 Mu Mahanga

Leta y’u Rwanda ibinyujije kuri Minisitiri w’ubutabera ari nawe ntumwa nkuru ya leta yandikiye Perezida w’Urukiko rwa Afurika rurengera ubutabera n’uburenganzira bwa muntu ibaruwa ivuga ko yifuza kuva mu masezerano ashyiraho ruriya rukiko. Iyi baruwa minisitiri w’ubutabera akaba yarayanditse tariki ya 29 Gashyantare 2016.

Iyo nyandiko igira iti “Repubulika y’u Rwanda ibinyujije mu budahangarwa bwayo, yikuye mu masezerano yasinye kuwa 22 Mutarama 2013, agena ububasha bw’urukiko rurengera ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, by’umwihariko mu ngingo ya 5 (3) igena uburyo bwo kwakira ibirego, kugeza isuzumwe igakorerwa ubugororangingo.”

Hari amakuru avuga ko Leta y’u Rwanda yagombaga kujya kuburana na Ingabire Victoire, umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi wari wayireze mu rukiko nyafurika rushinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu n’ubw’abaturage.

Uru rubanza rwagombaga gutangira tariki ya 4 Werurwe 2016 saa tatu za mugitondo. Amakuru ava ku cyicaro cy’urukiko nuko leta y’u Rwanda ititabye muri uru rukiko mugihe ngo yari yaratanze uzayiburanira yaranagiye isubiza imyanzuro yose isubiza ibikubiye mu kirego Ingabire Victoire yari yarashyikirije urukiko.

-2373.jpg

Ingabire Victoire

Leta y’uRwanda kandi yari yagejeje ku rukiko icyifuzo cyuko uzayunganira mu rukiko azafashwa n’uhagarariye CNLG mubyitwa ba `Amicus`b`urukiko.

Muri 2013 nibwo u Rwanda rwasinye amasezerano n’urwo rukiko ko Umunyarwanda ku giti cye cyangwa itsinda ry’Abanyarwanda bashobora gutangamo ikirego kijyanye n’uburenganzira bwa muntu.

Icyemezo cyo kwikura muri aya masezerano kije nyuma y’uko hari uwahamijwe ibyaha bya Jenoside agahunga, nyuma akagendera kuri ayo masezerano agahabwa umwanya n’urukiko nk’Umunyarwanda wahutarijwe uburenganzira bwe.

Amakuru New Times yahawe n’umwe mu bakurikiranira bya hafi uru rukiko, avuga ko uwatanze iki kirego yaba ari Stanley Safari wahamijwe ibyaha bya Jenoside akaza guhunga.

Mu mwaka wa 2009 nibwo Safari wahoze ari umusenateri yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibifitanye isano nayo n’urukiko rwa Gacaca rwo mu Karere ka Huye, akatirwa gufungwa burundu.

Iki gihano cyasanze amaze iminsi mike ahunze ariko ashyirwa ku rutonde rw’abashakishwa na polisi mpuzamahanga.

Nk’uko abatangabuhamya benshi barimo n’uwahoze ari Umunyamakuru kuri radiyo RTLM wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yabivuze, Safari ngo yari mu bitero byishe Abatutsi 60 mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, agira n’uruhare mu kwica Abatutsi 600 aho bita ku Gateme mu Murenge wa Tumba n’abandi baguye i Rango mu Mujyi wa Huye.

-2372.jpg

Stanley Safari

Nyuma gato yo guhunga, Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa muntu, Amnesty International, wanze ubusabe bwe bwo kumurengera, uvuga ko ibyo asaba nta shingiro bifite.

Mu itangazo ryohererejwe urukiko, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda yavuze ko mu masezerano yo 2013, u Rwanda rwasinye hatarimo guha umwanya cyangwa kwakira ikirego cy’uwahamijwe ibyaha bya Jenoside cyangwa uwahunze kubera byo.

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yavuze ko uru rukiko rwamenyeshejwe uburemere bw’ibyaha Safari yakoze.

Yagize ati “Safari arazwi i Gikondo nk’inkomarume y’ibikorwa bya Jenoside. Yahamijwe Jenoside. Umwaka ushize twohereje umwanzuro tumenyesha urukiko ko bizafatwa mu buryo budasanzwe, niba Safari ahawe urubuga mu rukiko kandi abahamijwe Jenoside batarebwa n’amasezerano.”

Busingye akomeza avuga ku mpamvu yo kwikura mu masezerano agira ati “Impamvu ni uko byagaragaye ko hari abahamwa n’ibyaha bya Jenoside, cyangwa abahunze ubutabera bitwaza ariya masezerano bagahabwa umwanya mu rukiko ngo uburenganzira bwabo burengerwe, twanzuye ko asubirwamo kugirango akoreshwe icyo agamije.

-2371.jpg

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye

U Rwanda ruri mu bihugu birindwi byasinye kuri ayo masezerano. Minisitiri Busingye yashimangiye ko ububasha rusange bw’urwo rukiko ari ugukemura ibibazo by’uburenganzira bwa muntu hagati y’igihugu n’ikindi ariko u Rwanda rwemeye n’ubundi budasanzwe hagati y’abantu cyangwa itsinda na Leta.

Busingye avuga ko ku bahamijwe Jenoside n’abahunze batari mu masezerano akaba yizeye ko urukiko rutazakoresha ububasha rwarwo ngo rubahe urubuga.

Umwanditsi wacu

2016-03-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo nkundira Kagame

Icyo nkundira Kagame

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Ubwanditsi 11 Aug 2016
John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ubwanditsi 14 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda
Mu Mahanga

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Minisitiri Mushikiwabo yahaye ikaze abakinnyi n’abafana baje muri CHAN 2016
IMIKINO

Minisitiri Mushikiwabo yahaye ikaze abakinnyi n’abafana baje muri CHAN 2016

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab
POLITIKI

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru