• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Ubwanditsi 07 Mar 2016 IMIKINO

Umuyobozi wa R. Sport Promoters atangaza ko guhagarikirwa amasezerano yo gukata abanyamuryango amafaranga binyuze mu ikoranabuhanga rya MTN byahombeje ikipe miliyoni 264 mu gihe cy’amezi atageze ku icyenda.

-2390.jpg

R. Sport Promoters ndetse n’umuryango wa Rayon Sports bari bafitanye amasezerano y’ubufatanye, aho abanyamuryango b’iyi kipe bakurikije ubushobozi bwabo, bakurwagaho amafaranga buri kwezi na sosiyete ya MTN, maze igice kinini cy’aya mafaranga kikajya mu ikipe ya Rayon Sports.

-2391.jpg
Habisnhuti Olivier, Umuyobozi wa R. Sports Promoters uvuga ko bahombye hafi miliyoni 50 FRW umushinga uhagaritswe

Mugihe benshi mu bakunzi b’iyi kipe bumvaga ko ubu ari bumwe mu buryo bwo gufasha ikipe yabo kuzihaza mu bushobozi, tariki ya 9/6/2015, ni bwo ubuyobozi bw’umuryango wa Rayon Sports bwashyize itangazo hanze rihagarika amasezerano bari bafitanye na R. Sport Promoters.

Nkuku bigaragara mu ibaruwa bandikikiye R. Sports promoters ndetse kopi igahabwa polisi y’igihugu n’urwego rushinzwe iperereza, ubuyobozi bw’umuryango butangaza ko aba batigeze bubahiriza amasezerano bagiranye, ndetse bakaba barakomeje gukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

-2393.jpg

Ibaruwa bandikikiye R. Sports promoters ndetse kopi igahabwa polisi y’igihugu

Nubwo amatora yari yasubitswe, mu nama y’inteko rusange yabaga kuri iki cyumweru tariki ya 6/3/2016, abakunzi b’iyi kipe bari bitabiriye iyi nama ntabwo bagendeye aho kuko baganiriye kuri bimwe mu bibazo byari biyirimo. Mu byagombaga kuvugwamo harimo ihagarikwa ry’umufatanyabikorwa R. Sport Promoters nyamara yarashoboraga kwinjiriza ikipe amafaranga atari make.

Habinshuti Olivier, ukuriye R.Sport Promoters, yaje gufata ijambo ni ko gutangaza ko yiteguye kuvugisha ukuri, akabwira abakunzi ba Rayon Sports ibyo kwamburwa isoko rye. Ubwo yatangiraga kuvuga ibi, uwari ushinzwe gutanga ijambo uwo munsi yashatse kumwambura “Micro” ndetse na bamwe mu bayobozi ba Rayon Sports bazira rimwe ngo bamubuze kugira icyo atangaza. Abari mu cyumba cy’inama baje gusaba ko bamureka akavuga.

-2389.jpg
Umuryango wa Rayon Sports wasabye ko igikorwa gisubukurwa ntibyamenyeshwa abari babwiwe ko kitubahirije amategeko

Nkuko yaje no kubitangariza itangazamakuru nyuma, Habinshuti Olivier yavuze ko yari yakoze umushinga neza gusa ko akaza kunanizwa n’ubuyobozi bw’umuryango inshuro nyinshi ku mpamvu na we atasobanukiwe.

Bandikiye MTN ibaruwa iduhagarika nyuma y’iminsi icyenda gusa dukora. Nyuma yaho twabandikiye amabaruwa arenga icyenda tubasaba ibisobanuro ariko ayo badusubije ni mbarwa.

Badusabye ko twabwira MTN kubandikira ibizeza ko koko tuzakorana neza, gusa MTN yabohereje email nanubu ntabwo bari bayisubiza.

Twari twashoboye gukusanya abanyamuryango barenga 288 731 bari bemeye gukatwa amafaranga buri kwezi(amake yari 100). Mu minsi icyenda gusa twakoze twari tumaze kubona miliyoni 10. Kugeza ubu amafaranga make twateganyaga kuba tubonye ni 250 000 000 Frw.

Rayon Sports imaranye iminsi ikibazo cy’amikoro aho abakunzi b’iyi kipe bibumbiye muri Fan Club ya Gikundiro Forever banaherutse gusura abakinnyi babagenera amafaranga agera ku bihumbi 850 kugirango bagire uko bakwigenza.

Muri “Fundraising” yo gufasha iyi kipe guhemba, abari bitabiriye inama y’inteko rusange bashoboye gukusanya ibihumbi 264 by’amanyarwanda nubwo umubitsi w’iyi kipe yari yatangaje ko abakinnyi bavuze ko batazasubira mu kibuga badahembwe.

M.FILS

2016-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Ubwanditsi 13 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino
Amakuru

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Rusesabagina ngo yaba avuye I Burundi gusura ingabo za FLN mugihe Sankara avugwa muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Rusesabagina ngo yaba avuye I Burundi gusura ingabo za FLN mugihe Sankara avugwa muri Uganda

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.
Amakuru

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubwanditsi 16 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru