• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ubwanditsi 09 Mar 2016 IMIKINO

Umutoza w’Amavubi, Jonathan Mckinsty yatangaje ko Hakizimana Muhadjiri ukinira Mukura VS, Uzamukunda Elias Baby na Nirisarike Salomon ukinira Saint Trond mu Bubiligi ari bamwe mu bashobora kugaragara mu mukino ibiri yo gushaka itike ya CAN 2017 izahuza u Rwanda n’ikipe y’Ibirwa bya Mauritius izaba taliki 26 na 29 Werurwe 2016.

-86.png
Jacques Tuyisenge

Uyu mutoza yagiye muri Tanzania gukurikira umukino wahuje Yanga ikinamo kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima na Azam FC ikinamo Mugiraneza Jean Baptitse, nyuma ajya no muri Kenya ahari myugariro Sibomana Abouba na Tuyisenge Jacques ba Gor Mahia mu mukino batsinzwemo na AFC Leopards igitego 1-0.

Avuga ku bakinnyi bari muri Kenya, Mckinstry yavuze ko Sibomana Abouba yigaragaje mu minota 90 yamubonyemo. Avuga ko Tuyisenge Jacques we atazagaragara muri uyu mukino wa Mauritius.

Ati “Sibomana yakinnye neza iminota 90, bigaragara ko ahagaze neza. Jacques Tuyisenge ntaratangira gukina, navuganye nawe nyuma y’umukino, mvugana kandi n’abatoza b’ikipe ye bambwira ko ashobora gutangira gukina mu byumweru bibiri, kuba azagaragara tuzabireba. Gusa namubwiye ko ari umwe mu bantu b’ingenzi, nakinira Gor Ma.

Uzamukunda Elias Baby ushobora kongera guhamagarwa mu ikipe y’igihugu
Undi mukinnyi ushobora kutagaragara muri uyu mukino ni Sugira Ernest, kuri Mckinstry avuga ko nta mpungenge bikwiye gutera kuko hari abakinnyi bo kubasimbura bigaragaje barimo Hakizimana Muhadjiri wa Mukura umaze gutsinda ibitego 9 muri shampiyona.

Ati “Sugira na Tuyisenge barigaragaje muri CHAN 2016 . Kuri Sugira dutegereje kureba niba imvune ye izaba yakize. Byanze twazareba ku bakinnyi nka Muhadjiri wa Mukura utaragize amahirwe yo kujya mu bakinnyi bari muri CHAN 2016 ariko ntacike intege agakomeza gutsinda ibitego muri shampiyona”.

Imvugo y’umutoza w’amavubi inumvikanisha ko ashobora kwifashisha rutahizamu Uzamukunda Elias « Baby » ukina mu Bufaransa na myugariro Salomon Nirisarike muri uyu mukino.

Ati “Uzamukunda na Nirisarike Salomon ni abakinnyi bahoraho mu makipe yabo. Nka Baby yabanje mu mikino 15 muri 17, gusa bamihunduriye umwanya ava ku gukina imbere ajya ku ruhande. Nirisarike Salomon yakinnye 75 % by’imikino ya Saint Trond, ubwo rero tuzareba”.

Mckinstry agiye gusinya amasezerano mashya
Umutoza Mckinstry yanatangaje ko mu minsi mike agiye guhabwa amasezerano mashya yo gutoza Amavubi.

Ati “Ntegereje ko bampa impapuro ngasinya, ibintu byose twarabyumvikanye, byararangiye. Mu minsi mike nzasinya amasezerano y’imyaka ibiri”.

M.Fils

2016-03-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022
Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 27 Mar 2018
CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Ubwanditsi 19 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora
POLITIKI

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Ubwanditsi 29 Aug 2016
RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo
POLITIKI

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Abana 10 b’abanyarwanda batoranyijwe muri Bayern Academy bagiye mu Budage guhatana n’abandi bavuye mu bihugu 7
Amakuru

Abana 10 b’abanyarwanda batoranyijwe muri Bayern Academy bagiye mu Budage guhatana n’abandi bavuye mu bihugu 7

Ubwanditsi 17 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru